• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Amerika ahamya yuko umukandida w’ishyaka Republican adashobora kumusimbura ku butegetsi kuko atari umuntu abaturage bashobora guha icyizere kubera yuko adashoboye kuba yayobora igihugu nka Amerika!

Aganira na WMUR, ishami ryigitangazamakuru ABC, Perezida Barack Obama yavuze yuko bibaye amahirwe Republicas bakwemeza Donald Trump kuribera kandida Perezida ngo kuko ibyo byaba bisobanuye yuko umukandida wa Democratic Party yahita atsinda amatora ya Perezida wa Amerika ateganyijwe kuzaba mu kwa 11 uyu mwaka. Uzasimbura Obama azarahira mu kwa mbere umwaka utaha.

Obama yatorewe kuba Perezida wa Amerika ku itike Democratic Party kandi uko bigaragara muri aya matora yimirijwe imbere iyo tike izegukanwa na Hillary Clinto, umufasha wa Bill Clinton nawe wigeze kuyobora Amerika. Hillary yanabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri manda ya mbere y’ubu butegetsi bwa Obama.

Uko bigaragara n’uko Trump ariwe ushobora kwemezwa n’ishyaka rye ry’aba Republican kuzaribera umukandida Perezida kubera yuko uwari umukurikiye mu matora y’ibanze muri iryo shyaka, ……ejo yakuyemo kandidatire ye nyuma yo gutsindwa na Trump mu ntara ya nyuma yakorewemo izo primaries, Indiana ! Iyo Obama rero avuga yuko Donald Trump azatsindwa amatora biba bisobanuye yuko abona uzayatsinda azaba ari Hillary Clinton.

Trump uzwiho kwanga kandi nawe akangwa n’Abanyamerika birabura, Abanyamerika bakomoka muri za Amerika z’Epfo (Latin America), Abayislamu ndetse n’abandi bimukira, ni umugwizatungo w’umukire cyane utarigeze agira umwanya n’umwe yigeze kuba yatorerwa kuyobora. Muri politike rero benshi bamufata nk’umushyitsi cyane muby’ububanyi n’amahanga.

Muri icyo kiganiro n’iryo shami rya ABC, Obama nabyo yarabishimangiye ariko mu rwenya. Yagize ati bavuga yuko Donald Trump nta bumenyi afite muby’ububanyi n’amahanga, ati ariko tutabogamye yakoresheje imyaka n’imyaka ahura n’abayobozi batandukanye ku isi barimo Miss Sweden, Miss Argentina na Miss Azerbaijan !

-2754.jpg

Perezida w’Amerika Barack Obama

Uko bihagaze ubu n’uko Trump arindiriye ihuriro ry’ishyaka rye, Republican Party, rizaba mu kwa karindwi ngo arebe niba ryamwemeza kuzarihagararira nk’umukandida Perezida mu matora yo mu kwa 11 aho azaba ahanganye n’uzaba ahagarariye Democratic Party byitezwe yuko azaba ari Hillary Clinton.

Kayumba Casmiry

2016-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Oct 2016
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abakoresha abana imirimo ivunanye

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Ubwanditsi 23 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu
Mu Mahanga

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo
Amakuru

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru