• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016 Mu Mahanga

Abayobozi bakuru mu Rwanda baritegura kujya mu mwiherero ngarukamwaka aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka ari ugushyiraho intego yuko iby’iwacu ari byo byaba umusingi w’iterambere.

Uyu mwiherero wa 13 uzabera mu ishuli rya gisirikare rya Gabiro mu Karere ka Gatsibo hagati y’italiki 12 na 14 uku kwezi, uzitabirwa n’abayobozi basaga 250 barimo Perezida wa Repubulika. Uretse ariko n’abayobozi b’inzego zitandukanye za leta, uyu mwiherero uzaba unarimo n’abayobozi b’ibigo by’igenga nk’iby’ubucuruzi.

Iyi nsanganyamatsiko y’uyu mwiherero wa 13 ishishikariza Abanyarwanda kwiha intego yuko iby’iwacu aribyo bigomba kuba umusingi w’iterambere iruzuzanya n’icyifuzo cy’abakuru b’ibihugu by’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Abo bayobozi mu nama yabo ya 17 yateraniye Arusha muri Tanzania taliki 2 z’uku kwezi banzuye yuko EAC idashobora gutera imbere mu gihe igura byinshi kuva hanze igurishayo bike ! Bafashe umwanzuro yuko hashakishwa ingamba z’ukuntu ibyo byahinduka, ibyoherezwa hanze bikaba byinshi kurusha ibikurwayo.

Ibi byashimangiwe cyane na Perezida wa Tanzania wasubiye muri ya magambo Mwalim Julius Nyerere yahoraga avuga ngo Afurika yimbura (isarura) ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tutimbura.

Ingingo nkuru zizaganirwaho muri uwo mushyikirano w’uyu mwaka ni eshatu, arizo Gufata ingamba mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ikerekezo 2020; Kongera agaciro k’ibikomoka iwacu; no guteza imbere Imibereho myiza n’uburenganzira bw’umwana w’umunyarwanda.

Izi ngingo ni nziza kandi nk’uko bisanzwe zigomba no kuzafatirwa imyanzuro igomba kuzashyirwa mu bikorwa. Na none ni byiza gufata imyanzuro nk’iyo ariko byaba byiza kurushaho abo bayobozi babanje gushishoza neza bakareba niba imyanzuro yafashwe ubushize mu mwiherero wa 12 koko yarashyizwe mu bikorwa.

Muri uwo mwiherero wa 12 warangije imirimo yawo taliki 02 Werurwe 2015 hafatiwemo imyanzuro myinshi nk’ijyanye n’ibibazo by’Ubutaka, Gukwirakwiza amazi, imishinga idashyirwa mu bikorwa n’ibijyanye no kurushaho guhashya Ruswa kimwe no gusana ibitaro bya Shyira n’indi itari mike.

-2448.jpg

-2447.jpg

-2444.jpg

-2445.jpg

-2446.jpg

Muri uyu mwiherero rero wa 13 hagomba kurebwa imyanzuro itarashyizwe mu bikorwa, impamvu zabiteye zikamenyekana. Ibi ni ngombwa kuko gufata imyanzuro muri uyu mushyikirano undi mushyikirano ukazaza imyanzuro yafatiwe mu wambere itarashyizwe mu bikorwa cyangwa ikaba yarashyizwe mu bikorwa mu buryo butanoze, byaba ari ukuvunikira ubusa !

Casmiry Kayumba

2016-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

CAF na RDB binjiye mu bufatanye bwo kwamamaza u Rwanda binyuze muri porogaramu ya “Visit Rwanda” ku makipe akomeye muri Afurika

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubwanditsi 19 Apr 2016
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 28 bari barajyanywe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu mu mahanga bafashijwe kugaruka mu gihugu
Mu Mahanga

Abantu 28 bari barajyanywe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu mu mahanga bafashijwe kugaruka mu gihugu

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy
Mu Rwanda

Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa
Amakuru

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 19, asaba abayobozi kwirinda gukora ubusa

Ubwanditsi 24 Jan 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru