• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro yitabiriye mu nama mpuzamahanga ya World Economic Forum iteraniye i Kigali, Umuyobobzi wa Oxfam ku Isi, umuryango uharanira ko habaho impinduka hakarandurwa ubukene, yasabye ko ibihugu bizirikana ko mu gihe ubukungu bw’ibihugu buzamutse, bigomba kugendana n’ababituye.

Umufasha w’unyapolitiki Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda Winnie Byanyima yagize ati “Ndatekereza ko twibanda ku mibare y’izamuka ry’ubukungu, 9, 10%, ndatekereza ko twareba ese iri zamuka riratanga akazi, ese iri zamuka rirajyana n’imibereho y’abaturage?”

Byanyima yavuze ko bitajyana buri gihe, kuko hakomeje kubaho ubusumbane mu bihugu binyuranye, ugasanga abaturage baratera imbere abandi bagasigara inyuma, izamuka ntirigere ku bantu bose.

-2788.jpg

Umuyobobzi wa Oxfam ku Isi, umuryango uharanira ko habaho impinduka hakarandurwa ubukene, Winnie Byanyima

Yatanze urugero kuri Nigeria, aho nko kuva mu 2003-2009 igihugu cyateye imbere mu mibare, ariko umubare w’abakene ukiyongera kurushaho. Yakomeje agira ati “Ibyo birerekana ko iterambere rihari, ariko umubare munini w’abantu ntabwo ugerwaho n’ubwo bukungu. Ibyo tugomba guhangana nabyo.”

Byanyima yakomeje asobanura ko ikibazo gishingiye ku mananiza y’ibigo by’abikorera, aho avuga ko bikwiye gushora imari ahashoboka, ariko guverinoma zigasigarana inshingano zo gutanga uburezi ku buntu n’ubuvuzi buhendutse.

Yakomeje agira ati “Mwake imisoro aba bakize, bafite uburyo bahisha ayo mafaranga Afurika ikahahahombera. Ubundi mugende muyashore mu burezi, mushore muri ba bahinzi kuko nibo bakeneye koroherezwa kugira ngo biteze imbere.”

Byanyima ari i Kigali mugihe umugabo we Kizza Besigye atorohewe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka aho Kizza yabonye amajwi 35, mugihe Museveni yagize amajwi 60, Kizza yaraye akoze igisa n’ikinamico arahirira kuzayobora Uganda imyaka 5, umuhango wabereye mu rugo rwe arikumwe n’inshuti ze zirimo n’abanyamategeko, kuva ubwo Polisi ya Uganda yahise imuta muri yombi ubu akaba afungiye Moroto mu nkengero z’umujyi wa Kampala, ugana za Karamoja aho yajyanywe n’indege.

-2787.jpg

Kizza Besigye umuyobozi w’ishyaka FDC ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni

Umuhango wa nyawo, uteganijwe uyu munsi aho Perezida watowe Yoweri Kaguta Museveni ari burahirire manda ya 5, uyu muhango urabera Kororo mu mujyi wa Kampala, aho abayobozi b’ibihugu batandukanye bari bwitabire uyu muhango barimo Perezida Omar Hassan Ahmad Al-Bashir,, Perezida Mugabe, perezida Magufuri, Perezida Salva Kiir n’abandi, abatari bugaragare muri uyu muhango ni perezida Kagame na Perezida Uhuru Kenyatta, kubera ko bari munama ya World Economic Forum yabereye i Kigali mu Rwanda.

Umwanditsi wacu

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Editorial 15 Apr 2016
Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Editorial 10 Dec 2021
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 04 Sep 2019
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Ernest Rwamucyo arashyize agejejwe mu butabera

Editorial 01 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 29 Jan 2016
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR
Amakuru

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Editorial 14 Aug 2025
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi
ITOHOZA

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Editorial 28 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru