• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana yabwiye abapolisi 58, barimo ba ofisiye n’abandi bapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro ariko bafite inshingano zo kuyobora abandi , ko bagomba gukora bazirikana iteka inyungu z’igihugu ku mitima yabo.

Ibi yabitanzemo impanuro ku italiki 26 Nzeli, ubwo yatangizaga ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi ibiri kuri abo bapolisi, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Abapolisi bitabiriye aya mahugurwa ni abitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) nk’umutwe uzitwa RWAFPU1-II no mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika bwitwa MINUSCA nk’umutwe uzitwa RWAFPU1-III.

IGP Gasana mu ijambo rye yagize ati:”Muri buri butumwa bw’amahoro, ubuhuzabikorwa nteganyamikorere ni ngombwa, mugomba gusobanukirwa neza n’inshingano z’ubutumwa nk’abayobozi, mugahora mushyira imbaraga mu gukorera hamwe ; igikomeye ariko mugahora muzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima.”

Yabahaye izi mpanuro mu gihe bitegura kujya mu butumwa, aho bagomba kwerekana ko bahawe ubumenyi buhagije kandi bacengewe na politiki mpuzamahanga y’u Rwanda yibanda cyane ku butwererane mpuzamahanga , kumenya icyo ubutumwa bwa Polisi buvuga n’aho bugarukira ndetse no gushyira imbere indangagaciro z’ubunyarwanda mu gihe cyose cy’ ubutumwa .

Aba bapolisi basabwe kandi guha agaciro ubufatanye bwabo nk’abapolisi b’u Rwanda, n’abapolisi b’ibindi bihugu kandi baba ba ambasaderi b’u Rwanda mu butumwa bwa Loni banihatira kuvoma ubumenyi badasanganywe ku bandi bapolisi bazakorana.

IGP Gasana yagize ati:”Mbere yo kujya mu butumwa, muzafate umwanya wo gutekereza abo muri bo, uwo muhagarariye, mubanze musobanukirwe ibijyanye no kurinda abo muzaba muyoboye birimo umutekano wabo, imibereho myiza yabo, kubabonera ibyo babakeneyeho, disiplini , kwigenzura n’ubunyamwuga.”

Bagiriwe inama yo kumenya neza ibigize ubutumwa bagiyemo, itumanaho, gutanga amabwiriza no gutanga amakuru kimwe no kuyobora iminsi mikuru byose mu buryo mpuzamahanga.

-4164.jpg

Mu minsi ibiri aya mahugurwa azamara, bamwe mu bapolisi bakuru bazatanga ibiganiro bizafasha abayitabiriye kuzatunganya neza ubutumwa bitegura kujyamo.

Mu byo baziga harimo ibigize Loni, imiterere n’inzego zayo, kumenya kuyobora abantu mu bihe bigoye, kuyobora neza abapolisi, kurinda abo uyoboye , ubucakara bushingiye ku gitsina mu duce turangwamo amakimbirane n’ibindi,..

RNP

2016-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Inama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano muri Afurika yasojwe hafashwe ingamba zo guca ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Inama y’Abagore bo mu nzego z’umutekano muri Afurika yasojwe hafashwe ingamba zo guca ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 30 Nov 2016
Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Kigali : Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame arafungura ku mugaragaro inyubako z’akataraboneka CHIC Complex n’iya Kigali Heights

Ubwanditsi 07 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera CMI birakwirakwiza ibihuha aho byikirigita bigaseka bigakwiza ibihuha kuri Amb. Mugambage ko ashaka kuruhukira muri icyo gihugu

Ubwanditsi 05 Oct 2020
CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C
IMIKINO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Ubwanditsi 19 Jan 2016
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika
IMIKINO

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Ubwanditsi 19 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru