• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba n’abashinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubucukuzi bwayo basabwe kutangiza ibidukikije igihe bakora iyo mirimo no kwita ku mutekano w’abayikora.

Ibi babisabwe n’umuyobozi w’agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho muri Polisi y’u Rwanda, Superintendent of Police (SP) Modeste Mbabazi.

Yabibasabiye mu kiganiro yagiranye na bo mu cyumweru gishize mu karere ka Rwamagana aho bahuguriwe mu gihe cy’iminsi itanu ku buryo barengera ibidukikije mu bikorwa byabo byo gucukura amabuye y’agaciro.

Ayo mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’umutungo kamere; Polisi y’u Rwanda ikaba yaratumiwe kugira ngo ihugure abo ba nyiri ibirombe n’ababafasha muri iyo mirimo ku ruhare rwabo mu kurengera ibidukikije.

SP Mbabazi yabaganirije ku ruhare rwa Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije, akamaro ko kubibungabunga, ingaruka zo kubyangiza, uruhare rwabo mu kubirengera, n’ibihano bihabwa umuntu ubyangije.

Yababwiye ko mu ngamba Polisi y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije harimo ishyirwaho ry’aka gashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho, gukangurira abaturarwanda kutabyangiza, no gukora imikwabo yo gufata ababyangije.

Yakomeje abwira abo ba nyiri ibirombe n’ababafasha muri iyo mirimo ko mu bikorwa byayo byo kurengera ibidukikije Polisi y’u Rwanda ifatanya n’abafatanyabikorwa bayo barimo Minisiteri y’umutungo kamere, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije.

Ingingo ya 414 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko ibidukikije ari urusobe rw’ibintu bigizwe n’ibidukikije kamere n’ibiva ku bikorwa bya muntu. Birimo imiti y’ubutabire, urusobe rw’ibinyabuzima ndetse n’ibikorwa by’ubukungu n’imibereho y’abantu, ibirebana n’umuco, ubwiza, ndetse n’ubumenyi bishobora kugira ingaruka ziziguye cyangwa zitaziguye z’ako kanya cyangwa zitinda, ku majyambere y’ahantu, ku binyabuzima no ku bikorwa by’umuntu.

SP Mbabazi yababwiye ati,”Ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranije n’amategeko byangiza ibidukikije, bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu n’urusobe rw’ibinyabuzima, kandi bitera ibiza nk’inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka, n’isuri.

Ingingo ya 415 ivuga ko umuntu wese cyangwa ishyirahamwe rifite ubuzima gatozi ridakora inyigo ku ngaruka ku bidukikije ibanziriza umushinga ushobora kugira ingaruka mbi ku bidukikije, ahanishwa guhagarikirwa ibikorwa no gufungirwa ikigo kandi bitabujije gutegekwa gusubiranya ibyangijwe.

Iyi ngingo ikomeza ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura inyandiko z’inyigo ku ngaruka ku bidukikije ahanwa kimwe n’uwakoze ibyaha bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo.

Ingingo ya 416 yo muri icyo gitabo ivuga ko umuntu wese, mu buryo butubahiriza amategeko abigenga, utwika, utema cyangwa utemesha ibiti n’uwica inyamaswa mu mashyamba arinzwe, mu byanya birinzwe no muri Pariki z’Igihugu, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

SP Mbabazi yababwiye kandi ati,”Ntimugomba kwirara ngo mufite ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, mukwiye guhora musuzuma ko ibikoresho mukoresha ari bizima, kandi mugafata izindi ngamba zo gukumira impanuka aho mukorera iyo mirimo.”

-2956.jpg
Polisi y’u Rwanda ikaba imaze gutera ibiti kuri hegitari zisaga 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

RNP

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Nyuma yo gukubitirwa iz’akabwana muri Kongo, abasirikari b’Afrika y’Epfo bakomeje koherezwa mu ibagiro!

Ubwanditsi 11 Feb 2025
Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana

Zimbabwe: Morgan Tsvangirai yitabye Imana

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Ubwanditsi 02 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru
ITOHOZA

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017
2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka
Mu Mahanga

2016: Ruswa yariyongereye cyane, abayitangaho amakuru baragabanyuka

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubwanditsi 12 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru