• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ubwanditsi 09 Mar 2016 IMIKINO

Umutoza w’Amavubi, Jonathan Mckinsty yatangaje ko Hakizimana Muhadjiri ukinira Mukura VS, Uzamukunda Elias Baby na Nirisarike Salomon ukinira Saint Trond mu Bubiligi ari bamwe mu bashobora kugaragara mu mukino ibiri yo gushaka itike ya CAN 2017 izahuza u Rwanda n’ikipe y’Ibirwa bya Mauritius izaba taliki 26 na 29 Werurwe 2016.

-86.png
Jacques Tuyisenge

Uyu mutoza yagiye muri Tanzania gukurikira umukino wahuje Yanga ikinamo kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima na Azam FC ikinamo Mugiraneza Jean Baptitse, nyuma ajya no muri Kenya ahari myugariro Sibomana Abouba na Tuyisenge Jacques ba Gor Mahia mu mukino batsinzwemo na AFC Leopards igitego 1-0.

Avuga ku bakinnyi bari muri Kenya, Mckinstry yavuze ko Sibomana Abouba yigaragaje mu minota 90 yamubonyemo. Avuga ko Tuyisenge Jacques we atazagaragara muri uyu mukino wa Mauritius.

Ati “Sibomana yakinnye neza iminota 90, bigaragara ko ahagaze neza. Jacques Tuyisenge ntaratangira gukina, navuganye nawe nyuma y’umukino, mvugana kandi n’abatoza b’ikipe ye bambwira ko ashobora gutangira gukina mu byumweru bibiri, kuba azagaragara tuzabireba. Gusa namubwiye ko ari umwe mu bantu b’ingenzi, nakinira Gor Ma.

Uzamukunda Elias Baby ushobora kongera guhamagarwa mu ikipe y’igihugu
Undi mukinnyi ushobora kutagaragara muri uyu mukino ni Sugira Ernest, kuri Mckinstry avuga ko nta mpungenge bikwiye gutera kuko hari abakinnyi bo kubasimbura bigaragaje barimo Hakizimana Muhadjiri wa Mukura umaze gutsinda ibitego 9 muri shampiyona.

Ati “Sugira na Tuyisenge barigaragaje muri CHAN 2016 . Kuri Sugira dutegereje kureba niba imvune ye izaba yakize. Byanze twazareba ku bakinnyi nka Muhadjiri wa Mukura utaragize amahirwe yo kujya mu bakinnyi bari muri CHAN 2016 ariko ntacike intege agakomeza gutsinda ibitego muri shampiyona”.

Imvugo y’umutoza w’amavubi inumvikanisha ko ashobora kwifashisha rutahizamu Uzamukunda Elias « Baby » ukina mu Bufaransa na myugariro Salomon Nirisarike muri uyu mukino.

Ati “Uzamukunda na Nirisarike Salomon ni abakinnyi bahoraho mu makipe yabo. Nka Baby yabanje mu mikino 15 muri 17, gusa bamihunduriye umwanya ava ku gukina imbere ajya ku ruhande. Nirisarike Salomon yakinnye 75 % by’imikino ya Saint Trond, ubwo rero tuzareba”.

Mckinstry agiye gusinya amasezerano mashya
Umutoza Mckinstry yanatangaje ko mu minsi mike agiye guhabwa amasezerano mashya yo gutoza Amavubi.

Ati “Ntegereje ko bampa impapuro ngasinya, ibintu byose twarabyumvikanye, byararangiye. Mu minsi mike nzasinya amasezerano y’imyaka ibiri”.

M.Fils

2016-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Eric Gakwaya yegukanye isaganwa ry’amamodoka ribimburira andi azakinwa mu 2018

Ubwanditsi 27 Mar 2018
CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Ubwanditsi 17 Feb 2016
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside
HIRYA NO HINO

Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2018
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero
Amakuru

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022, akomeje imyitozo atarimo Faustin Usengimana wari wagiye mu mwiherero

Ubwanditsi 16 Aug 2021
Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe  cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw
INKURU NYAMUKURU

Imashini zikora itabi zo kwa Rwigara zatejwe cyamunara kuri miliyari 1.7 Frw

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru