• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Ubwanditsi 13 May 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro yitabiriye mu nama mpuzamahanga ya World Economic Forum iteraniye i Kigali, Umuyobobzi wa Oxfam ku Isi, umuryango uharanira ko habaho impinduka hakarandurwa ubukene, yasabye ko ibihugu bizirikana ko mu gihe ubukungu bw’ibihugu buzamutse, bigomba kugendana n’ababituye.

Umufasha w’unyapolitiki Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda Winnie Byanyima yagize ati “Ndatekereza ko twibanda ku mibare y’izamuka ry’ubukungu, 9, 10%, ndatekereza ko twareba ese iri zamuka riratanga akazi, ese iri zamuka rirajyana n’imibereho y’abaturage?”

Byanyima yavuze ko bitajyana buri gihe, kuko hakomeje kubaho ubusumbane mu bihugu binyuranye, ugasanga abaturage baratera imbere abandi bagasigara inyuma, izamuka ntirigere ku bantu bose.

-2788.jpg

Umuyobobzi wa Oxfam ku Isi, umuryango uharanira ko habaho impinduka hakarandurwa ubukene, Winnie Byanyima

Yatanze urugero kuri Nigeria, aho nko kuva mu 2003-2009 igihugu cyateye imbere mu mibare, ariko umubare w’abakene ukiyongera kurushaho. Yakomeje agira ati “Ibyo birerekana ko iterambere rihari, ariko umubare munini w’abantu ntabwo ugerwaho n’ubwo bukungu. Ibyo tugomba guhangana nabyo.”

Byanyima yakomeje asobanura ko ikibazo gishingiye ku mananiza y’ibigo by’abikorera, aho avuga ko bikwiye gushora imari ahashoboka, ariko guverinoma zigasigarana inshingano zo gutanga uburezi ku buntu n’ubuvuzi buhendutse.

Yakomeje agira ati “Mwake imisoro aba bakize, bafite uburyo bahisha ayo mafaranga Afurika ikahahahombera. Ubundi mugende muyashore mu burezi, mushore muri ba bahinzi kuko nibo bakeneye koroherezwa kugira ngo biteze imbere.”

Byanyima ari i Kigali mugihe umugabo we Kizza Besigye atorohewe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka aho Kizza yabonye amajwi 35, mugihe Museveni yagize amajwi 60, Kizza yaraye akoze igisa n’ikinamico arahirira kuzayobora Uganda imyaka 5, umuhango wabereye mu rugo rwe arikumwe n’inshuti ze zirimo n’abanyamategeko, kuva ubwo Polisi ya Uganda yahise imuta muri yombi ubu akaba afungiye Moroto mu nkengero z’umujyi wa Kampala, ugana za Karamoja aho yajyanywe n’indege.

-2787.jpg

Kizza Besigye umuyobozi w’ishyaka FDC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni

Umuhango wa nyawo, uteganijwe uyu munsi aho Perezida watowe Yoweri Kaguta Museveni ari burahirire manda ya 5, uyu muhango urabera Kororo mu mujyi wa Kampala, aho abayobozi b’ibihugu batandukanye bari bwitabire uyu muhango barimo Perezida Omar Hassan Ahmad Al-Bashir,, Perezida Mugabe, perezida Magufuri, Perezida Salva Kiir n’abandi, abatari bugaragare muri uyu muhango ni perezida Kagame na Perezida Uhuru Kenyatta, kubera ko bari munama ya World Economic Forum yabereye i Kigali mu Rwanda.

Umwanditsi wacu

2016-05-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi  witabye Imana bitunguranye

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi witabye Imana bitunguranye

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Abasirikari b’u Burundi mu bikorwa by’ubucengezi bugamije kwica abaturage mu bice bigenzurwa na M23.

Ubwanditsi 11 May 2024
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023
Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Umujyanama muri Loni ushinzwe kurwanya Jenoside arashinja FDLR ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo

Ubwanditsi 01 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.
Amakuru

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Ubwanditsi 27 May 2022
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye
ITOHOZA

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Ubwanditsi 13 May 2018
Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru