• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Ubwanditsi 31 Mar 2016 Mu Mahanga

​Gombaniro Paul w’imyaka 26 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare aho bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 16 zigizwe na mudasobwa ngendanwa(laptops) 15 n’imwe nini(desktop), mu bihe bitandukanye n’ahantu hatandukanye.

Iperereza ryakozwe na Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare rigaragaza ko uyu Gombaniro ari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, yagiye yiba mudasobwa maze akaza kuzigurisha muri bagenzi be b’abanyeshuri nk’uko abo yagiye azigurishaho babitangaje.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi avuga ko uyu musore yafashwe na Polisi ikorera I Nyagatare mu mukwabu yari yakoze mu kagari ka Nyagatare ko mu murenge wa Nyagatare ku italiki ya 29 Werurwe, nyuma y’amakuru yari yatanzwe na bamwe mu banyeshuri yagurishijeho mudasobwa mu bihe bitandukanye.

IP Kayigi avuga ko icyo gihe bamusanganye mudasobwa ngendanwa imwe mu nzu ariko nyuma akemera ko izindi nyinshi yazigurishije bagenzi be bigana, aribwo yahise atabwa muri yombi , mu gihe iperereza ryatangiye ngo harebwe inkomoko ya mudasobwa uyu musore agenda agurisha.

By’umwihariko, yasabye urubyiruko kutishora mu bikorwa bibi by’ubujura no kunywa ibiyobyabwenge kuko bibagiraho ingaruka mbi zirimo kuva mu ishuri, gufungwa n’ibindi,… ahubwo bakitabira gahunda zashyizweho zo kubateza imbere . Aba bagabo bibye mudasobwa icyaha kiramutse kibahamye bashobora guhanishwa igifungo cyagera ku myaka ibiri nk’uko bikubiye mu ngingo ya 300 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda.

IP Kayigi arashimira uruhare rw’abanyeshuri mu ifatwa ry’uyu musore, agakomeza avuga ko n’abandi bantu bashaka kwishora mu byaha bitandukanye ntaho bashobora gucikira.

Yasabye abaturage muri rusange gukomeza kurangwa n’umuco mwiza wo gutungira agatoki inzego z’umutekano kugira ngo abakekwaho ibyaha bafatwe ndetse bashyikirizwe ubutabera aho yagize ati: “Amakuru atangiwe ku gihe agira ingaruka nziza zirimo gufata abakekwaho ibyaha ndetse no kubasha kugarura ibintu biba byibwe”.

Uyu musore wibye mudasobwa icyaha kiramutse kimuhamye ashobora guhanishwa igifungo cyagera ku myaka ibiri nk’uko bikubiye mu ngingo ya 300 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda.

RNP

2016-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2016
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Ubwanditsi 27 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19
Amakuru

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti
Amakuru

Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Ubwanditsi 23 Oct 2024
MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye
SHOWBIZ

MISS RWANDA 2018: Ibiciro byo kwinjira mu birori byo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2018 byamenyekanye

Ubwanditsi 09 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru