• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ubwanditsi 24 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’igihugu mu Karere ka Ngoma, yishe Nzabonimana Jean de Dieu w’imyaka 21 nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye mu modoka ya minisiteri y’uburezi.

Uyu Nzabonimana Jean de Dieu warashwe nyuma yo gufatanwa izi mudasobwa, ngo agifatwa yatangiye gutera ibyuma abapolisi bari baje kumufata, nk’uko polisi muri aka gace yabitangarije.

Umuvugizi wa Polisi muri iyi Ntara, avuga ko Nzabonimana Jean de Dieu yishwe kuri uyu wa Kane mu Mujyi wa Ngoma.

IP Kayigize yagize ati “Yabaga mu mitwe y’abajura ariko babandi ba ruharwa ndetse we yari umwe mu bayobozi, yabaga mu bantu batobora amazu mu Mujyi wa Kibungo, gupakurura amadomoka agenda, amafumbire, kuvoma za mazutu z’imodoka ziparitse , mbese yari afite amateka maremare.”

Yakomeje agira ati “Ejo hari imodoka rero ya MINEDUC yari ipakiye mudasobwa ziregera kuri 260 igenda izitanga ku bigo by’amashuri, bari bamaze gutanga 100 bari mu nzira bajya mu mujyi wa Kibungo, ntibamenye uko byagenze mudasobwa 7 barazibura, aba bajura bo bafite ukuntu burira imodoka igenda, kuva ako kanya amakuru yaje gutangwa yuko uyu Nzabonimana Jean de Dieu ashobora kuba ari we uzifite, baje kuzisanga iwe kandi koko.”

IP Kayigi avuga ko uyu musore ngo yajyaga ahora yigamba ko azazihatana abayobozi ngo bamuvuga mbere y’uko afatwa.

Yakomeje agira ati “Yahise yigira intakorera afata icyuma ariko aragihisha, mu gihe bari bamujyanye ngo ajye kwerekana aho abandi bari, kuko asanzwe afite n’andi madosiye muri za parike we yahise yumva ko bikomeye, icyo yakoze yatangiye kurwanya inzego z’umutekano atangira guterana icyuma no kwiruka, baramurasa arapfa.”

Polisi ivuga ko aba bajura ngo bakunze gukoresha uburyo bwo kurira imodoka igenda cyane cyane igeze ahazamuka, ku buryo ngo iyo babonye hari umuntu ubaturutse inyuma nk’indi modoka bayitera amabuye kugira ngo badakomwa mu nkokora.

Yabajije impamvu bamurashe mu cyico aho kurasa ahandi , polisi y’u Rwanda ivuga ko umuntu nk’uwo ufite icyuma kandi urimo kurwanya inzego z’umutekano, ku mbunda nta kindi yakora.

IP Kayigi ati “Umuntu nk’uwo ukomerekeje abapolisi, asanzwe ari umujura ukomeye, noneho arirutse muramubuze, harya umuntu ukomerekeje abapolisi wavuga gusa ngo yarirutse arabura, iyo umuntu akoresheje ibyuma, intwaro na we ufite uyirwanisha nk’intwaro, ntabwo wavuga ngo reka nshake icyuma mutere nk’uko nanjye yakinteye, niba urwanyije umuntu ufite imbunda wigize nk’umuntu wasaze kandi utari umusazi, ntabwo nategereza ko unyica, iyo ntwaro ishinzwe kurinda abantu ariko mbere na mbere nanjye ngomba kubanza nkirinda.”

-4790.jpg

Polisi y’igihugu yongeye kuvuga ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, ku buryo yakumva ko yateza umutekano muke abantu bakarara bicaye.

Ivuga ko u Rwanda rugomba gufatwa nk’igihugu gifite umutekano, ku buryo nta muntu wakumva ko adatuje kubera abajura cyangwa abandi bashaka kuwuhungabanya. Gusa abaturage basabwa gutanga amakuru ku bantu nk’aba.

2016-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021
Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Ubwanditsi 14 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame
Mu Mahanga

….’ntawe uzava ahandi ngo atwubakire ibikorwa nk’ibi’ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024
Amakuru

Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 27 Feb 2024
Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye
Mu Rwanda

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 09 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru