• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Ngoma: Ababyeyi barerera muri GS Nyamugari basabwe kwita ku bana babo muri ibi bihe by’ibiruhuko

Editorial 30 Mar 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Werurwe, umupolisi ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha mu karere ka Ngoma.

Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba yagiranye inama n’abanyeshuri bo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamugari riherereye mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Remera ndetse n’ababyeyi barerera muri icyo kigo, asaba abana kwirinda ibiyobyabwenge n’ihohoterwa rishobora kubakorerwa, anasaba ababyeyi babo kubitaho muri ibi bihe by’ibiruhuko tugiye kwinjiramo nk’uko ingengabihe y’umwaka w’amashuri ibiteganya.

Yabwiye aba banyeshuri ko ibiruhuko atari umwanya wo kwifata uko babonye bakiga ingeso mbi, ahubwo ko ari igihe cyo gusubiramo amasomo yabo no gufasha imirimo ababyeyi.

Akaba yagize ati:”hari abanyeshuri bagera mu biruhuko bakishora mu kunywa inzoga, itabi n’ibindi biyobyabwenge, mumenye ko ibyo byose bishobora kubashora mu busambanyi rimwe na rimwe bukurikirwa n’ingaruka zirimo gutwara inda z’indaro, kuva mu ishuri, ubuzererezi, ubwomanzi no kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ibiruhuko byanyu bibafashe kuruhura ubwonko neza, mwifashisha imyidagaduro itandukanye, gusubira mu masomo no gusura abo mu miryango yanyu mudaherukanye.”

IP Ndayisabye yaboneyeho umwanya wo gusaba ababyeyi b’aba banyeshuri cyane cyane ab’abakobwa kubitaho no kubakurikiranira hafi ngo hatagira ababashuka bakabashora mu ngeso mbi, aho yagize ati:”Muri iyi minsi hari abantu bakuru bajya bashukisha abana b’abakobwa ibintu bitandukanye birimo telephone zigendanwa, amafaranga, kubasohokana n’ibindi barangiza bagakabakoresha imibonano mpuzabitsina ikurikirwa rimwe na rimwe no gutwara inda zitateganyijwe. Babyeyi rero mwite kuri aba bana, kuko nta cyiza aba baba bagamije uretse gushora aba bana mu ngeso mbi zishobora kwangiza ahazaza habo.”

Yanagiriye inama aba banyeshuri yo kwima amatwi umuntu waza ababwira ko ashobora kubaha cyangwa kubashakira akazi n’amashuri byiza mu bihugu by’amahanga, aha akaba yarababwiye ko iyo babagejejeyo babambura ibyangombwa byose maze bakabakoresha imirimo ivunanye nta gihembo ndetse bakabashora mu busambanyi, kimwe no kubakuramo ibice bimwe na bimwe by’imibiri yabo.

Nyuma y’ibyo biganiro, umuyobozi w’iri shuri Rwamamara Etienne yagize ati:”Polisi y’u Rwanda ni umujyanama ukomeye. Izi nama bahora batugira tuzikurikije Igihugu cyacu cyatera imbere kurushaho kuko nta mutekano nta terambere. Turasaba ababyeyi kudufasha kwita kuri aba bana dusangiye kurera, bakazagaruka gukurikirana amasomo yabo mu gihembwe gitaha nta n’umwe uhuye n’ibibazo byavuzwe.”

Umubyeyi wari witabiriye iyi nama witwa Mugemana Jean Paul yagize ati:”Tugiye kugenzura abana bacu cyane cyane ab’abakobwa, tujye tumenya aho bajya, cyangwa abo biriranywe mu rwego rwo kubarinda ko bashorwa mu mibonano mpuzabitsina kuko hari ingero zimwe na zimwe tubona aho dutuye, aho hari abakobwa baretse amashuri kubera gutwita inda zitateganyijwe kandi bakiri mu ishuri.”

Umwe muri abo banyeshuri witwa Dukunde Chretienne wiga mu mwaka wa gatatu wisumbuye yagize ati:” Turashimira Polisi y’u Rwanda kubera inama idahwema kutugira, hari bamwe muri twe bashukwa n’abasore ndetse n’abagabo bakuru, bakabaha impano zinyuranye, bakabajyana mu tubyiniro, bakanabaha inzoga, nyuma bakabashora mu mibonano mpuzabitsina. Tugiye kubagira inama, tubabwire ingaruka bigira ku buzima bwabo, kuko imiryango yacu ndetse n’I gihugu muri rusange bidutezeho byinshi. Nta mpamvu rero yo kwangiza ahazaza hacu, hakangizwa n’ibintu dushoboye kwirinda no kurinda abandi.”

RNP

2016-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Editorial 05 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Editorial 16 Mar 2016
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Editorial 09 Aug 2016
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016
Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Editorial 05 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Editorial 16 Mar 2016
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Editorial 09 Aug 2016
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Editorial 14 Jul 2016
Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Editorial 05 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Editorial 16 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru