• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Ubwanditsi 15 Nov 2016 Mu Mahanga

Guverinoma yabwiye abadepite ko imikorere y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (RIB) rwasimbuye icyitwaga CID muri Polisi y’Igihugu, izarushaho kunoza amapereza no kurwanya ibyaha bikomeye birimo iby’iterabwoba n’iby’ikoranabuhanga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode, kuri uyu wa Mbere, ni we wagejeje ku Nteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite ishingiro ry’Umushinga w’Itegeko rishyiraho RIB, rikanagena inshingano, ububasha, imiterere n’imikorere byarwo.

Uwizeyimana Evode yasobanuye ko nubwo batafashe buri kimwe cyose ku mikorere ya FBI ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko RIB ruzaba ari urwego rukora nka yo nubwo ubushobozi atari bumwe.

Yavuze ko inshingano z’ingenzi uru rwego ruzaba rufite ari ugukumira no kubuza ikorwa ry’ibyaha bishobora guhungabanya umutekano w’igihugu, ibikorwaremezo, abantu n’imitungo yabo; Gukora ipereza rigamije gushakisha, guhagarika no kuburizamo ibyaha biri gukorwa cyangwa bishya;

Gusesengura, gusuzuma no kubika neza amakuru y’ibyavuye mu ipereza n’ibimenyetso; Gushakisha no gufata abenegihugu n’abanyamahanga bakekwaho ibyaha n’abahunze kubera gukora ibyaha hakurikijwe amategeko y’igihugu ndetse n’amategeko mpuzamahanga; Gushyiraho no gushyira mu bikorwa ingamba zigamije kurwanya iterabwoba no gukora iperereza rijyanye na ryo mu rwego rwo kurirwanya;

Guhuza ibikorwa by’imirimo y’Ubugenzacyaha no kunganira Ubushinjacyaha ku bakekwaho ibyaha uretse ku bijyanye no gukurikirana abasirikare bakekwaho ibyaha.

Umunyamabanga wa Leta yabwiye abadepite ko mu mikorere y’uru rwego, izaba itandukanye n’iya CID yasabaga ko uyikoramo aba ari umupolisi. Muri RIB, ho hazajya haba harimo abasivile, bagiye bafite ubumenyi butandukanye.

RIB izaba ikorera muri Minisiteri y’Ubutabera, Uwizeyimana yavuze ko Guverinoma yizeye ko bizanoza akazi k’ubutabera.

Yagize ati “Bizihutisha imikorere y’inzego z’ubutabera, cyane cyane hagati y’Ubushinjacyaha n’Ubugenzacyaha. Iperereza n’ikurikiranacyaha rizajya ryihutishwa”.

Uwizeyimana Evode yakomeje avuga ko uru Rwego rw’Igihugu rw’Iperereza, rwitezweho umusaruro ukomeye, nubwo n’ubusanzwe amaperereza yakorwaga.

Yagize ati ”Turasanga bizafasha igihugu mu guhangana cyane cyane ibyerekeranye n’ikoranabuhanga, n’iterabwoba, bikaba bizoroshya kandi n’itangwa rya serivise zakenerwaga mu Bugenzacyaha.”

Yahamije ko mu ikorwa ry’amadosiye hari ingero zagiye ziboneka zikorwa nabi, uretse n’iz’imbere mu gihugu hakaba n’izoherezwaga mu mahanga zisaba gufata abantu, abayoherejwe bakabonamo inenge.

-4667.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera Ushinzwe ibyerekeye Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode

Yavuze ko hari icyaha cyashoboraga kuba, dosiye igakorwa nabi muri CID, bikagorana kuyiburana mu rukiko, kuko iperereza ry’ibanze ibimenyetso bimwe na bimwe byazimiye.

Ishyirwaho rya RIB, asobanura ko ubwigenge bwayo buzatuma n’amadosiye akorwa neza, biturutse no ku bumenyi butandukanye bw’abakoramo.

Akomeza avuga ko nubwo RIB izaba ari yo ifite inshingano z’iperereza ku byaha, ntibikuraho ko hakomeza kubaho ubufatanye bw’inzego mu nzego z’umutekano buzakomeza bukabaho.

Yatanze urugero ko umuntu apakiye urumogi akarwambutsa umupaka, ingabo z’igihugu zishinzwe kurinda imipaka ntizamwihorera. Ibyo bikaba kimwe n’umupolisi wo mu ishmi ryo mu muhanda ubonye icyaha.

Uretse n’izo nzego z’umutekano, n’undi wese yakora inyandiko kugira ngo ibimenyetso bitazimira, noneho bigashyikirizwa RIB, izaba ikoranira hafi n’Ubushinjacyaha.

Hagati aho, Uwizeyimana asobanura gukora neza akazi k’iperereza, kazunganirwa na Rwanda Law Enforcement Academy, hazajya higishwamo amasomo arimo n’amaperereza.

Umushinga w’Itegeko rishyiraho iki kigo, na wo Umunyamabanga wa Leta yawuzaniye rimwe n’uwa RIB.

Umunyamabanga wa Leta yasobanuye ko Rwanda Law Enforcement Academy, ari ikigo na cyo cyitezweho kongera ubumenyi ku bapolisi n’abatari bo . Muri ryo shuri abarisohokamo bakazanahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza.

Inama y’abaminisitiri yo kuwa 10 Kanama 2016, ni yo yemeje ivugurura ry’Inzego za Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa no guhindura, binashyirwa muri Minisiteri y’Ubutabera. Ni muri iyo nama kandi, hasohotsemo umwanzuro w’ishyirwaho rya ‘Rwanda Investigation Bureau’ na ‘Rwanda Law Enforcement Academy.

Abadepite batoye ishingiro ry’imishinga Guverinoma yabazaniye, ikaba izajya gusuzumirwa muri komisiyo.

Source: Izubarirashe

2016-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko ibiyobyabwenge  bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Uko ibiyobyabwenge bigira uruhare mu ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 15 Jun 2016
Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Ubwanditsi 29 Dec 2025
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Ubwanditsi 10 Nov 2016
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine
HIRYA NO HINO

Uganda: Minisitiri avuga ko ’igisirikare kizasyonyora’ ishyaka rya Bobi Wine

Ubwanditsi 30 Oct 2019
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.
Amakuru

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru