• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Ubwanditsi 16 Nov 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu murenge wa Tumba, mu karere ka Rulindo ku wa 12 Ugushyingo bifatanyije na Polisi y’u Rwanda muri aka karere mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikije; bakaba barateye ibiti bitangiza imyaka ku buso bwa hegitari enye mu rwego rwo kurwanya isuri.

Ibyo biti byo mu bwoko bwa Gereveriya babiteye mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba iherereye mu kagari ka Nyirabirori ndetse no mu mirima y’abaturage ihegereye.

Icyo gikorwa cyateguwe na Polisi y’u Rwanda muri Rulindo ifatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba; kikaba kandi cyaritabiriwe n’Ingabo z’Igihugu hamwe n’Urwego rwunganira uturere mu kubungabunga umutekano (DASSO).

Uretse gutera ibiti mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, abaturage n’izo nzego bakoze kandi isuku ku muhanda ugana kuri iyo Sitasiyo ya Polisi.

Nyuma y’uwo muganda, izo nzego zagiranye inama n’abo baturage, zikaba zarabakanguriye kutangiza ibidukikije mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Nsabimana yasabye abo baturage gufata neza amaterase y’indinganire bakorewe na Leta, gutera ibiti aho batuye ndetse no mu mirima yabo, kudacukura amabuye y’agaciro, umusenyi, n’amabuye asanzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Yabagiriye inama yo kuzirika ibisenge by’amazu yabo kugira ngo umuyaga utabigurukana, gufata amazi ava ku mazu yabo mu rwego rwo kwirinda ko yagira abo asenyera cyangwa akangiza ibikorwa remezo nk’imihanda n’intindo.

IP Nsabimana yakomeje ababwira ati:”Kwangiza ibidukikije bitera ibiza birimo inkangu n’imyuzure. Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kubyangiza (ibidukikije); kandi mwubahirize gahunda za Leta zigamije kubibungabunga.

Yashimye inzego n’abaturage bifatanyije na Polisi muri ibyo bikorwa byo gutera ibiti no gukora isuku ku muhanda ugana kuri Sitasiyo ya Polisi ya Tumba.

Umuyobozi w’iyo Sitasiyo yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibyaha aho biva bikagera no kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru y’ababikoze cyangwa abo babikekaho.

Ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu murenge wa Tumba, Nkurunziza Diogene yasabye abaturage kurengera ibidukikije mu byo bakora birinda ibikorwa birimo gutema amashyamba no gutwika amakara mu buryo butubahirije amategeko.

Mu rwego rwo kwifatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

Yashyizeho kandi agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho (Environmental Protection Unit – EPU), kakaba mu byo gashinzwe harimo karwanya uburobyi bw’amafi butemewe n’amategeko cyangwa budatunganye, guhumanya ikirere n’amazi , n’ibyaha ndengamipaka bijyanye no kwangiza ibidukikije.

-4687.jpg

Na none mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’izindi nzego mu kubungabunga no kurengera ibidukikije; Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uturere twose tw’igihugu akubiyemo ingingo zirimo kubungabunga amapariki, amashyamba n’ibishanga, kurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, n’ibindi bikorwa bigira ingaruka mbi ku rusobe rw’ibinyabuzima.

RNP

2016-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

DR MUKANKOMEJE, GEN IBINGIRA NA DR BIRUTA BARI KUREBA UKO KIVU IBUNGABUNZWE

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Bombori bombori hagati y’ingabo za Congo na Wazalendo

Ubwanditsi 10 Sep 2024
Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Umwami wa Maroc yemeje ko igihugu cye gishaka kugaruka muri AU

Ubwanditsi 18 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda
Mu Rwanda

Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado
Amakuru

Perezida Mnangagwa wa Zimbabwe na Perezida Mokgweetsi Masisi wa Bostwana bashimiye Perezida Kagame kubera uruhare rw’ingabo z’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba Cabo Delgado

Ubwanditsi 01 Mar 2022
Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe
Mu Rwanda

Rubingisa wari umuyobozi wungirije wa UR yasimbujwe

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru