• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Madame Mukaruliza Monique yavuze ko kurengera umwana bidakwiye guharirwa Polisi gusa, ko ahubwo ari inshingano za buri wese baba ababyeyi, abayobozi, ndetse n’abana ubwabo.

Ibi yabivuze ku itariki ya 12 Kamena, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, umuhango wabereye kuri Kigali Metropolitan Police Headquarter mu murenge wa Remera akarere ka Gasabo.

Uku gutangiza ku mugaragaro iki cyumweru bibaye nyuma y’aho ku itariki ya 11Kamena hatangijwe gahunda zo kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe, ibirori byabereye mu ntara zose z’igihugu.

Uyu muhango kandi watangijwe no gusiga amarangi mu muhanda ahagenewe kwambukira abanyamaguru (Zebra Crossing), kikaba ari ikimenyetso cyo gukangurira abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kikaba kandi ari kimwe mu bikorwa bizaranga iki cyumweru.

Wanahuriranye kandi no gutangiza ku mugaragaro umurongo wa telephone itishyurwa wo gutabariza umwana uhohotewe ariwo 116 ukorera muri Polisi y’u Rwanda, uyu murongo ukaba ufite ubushobozi bwo kwitaba telephone 30 icyarimwe.

Mu ijambo yavugiye muri uwo muhango, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wari n’umushyitsi mukuru yagize ati:”Abana ni imbaraga zikomeye z’iterambere ry’igihugu, iyo mu miryango harimo amakimbirane, abana nibo babirenganiramo bikabagiraho ingaruka.”

Yanagize ati:”uyu munsi turizihiza ibimaze kugerwaho na Polisi y’u Rwanda mu myaka 16 imaze ishinzwe bituma abanyarwanda n’ibyabo bagira umutekano, ariko buri wese akwiye kumenya ko gukumira no kurwanya ikitwa icyaha cyose harimo no guhohotera umwana ari inshingano ze.”
Yanavuze ko abana bagomba kurindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose kandi bagahabwa uburenganzira bwabo burimo kwiga no kuvuzwa.

Yavuze kandi ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kwita kuri ejo heza h’umwana, akaba ariyo mpamvu yashyizeho ingamba zirengera umwana harimo gushyiraho amashuri y’uburezi bw’ibanze (9YBE), gushyiraho komisiyo y’umwana, inkongoro y’umwana, n’izindi.

Yasoje agira ati:”Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yakoze ibishoboka byose ngo umwana yitabweho, harimo gushyiraho ikigo Isange One Stop Centre, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, gusubiza abana mu mashuri, natwe turasabwa guhuriza hamwe imbaraga, tukita ku bana, tukabarinda kujya mu mihanda, bagasubizwa mu mashuri, kandi tugashyiraho n’ingamba z’uko abayasubizwamo batongera kuyavamo.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, yakanguriye abari aho gukoresha umurongo 116 washyiriweho gutabariza abana bahohoterwa, n’uwa 3512 washyiriweho gutabariza ukorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo 9 itishyurwa ariyo 112 ikoreshwa n’ushaka ubutabazi bw’ibanze, ibirebana n’inkongi z’imiriro ni 111, impanuka zo mu muhanda ni 113, ishami rya Polisi rikorera mu mazi ni 110, Isange One Stop Centre ni 3029, kurwanya ruswa ni 997 naho uhohotewe n’umupolisi ahamagara 3511.

Yavuze ko ikoreshwa neza kandi ku gihe ry’iyi mirongo bituma habaho guhanahana amakuru vuba, bigatuma ibyaha bikumirwa bitaraba.

Yakomeje avuga ati:”Ubu bukangurambaga bwo guharanira uburenganzira bw’umwana buri muri gahunda za Leta kandi buri no mu bukangurambaga bwa Nyakubahwa Madame wa Perezida wa Repubulika bwo “gufata umwana wese nk’uwawe.”

Yanavuze ati:”Abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo gushorwa mu biyobyabwenge, gukoreshwa imirimo ivunanye, gukurwa mu mashuri, kuvanwa mu miryango no gutwara inda zitateganyijwe, ibi byose bigateza umutekano mucye.”

Yasoje agira ati:”Dufite abafatanyabikorwa benshi barimo urubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, komite z’abaturage zo kwicungira umutekano (community policing), amatsinda yo gukumira no kurwanya ibyaha mu mashuri, aba bose ni abadufasha ngo tugere ku iterambere rirambye kandi ryihuse. Nkaba nsaba abanyarwanda kubahiriza amategeko tugakumira, tukanarwanya ibyaha, turushaho kurengera uburenganzira bw’umwana.”

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda George Gitau, yashimiye ubufatanye umuryango ayoboye ufitanye na Polisi y’u Rwanda n’igihugu muri rusange ngo uburenganzira bw’umwana bwubahirizwe.

Iki cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatewe inkunga na World Vision, umuyobozi w’uyu muryango akaba yijeje ko uzakomeza gukorana n’abana, imiryango yabo n’umuryango nyarwanda muri rusange ngo harwanywe ubukene habeho n’ubutabera mu Rwanda. Uyu muryango kandi niwo wateye inkunga mu ishyirwaho ry’uyu murongo 116 wo gutabariza umwana uhohotewe.

Iki cyumweru kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya icuruzwa ry’abantu, kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, kwirinda impanuka no kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kizasozwa ku itariki ya 16 Kamena, ubwo hazizihizwa imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

-2940.jpg

RNP

2016-06-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025
Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya
Amakuru

Nyuma y’amasaha 48 yemejwe n’abanyamuryango ko azakomeza kuyobora komite Olempiki y’u Rwanda, Ambasaderi Munyabagisha Valens yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 06 Apr 2021
IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga
Mu Mahanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru