• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi

[AMAFOTO]: Mushakire hamwe ingamba zirwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina-Minisitri w’Intebe Murekezi

Ubwanditsi 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye abitabiriye ihuriro ry’Abagore bo mu nzego zishinzwe umutekano muri Afurika gusangira ubunararibonye , isesengura ry’ibibazo biriho no gufatanya kubishakira umuti kugirango uruhare rw’abagore mu gushyigikira amahoro rwiyongere ku nzego zose.

Ni ubutumwa yatanze ejo, atangiza ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yabereye i Kigali, ihuza intumwa 250 zivuye mu bihugu 37 byo muri Afurika, byashyize umukono ku masezerano ya Kigali yiswe “Kigali International Conference Daclaration”(KICD).

Minisitiri w’Intebe yababwiyeko bagomba gukoresha iri huriro mu guhuriza hamwe imbaraga zizatuma bakaza umurego mu kurandura ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.

Kugirango intego z’iri huriro zigerweho, yagize ati:”Ndabagira inama yo kugendera ku bikorwa byari byakozwe mu nama zahise, mukagaragaza imbogamizi zabayeho kugirango mutunganye neza iyi ngiyi no gufata ingamba zizatuma mugera kuri byinshi.”

Iri huriro ririmo kuba hagendewe ku byemejwe mu masezerano y’Inama mpuzamahanga ya Kigali muw’2010, ku kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa , ku nsanganyamatsiko igira iti:” Uruhare rw’abagore ku mutekano:Kongera gutekereza ku ngamba” no gushyira mu bikorwa ibyigiwe mu nama rusange y’iri huriro Alger muri Aligeriya muri Werurwe uyu mwaka.

Bwana Murekezi yavuzeko inama nk’iyi ari amahirwe y’imbonekarimwe ku bayitabiriye, aho biga byimbitse ku ruhare rw’umugore mu nzego z’umutekano.

Byahuriranye n’iminsi 16 yo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bikaba biteganyijwe ko ari n’ubukangurambaga kandi hazaboneka ibikenewe mu gukomeza urugamba rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Aha yagize ati:” Twese twongere dutekereze ku musanzu wacu mu gushakisha uburyo bushya bwazana impinduka tunashyira nu bikorwa ingamba zituma abagore batanga umusanzu mu guharanira amahoro n’umutekano birambye.”

Avuga ku bunararibonye bw’u Rwanda, yavuzeko rwiyemeje kurwanya ihohoterwa kandi rwashyize imbaraga mu kubaka inzego zibishoboye kandi zishishikajwe no gufasha abahohotewe ndetse n’uburyo bufatika mu gukurikumira.

Lamin Manneh, umuhuzabikorwa w’amashami ya Loni mu Rwanda, mu ijambo rye, yavuze ko ibyagezweho n’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rubikesha Perezida Paul Kagame n’ubuyobozi bwe bwiza aho yavuze ko muri iki gihugu , kurirwanya byabaye ibya buri wese.

Manneh yagize ati:” Iri huriro ni umwanya mwiza, abagore bashinzwe umutekano bumva neza ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kandi bashobora gufata iya mbere mu kurirwanya. Iyi ni impuruza yo kurirwanya kandi ni umwanya wo gushyira hamwe imbaraga ngo duhindure isi uko dushaka.”

Yakomeje ashima u Rwanda rwemeye kwakira iyi nama binaha umwanya abayitabiriye wo kurwigiraho uko rurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Commissioner of Police(CP) Kheira Messaoudene wo muri Alijeriya wari uhagarariye umuyobozi wa KICD yavuze ku buryo Afurika ihura n’ibibazo by’ihohoterwa ku bagore n’abana maze agira ati:” Nizeyeko mu ntangiro z’umwaka utaha , azaba ari igihe cyiza cyo gushyira mu bikorwa imyanzuro y’iyi nama,…kandi icyangombwa ni uko urubyiruko , rurebwa cyane n’ibi bibazo, ari na rwo ruri imbere mu kurirwanya.”

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana we yagize ati:”Iri huriro ryo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana ni irya mbere kuri uru rwego kandi ni urundi rubuga rw’ Abanyafurika bashinzwe umutekano.Imbaraga zacu zihurijwe hamwe ni umusingi wo kurandura iki kibazo ku mugabane wacu, ababikora bagashyikirizwa ubutabera kandi abahohotewe bagafashwa gusubira mu muryango.”

Yagarutse kandi ku byagezweho na KICD kuva igihe yatangiriye mu myaka itandatu ishize aho yagize ati:” Hakozwe imyitozo myinshi yo gukumira no kurwanya ihohoterwa, handitswe byinshi ku ngamba zo kurirwanya, n‘ibindi byinshi.”

Ku birebana n’iyi nama, IGP Gasana yavuze ko yizeye ko intumwa zitandukanye zayitabiriye zizagera ku myanzuro ihamye izafasha ikigo cyatashywe gukorana neza n’inzego zishinzwe umutekano zikazabasha gukemura ibibazo biterwa n’ihohoterwa.

Muri iyi nama, hazagibwa impaka byimbitse ku ngamba nyazo zafatwa mu kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

-4862.jpg

-4861.jpg

-4860.jpg

-4859.jpg

-4858.jpg

Photos: RNP

2016-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zanyomoje umuryango wa Paul Rusesabagina, uvuga ko afashwe nabi muri gereza ya Mageragere.

Ubwanditsi 10 Jun 2021
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda
Amakuru

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere
HIRYA NO HINO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0
Amakuru

Imvura nyinshi yabujije umukino w’ikirarane wa APR FC na Mukura VS gukomeza, Ikipe y’ingabo yari imaze gutsindwa 1-0

Ubwanditsi 31 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru