• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Uburasirazuba mu ngamba nshya zo kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Mar 2016 Mu Mahanga

​Nk’uko Polisi y’u Rwanda ikomeje urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge no kwereka abanyarwanda ububi bw’icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo, abaturage batuye intara zose z’igihugu nabo bamaze kumva ububi bwabyo nabo uru rugamba bakaba bamaze kurugira urwabo.

Ni muri urwo rwego intara y’uburasirazuba yihaye intego yo kuburanishiriza mu ruhame abakekwaho gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge, Polisi y’u Rwanda ikaboneraho umwanya wo kongera kwibutsa ababa bitabiriye izi manza ububi bw’ibiyobyabwenge.

Mu karere ka Kayonza mu mirenge ya Kabarondo na Mukarange, kuwa gatatu tariki ya 9 Werurwe habereye iburanishwa mu ruhame rigamije kurwanya ibiyobyabwenge, Polisi ifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage banangiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga.

Nyuma y’iburanishwa ry’abantu 10 mu ruhame bakekwaho gucuruza no kwenga ibiyobywabwenge mu murenge wa Kabarondo, Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere yagiranye inama n’abaturage bari baje gukurikira izo manza, inangiza litiro 1200 za Kanyanga n’ibiro 145 by’urumogi, iki gikorwa kikaba cyari kiyobowe n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza Murenzi Claude, ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi muri ako karere Chief Inspector of Police (CIP) Marc Minani.

Muri iyo nama, CIP Minani yabwiye abari aho ko kubona abantu 10 bagezwa imbere y’ubutabera ari ikimenyetso cy’uko hari abagikoresha ibiyobyabwenge aboneraho umwanya wo kubibutsa ububi bwabyo no kubasaba kubyirinda.

CIP Minani yagize ati:”Ibiyobyabwenge bifite ingaruka nyinshi ku buzima bw’ubikoresha no ku muryango nyarwanda muri rusange. Umuntu bimaze kurenga amenya ububi bwabyo iyo ibimenyetso by’ububi bwabyo bitangiye kugaragarira buri wese, harimo uburwayi rimwe na rimwe bikanamuviramo urupfu”.

CIP Minani yakomeje agira ati:”Izindi ngaruka zigaragara ku muntu wabaye imbata y’ibiyobyabwenge, ni uko iyo abuze amafaranga yo kubigura anyura mu nzira zitemewe n’amategeko zirimo ubujura, ngo abone amafaranga abigure. Akaba ariyo mpamvu dukwiye kurwanya inzira zose ibi biyobyabwenge biturukamo bityo tukirinda ingaruka zabyo”.

CIP Minani yavuze ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge ruzatsindwa igihe cyose abanyarwanda bose bazarugiramo uruhare, aho yagize ati:” kurwanya ibiyobyabwenge birasaba uruhare rwa buri wese. Aba bagejejwe imbere y’ubutabera uyu munsi, bafashwe ari uko hari abaturage b’inyangamugayo babatanzeho amakuru, tukaba dushima ubu bufatanye, ikindi turashaka ko ubu bufatanye bugera ku rundi rwego tukarandura burundu ibiyobyabwenge bizahaza ubuzima bw’abanyarwanda”.

Imanza nk’izi kandi zanaburanishirijwe mu murenge wa Mukarange, aho itsinda ry’abantu 18 bakekwaho ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ryaburanye, nyuma y’aho umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Uburasirazuba Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukarange bahura n’abaturage babasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge, hanangizwa litiro 846 za Kanyanga n’ibiro 300 by’urumogi.

Ibi biyobyabwenge byangijwe byose bikaba byarafatiwe mu mikwabu yakozwe mu karere ka Kayonza mu bihe bitandukanye.

RNP

2016-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Ubwanditsi 28 Sep 2016
Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama  za Yesu Kristo.

Migambi Nyawe uri kubarizwa muri Ukraine yatanze ihumure ku ntama za Yesu Kristo.

Ubwanditsi 26 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“He attacked me and my family. ” Rusagara
Mu Mahanga

“He attacked me and my family. ” Rusagara

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba  ARSENAL
Mu Rwanda

Kwita izina 2018 : Hazagaragara abakinnyi bakomeye ba ARSENAL

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?
INKURU NYAMUKURU

Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Ubwanditsi 21 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru