• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Editorial 19 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko umurongo mugari wa internet atari wo uzakemura ibibazo byose Isi ifite ariko ushobora kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi nyinshi zihari muri iki gihe.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yayoboraga inama ya Komisiyo y’Umurongo mugari wa internet mu iterambere rirambye, inama yabereye i New York ahatangira Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi nama yabaye kuri iki Cyumweru yarebaga ku mbogamizi ziri mu ishoramari no kubyaza umusaruro wose ushoboka ikoranabuhanga mu ntego Isi yihaye.

Iyi nama yareberaga hamwe ibibazo bikigaragara mu kubaka umurongo mugari kandi ntihagire igihugu na kimwe gisigara inyuma, hanarebwa uko uyu murongo mugari wagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa by’intego zigamije iterambere rirambye, SDGS.

Perezida Kagame yasabye ko ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bikora cyane kandi mu buryo bunoze, kugira ngo bibashe kujyana n’iyi mpinduramatwara y’ibikorwa bishingiye ku ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego zagutse Isi yihaye ziratanga amahirwe yo kureba kure, nyuma yo guhuza abantu gusa, turebe ku guhanga udushya, guhindura imibereho n’ubukungu.’’

“Umurongo mugari ntabwo wakemura ibibazo byose ariko ushobora gufasha mu kwihutisha ibikorwa mu kurenga imbogamizi zikibangamira iterambere ry’isi.’’

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho, ITU, Haolin Zhao, yavuze ko mu bindi ibihugu bikwiye kuzirikana, harimo ubusumbane mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga, aho usanga abagore bagisigara inyuma kandi bidakwiye.

Muri iki gihe Isi yugarijwe n’ibibazo bitandukanye birimo ubukene, ubusumbane, akarengane, ihindagurika ry’ibihe byose bifatwa nk’ibibazo bikomeye, ikaba yarihaye imyaka 14 iri imbere ngo hakorwe impinduka ifatika, ikoranabuhanga rikabigiramo uruhare.

Intego Isi ifite zigaragaza ko bitarenze mu 2030, hazaba hariho uburezi buteye imbere, amazi meza n’isukura, iki gisekuru kikazaba icya mbere kibashije guhashya ubukene bukabije, kikaba n’icya nyuma kibayeho ku nkeke zituruka ku ihindagurika ry’ibihe.

Iyi komisiyo y’umurongo mugari ihamya ko ishorora kugira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyo mihigo, ishamikiye ku ntego z’iterambere rirambye, SDGs, gusa haracyari imbogamizi mu ikoranabuhanga, kuko ITU ivuga ko mu mpera za 2016 ku Isi hazaba hari abantu bagera kuri miliyari 3.5 bakoresha internet, impungenge zikaba ko abandi miliyari 3.9 izaba itarabageraho.

Gusa internet ikomeje kwiyongera kuko nko mu 2015 yageraga mu ngo 38% ku Isi, uyu munsi ikaba igera muri 41%

-4085.jpg

-4086.jpg

-4087.jpg

2016-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Editorial 04 Sep 2025
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Editorial 25 Aug 2025
Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Editorial 22 Sep 2025
Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Ikimwaro kuri Loni na “Bangamwabo” Ingabire Victoire: Byemejwe, abimukira bari mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko bazimurirwa mu Rwanda.

Editorial 23 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Editorial 09 Dec 2020
REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss
Mu Rwanda

REG ifite umuyobozi mushya. Mugiraneza yasimbuwe na Weiss

Editorial 17 May 2017
Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Editorial 14 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru