• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Umutoza Nshimiyimana agiye gufasha Sugira ugiye kwerekeza muri Vita Club

Ubwanditsi 04 Jul 2016 IMIKINO

Sugira Erneste wakiniraga AS Kigali azerekeza muri AS Vita Club y’i Kinshasa tariki ya 05 Kanama 2016.

Iyi kipe yamutanzeho amadolari ibihumbi 130 ni ukuvuga asaga miliyoni 101 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka ibiri nk’uko amakuru Imvaho Nshya ikesha nyir’ubwite abivuga.

Sugira, waguzwe taliki 17 Gicurasi 2016, yagombaga guhita yerekeza i Kinshasa nyuma biza guhagarara ubwo AS Vita Club yari isezerewe mu mikino ya Afurika “CAF Champions League” izira gukinisha Idrissa Traore wari utemerewe gukina kuko yari yarahagaritswe imikino ine muri shampiyona yo muri Mali yaje avamo mbere yo kujya muri Vita Club.

Ibi byatumye Maj. Gen. Gabriel Amisi “Tango Four”, Perezida wa AS Vita Club yemeza ko abakinnyi bose bashya bagombaga kuza muri iyi kipe baba babihagaritse bagategereza ko shampiyona yo muri RDC isozwa.

Icyo gihe Gen. Tango Four yanavuze ko aba bakinnyi bazaza muri iyi kipe kuva taliki 01 Kanama kugeza 19 Ukwakira 2016 ubwo isoko ryo kugura no kugurisha ku Isi rizaba rifunguye.

Ku bwumvikane bwa AS Kigali na AS Vita Club, Sugira Ernest umwe mu bakinnyi barebwaga n’iki cyemezo yaje gutizwa muri AS Kigali mu gihe agitegereje ko shampiyona yo muri RDC irangira n’isoko ryo kugura abakinnyi rigafungurwa.

Imvune yo muri CHAN 2016 yakomeje kumukurikirana

Hagati aho Sugira Ernest yari yaravunikiye mu mukino ikipe y’igihugu Amavubi yatsinzwemo na RDC muri ¼ cy’igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu “CHAN 2016” ibitego 2-1.

Uyu mukino n’ubwo yawukuyemo imvune ni nawo usa nk’uwamufashije kujya muri Vita Club nyuma yo kuwigaragazamo agora bikomeye Padou Bopunga na Joel Kimwaki ba myugariro ba ” Le Leopards”, ikipe y’igihugu ya RDC itozwa na Florent Ibenge akaba anatoza Vita Club.

CHAN 2016 ikirangira Sugira yasibyeho imikino itanu ya shampiyona kubera iyi mvune gusa aza guhamagarwa mu ikipe y’igihugu Amavubi yakinye na Mauritius mu mukino ubanza n’uwo kwishyura yabaye taliki 26 werurwe i Anjalay na 29 Werurwe 2016 i Kigali.

Muri Gicurasi 2016, Sugira yongeye kuvunika binatuma Nshimiyimana Eric, umutoza we muri AS Kigali afata icyemezo cyo gutegura Twizeyimana Onesme nka rutahizamu wari kumusimbura.

Mu mpera za Gicurasi 2016 Sugira yaje kongera kugaruka mu kibuga, anahamagarwa mu Mavubi yiteguraga umukino wa gicuti na Senegal n’uwa Mozambique mu gushaka itike ya CAN 2017.

Sugira yakinnye umukino wa gicuti na Senegal asimburwa igice cya mbere kirangiye nabwo amaze kugira imvune y’akagombambari ifitanye isano n’iyo muri CHAN 2016 bituma adakina umukino Amavubi yatsinzwemo na Mozambique ibitego 3-2 kuri Sitade Amahoro taliki 04 Kamena uyu mwaka.

Sugira wari umaze ukwezi kurenga afite mvune yari iya gatatu muri uyu mwaka, yaje kugaruka mu mikino y’igikombe cy’amahoro mu mukino wa ½ ubanza warangiye AS Kigali inganya na Rayon Sports igitego 1-1.

Uyu mukino waje kugora bikomeye Sugira wakomeje kuvugirizwa induru n’abafana ba Rayon Sports uko yabaga akoze ku mupira bakanamubwira ko yasubiye inyuma ku buryo atazabasha gukinira AS Vita Club.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza wa AS Kigali, Nshimiyimana Eric yabwiye Imvaho Nshya mu kiganiro kihariye ko Sugira atarakira neza imvune yagize gusa bamushyizemo kuko imvune afite itari gukira adakina.

Yagize ati “Igihe yari amaze adakina, yagerageje gutanga ibyo yari afite. Ntabwo yari kwicara kuko tuziko ari umukinnyi wakora itandukanyirizo isaha iyo ari yo yose. Imvune yari afite, kwicara ugategereza ko ari bukire ntacyo byari kumumarira kuko arwaye cheville(akabumbambari) iyo wicaye sibwo ukira”.

Yunzemo ati “Navuga ko yitanze bitari byiza cyane. Navuga ko yari muri 60 kugeza muri 70%, urumva ko hasigaye 30. Kugira ngo yongere agree kuri rwa rwego yari agezeho”.

Sugira agiye gukinishwa imikino myinshi

-3165.jpg

Sugira Erneste wakomeje kugira imvune, umutoza we muri AS Kigali agiye kumufasha kugaruka mu bihe bye byiza mbere yo kujya muri Vita Club muri Kanama 2016

Umutoza wa AS Kigali yabwiye Imvaho Nshya ko nyuma y’iyi mvune biyemeje gukinisha imikino myinshi uyu rutahizamu uzaba akinira AS Vita Club mu mwaka utaha.

Ati “Tugiye gukomeza kumukoresha kugeza agarutse mu bihe bye. Tuzakomeza kumuha icyizere turebe ko azagaruka mu bihe bye byiza kuko twifuza ko igihe azagendera azaba ameze neza”.

Nshimiyimana anemeza ko bagiye gukomeza kuvura Sugira bamutegura mu mutwe kugira ngo bamufashe kurenga ubwoba bwo gutinya.

Ati “Tuzamuvura ako kantu gasigaye kuko agifitemo akantu k’ubwoba kuko hari igihe ukira ku mubiri, ariko mu mutwe utarakira gusa nziko iyi mikino n’imyitozo azakora bizatuma agaruka mu bihe bye”.

Sugira ategerejwehwo ibitangaza i Kinshasa

N’ubwo ari gukira izi mvune, Sugira azineza ko azajya muri RDC ategerejweho ibitangaza na Florent Ibenge, umutoza wakunze imikinire ye, Maj Gen Tango Four umuyobozi wa AS Vita Club n’abatuye umujyi wa Kinshasa bamwakiriye nk’umucunguzi ubwo yerekezaga muri RDC muri Gicurasi 2016.

Ku bafana ba Vita Club Sugira ategerejwe nk’umucunguzi uzaza kubatsindira mukeba, TP Mazembe ikipe y’abanyabirombe b’i Lubumbashi akanimika iyi kipe mu ruhando rw’amakipe akomeye muri Afurika.

Benshi mu bakurikiranira hafi iby’uyu mukinnyi bemeza icyafasha Sugira muri RDC ari ukugenda agatsinda ibitego byinshi atitaye ku gukina neza. Aba basesenguzi bavuga ko Sugira yakwitwara nka Tuyisenge Jacques nawe wagiye muri Gor Mahia ategerejweho ibitangaza; yagerayo agacungana no gutsinda igitego ku mupira wose abonye, kabone n’ubwo yajya amara iminota 90 y’umukino ahagaze.

2016-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo

FERWAFA yihanganishije abanya-Brazil kubw’impanuka y’indege yahitanye abakinnyi babo

Ubwanditsi 30 Nov 2016
Amavubi asezerewe na Congo

Amavubi asezerewe na Congo

Ubwanditsi 30 Jan 2016
Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero

Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero

Ubwanditsi 02 Jun 2025
TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

TMC (Dream Boyz) yasubiye ku ntebe y’ishuri

Ubwanditsi 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo
Mu Mahanga

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD
INKURU NYAMUKURU

Agaco k’imburabuza: Perezida Kagame avuga kuri Twagiramungu, Rusesabagina na MRCD

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru