• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Ubwanditsi 09 Apr 2016 POLITIKI

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yatangaje ko mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ari inshuti ye magara.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Mata 2016, mu muhango wo gutangiza ibiro bya gasutamo n’ikiraro cya Rusumo, bihuriweho n’ibihugu byombi.

Yagize ati “Ndashimira inshuti yanjye, umuvandimwe wanjye Kagame, sinkunda kugendagenda kuko sinkunda ibintu byo gusesagura umutungo.”

Perezida Magufuli yunzemo ati “Maze gutumirwa i Burayi kenshi nkanga kujyayo, ariko Kagame yantumiye uyu munsi naje. Urugendo rwanjye mu Rwanda rugamije gushimangira umubano mwiza n’ubuvandimwe dufitanye”.

-2609.jpg

Iyi ni yo nshuro ya mbere Magufuli agiye hanze y’igihugu kuva yatorerwa kuyobora Tanzania nka Perezida wa Gatanu mu Kwakira 2015, ikaba ari inshuro ye ya gatatu aje mu Rwanda, ikaba iya mbere ajemo nk’Umukuru w’Igihugu.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uyu muhango kandi, Magufuli yagize ati “Nje mu Rwanda nk’inshuti, nk’umuvandimwe, nk’umuturanyi. Nishimiye gusura Abanyarwanda nshimira inshuti yanjye Perezida Kagame wanyakiriye.”

Yakomeje agira ati “Mu minsi ibiri nzamara mu Rwanda nzi neza ko nziga byinshi kandi ndashaka gushimangira ko Abanyatanzaniya ari abavandimwe banyu.”

Aha Perezida Magufuli yashakaga gukuraho urujijo rwabaye mu minsi yashize ubwo umubano w’ibihugu byombi wazagamo agatotsi ubwo cyane cyane Abanyarwanda bari barahungiye muri iki gihugu bakirukanwagamo.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimye imigenderanire hagati y’ibihugu byombi ndetse n’uburyo Perezida Magufuli ashishikajwe no kunoza umubano w’ibihugu byombi ndetse ko n’ubuhahirane hagati y’abaturage b’ibi bihugu ugomba kwiyongera.

-2608.jpg

Yagize ati “Bavuze ko abantu bambuka hano ari 2000 ku munsi. Ntabwo ari bake, ariko turashaka ko biyongera bikube nk’inshuro eshanu babe nk’ibihumbi 10. Ibyo byatuma ubucuruzi bwiyongera. Twifuza ko twabana na Tanzania neza tugahahirana kandi ibyo byose bigashingira ku mahoro hagati y’ibihugu byombi.”

Yakomeje agira ati “Abanyatanzania n’Abanyarwanda bakeneye amahoro, bakeneye ubucuti, bakeneye guhahirana twese tugatera imbere. Twishimye abashyitsi bacu kandi turabasezeranya ko uyu mubano mwiza uzakomeza gukura uko imyaka isimburana.”

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi kandi bagarutse ku muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ibihugu bihuriyemo aho bashimangiye ko bakomeje gufatanya ntacyabananira.

-2607.jpg

Perezida Kagame na Perezida Magufuli bafungura ibiro bya gasutamo ku Rusumo n’ikiraro gihuza u Rwanda na Tanzania (Ifoto/Kisambira T)

Kubaka iki kiraro gihuza u Rwanda na Tanzania ndetse na za gasutamo zo ku mpande z’ibihugu byombi byubatswe ku nkunga y’Abayapani.

2016-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ese Komisiyo y’Amatora ikwiriye kwakira Kandidatire ya Diane Shima Rwigara ?

Ubwanditsi 30 May 2017
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2017
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi
POLITIKI

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM
UBUKUNGU

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $
INKURU NYAMUKURU

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Ubwanditsi 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru