• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Indege A330 yaguzwe na RwandAir yageze i Kigali

Ubwanditsi 28 Sep 2016 Mu Mahanga

Indege nshya RwandAir yaguze Airbus 330 yageze i Kigali kuri uyu wa Gatatu ahagana saa tanu n’igice z’amanywa.

Kuwa Kabiri tariki 27 Nzeri 2016 ikompanyi yo gutwara abantu n’ibintu mu ndege ya RwandAir yashyikirijwe indege nini ya Airbus A330-200 ku ruganda rwayo ruri i Toulouse mu Bufaransa.

-4179.jpg

John Mirenge na Amb Jacques Kabale batemberezwa muri imwe mu ndege za Airbus (Ifoto/RwandAir)

Binyuze ku rubuga rwayo rwa Twitter, RwandAir yatangaje ko abayobozi bayo bari Bufaransa aho iyi ndege yakorewe, bayishikirijwe ku mugoroba wo kuwa Kabiri ikagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kuwa Gatatu.

Iyi ndege ya A330-200 yiswe ’Ubumwe’ yaguzwe miliyoni 250 z’amadolari, ikaba ari iya cyenda iguzwe na RwandAir ni imwe muri ebyiri zo muri ubu bwoko RwandAir yatumije kugira ziyifashe kwagura ingendo zayo hirya no hino ku Isi ndetse ziyifashe no kurenga umugabane wa Afurika.

-4181.jpg

Iyi ndege ya A330-200 yiswe ’Ubumwe’

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Mirenge John yagize ati “Iyi ndege ni yo ya mbere yo muri ubu bwoko igeze muri Afurika y’Iburasirazuba kandi izafasha RwandAir kongera ubushobozi bwo kwagura ingendo zayo hirya no hino ku Isi.”

Yongeyeho ati “Vuba aha tuzongera ku ngendo zacu imijyi ya Harare muri Zimbabwe na Mumbai mu Bushinwa mbere y’uko tugera mu Burengerazuba bw’u Burayi.”

Mirenge hamwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Jacques Kabale batemberejwe mu ruganda rw’izi ndege rukomeye rwa mbere muri iki gihugu aho beretswe indege zo mu bwoko nka Airbus A330, A350, A330 neo na A380 Mock zirimo izo mu gihe kizaza zifite ubushobozi bwo kutangiza ikirere kandi zinywa amavuta make.

RwandAir kandi itegereje indi ndege ya Airbus A330-300 mu mpera z’uyu mwaka yo yiswe “Umurage”.

Imwe muri izi ndege izaba ifite ubushobozi bwo gutwara abantu 300, naho indi izajye itwara abantu 261, kandi zizaba zifite moteri zo ku rwego rwo hejuru zo mu bwoko bwa “Rolls Royce Trent 772B”.

-4180.jpg

Abanyacyubahiro bari bitabiriye uyu muhango

2016-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018
APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano
Mu Mahanga

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora
INKURU NYAMUKURU

Mu Rwanda : Abanyamakuru babiri bahagaritswe gukora

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora
INKURU NYAMUKURU

Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Ubwanditsi 03 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru