• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Editorial 10 May 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Amerika ahamya yuko umukandida w’ishyaka Republican adashobora kumusimbura ku butegetsi kuko atari umuntu abaturage bashobora guha icyizere kubera yuko adashoboye kuba yayobora igihugu nka Amerika!

Aganira na WMUR, ishami ryigitangazamakuru ABC, Perezida Barack Obama yavuze yuko bibaye amahirwe Republicas bakwemeza Donald Trump kuribera kandida Perezida ngo kuko ibyo byaba bisobanuye yuko umukandida wa Democratic Party yahita atsinda amatora ya Perezida wa Amerika ateganyijwe kuzaba mu kwa 11 uyu mwaka. Uzasimbura Obama azarahira mu kwa mbere umwaka utaha.

Obama yatorewe kuba Perezida wa Amerika ku itike Democratic Party kandi uko bigaragara muri aya matora yimirijwe imbere iyo tike izegukanwa na Hillary Clinto, umufasha wa Bill Clinton nawe wigeze kuyobora Amerika. Hillary yanabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri manda ya mbere y’ubu butegetsi bwa Obama.

Uko bigaragara n’uko Trump ariwe ushobora kwemezwa n’ishyaka rye ry’aba Republican kuzaribera umukandida Perezida kubera yuko uwari umukurikiye mu matora y’ibanze muri iryo shyaka, ……ejo yakuyemo kandidatire ye nyuma yo gutsindwa na Trump mu ntara ya nyuma yakorewemo izo primaries, Indiana ! Iyo Obama rero avuga yuko Donald Trump azatsindwa amatora biba bisobanuye yuko abona uzayatsinda azaba ari Hillary Clinton.

Trump uzwiho kwanga kandi nawe akangwa n’Abanyamerika birabura, Abanyamerika bakomoka muri za Amerika z’Epfo (Latin America), Abayislamu ndetse n’abandi bimukira, ni umugwizatungo w’umukire cyane utarigeze agira umwanya n’umwe yigeze kuba yatorerwa kuyobora. Muri politike rero benshi bamufata nk’umushyitsi cyane muby’ububanyi n’amahanga.

Muri icyo kiganiro n’iryo shami rya ABC, Obama nabyo yarabishimangiye ariko mu rwenya. Yagize ati bavuga yuko Donald Trump nta bumenyi afite muby’ububanyi n’amahanga, ati ariko tutabogamye yakoresheje imyaka n’imyaka ahura n’abayobozi batandukanye ku isi barimo Miss Sweden, Miss Argentina na Miss Azerbaijan !

-2754.jpg

Perezida w’Amerika Barack Obama

Uko bihagaze ubu n’uko Trump arindiriye ihuriro ry’ishyaka rye, Republican Party, rizaba mu kwa karindwi ngo arebe niba ryamwemeza kuzarihagararira nk’umukandida Perezida mu matora yo mu kwa 11 aho azaba ahanganye n’uzaba ahagarariye Democratic Party byitezwe yuko azaba ari Hillary Clinton.

Kayumba Casmiry

2016-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe  z’impimbano

Rusizi: Polisi yafatanye umugabo kashe z’impimbano

Editorial 20 Feb 2016
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Editorial 24 Jan 2017
Nyuma y’inkuru zavugaga ko atwite Ingabire Victoire yateje ubwega ko yabujijwe kujya kwivuza

Nyuma y’inkuru zavugaga ko atwite Ingabire Victoire yateje ubwega ko yabujijwe kujya kwivuza

Editorial 02 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Editorial 24 Jun 2019
Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Editorial 14 Feb 2019
Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61
INKURU NYAMUKURU

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Editorial 23 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru