• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Editorial 02 Sep 2016 ITOHOZA

Nyuma yaho muri RNC bari gushwana, amakuru aravuga ko amakimbirane yadutse hagati ya David Himbara na Major Robert Higiro.

Barapfa iki ?

Maj Robert Higiro wo mw’ishyaka RNC wabaga mu gihugu cy’Ububiligi yarahavuye agahungira muri Amerika abeshya ko inzego z’umutekano mu Rwanda zimuhiga.

Hashize igihe uyu Maj. Robert Higiro aba muri Amerika muburyo butemewe n’amategeko kuko nta rupapuro narumwe agira, ariko agakingirwa ikibaba n’aba Congress ari nabo bamufashije kugera muri Amerika nyuma y’ikiganiro ya tangiye muri Congre ya Amerika afatanyije na David Himbara bakaba baratanze urutonde rw’abantu 13 batavugaga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ngo bishwe cyangwa bakaburirwa irengero.

David Himbara nawe wigeze gukora mu biro by’umukuru w’igihugu mu Rwanda ubu akaba abarizwa mu gihugu cya Canada mu mujyi wa Toronto, nawe yatanze ubuhamya avuga ko kwica abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahunze bikwiye gufatwa nk’iterabwoba riterwa inkunga na leta y’u Rwanda.

Ninaho Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Willis Shalita, watanze ubuhamya abisabwe na ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba anakora iperereza ku giti cye, yatangaje ko iyo raporo ishinja u Rwanda kugira uruhare mu bwicanyi ntacyo iri cyo ari ibihuha gusa, ariko yongeraho ko yemeranya na Chris Smith ko hakorwa iperereza ryimbitse kandi ibimenyetso byose bikazanwa bigasuzumwa.

Nguko uko abo bagabo bombi Higiro na Himbara bahise bashinga ikitwa “Democracy In Rwanda Now” aba Congress ba Amerika bagiha amafaranga kugirango kigire imbaraga kizarwanye manda ya gatatu ya perezida Kagame.

-3906.jpg

Umwami Kigeki V Ndahindurwa

Kuva Major Robert Higiro yagera muri Amerika icyo kintu yakigize ike kuburyo yagiye abona amafaranga aturutse ku nkunga y’abazungu mu izina rya Democracy In Rwanda Now, ariko ntahe ni iritoboye David Himbara uba muri Canada. Amakuru avuga ko Major Higiro amaze kubona menshi kuko agenda abeshyabeshya mubazungu n’abanyarwanda baba muri Amerika ndetse n’impunzi z’abanyarwanda ziba muri Angola zagiye zimwoherereza amafaranga, avuga ko batazatuma Kagame asubira kubutegetsi nyuma ya 2017.

Nyamara mu byukuri Democracy In Rwanda Now yatangijwe na David Himbara kuko niwe ukora ama project Congre y’Amerika itanga amafaranga ndetse na Rujugiro atanga andi .

Amakuru ava muri Amerika aravuga ko kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Kanama 2016, Major Robert Higiro yahengereye David Himbara ari mu kiriyo cya mushikiwe mu Bwongereza ajya gushaka Umwami Kigeli ari kumwe na Cpt Cyusa bafatanyije kuba muri RNC igice cya Kayumba Nyamwasa. Kugirango Umwami Kigeli abashakire abantu kuko we aziranye n’abaterankunga benshi.

-3905.jpg

Major Robert Higiro na David Himbara

Aya makuru ngo yaba yageze kuri David Himbara y’uko Higiro yamuciye inyuma akajya kureba Umwami Kigeli mu izina rya Democracy In Rwanda Now none umuriro watangiye kwaka kuburyo David Himbara ngo yitabaje umunyemali Rujugiro ngo amukiranure na Major Robert Higiro. Aya ni amakuru dukuye munshuti zahafi za Major Higiro mu kanya gatoya kashize.

Major Robert Higiro aba muri Amerika ntabyangombwa agira, ntakazi yabona biramugoye kuba mubuzima bwo muri Amerika niko kujya guteka imitwe kwa Kigeli ngo amushakire abazungu bamuhe udufaranga.

Turacyakurikirana aya makuru…..

Cyiza Davidson

2016-09-02
Editorial

IZINDI NKURU

Umufasha wa  Charles Ntakirutinka yitabye Imana

Umufasha wa Charles Ntakirutinka yitabye Imana

Editorial 27 Sep 2016
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Editorial 23 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 09 May 2021
Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana
Mu Mahanga

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Editorial 23 Mar 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP  Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak
Uncategorized

Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak

Editorial 02 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru