• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Editorial 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Kuva kuwa 18 Ukuboza, Perezida Kabila araye ari busoze manda ye ya kabiri, imvururu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zimaze guhitana abantu 31, hakomereka benshi ndetse abandi basaga 270 barafatwa barafungwa.

Nubwo harimo kunyuranya hagati y’Umuryango w’Abibumbye n’abategetsi ba RDC ku mibare y’abamaze kugwa muri izo mvururu, Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza, Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryatangaje ko mu Mujyi wa Kinshasa honyine hamaze gupfa abantu 19 bishwe barashwe.

Mu mugoroba w’uwo munsi, Umuvugizi wa RDC, Lambert Mende yatangaje ko bababajwe n’icyo gikorwa cy’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu, “ryiha gutangaza ibyo ritahagazeho, rigatanga imibare igamije gushyusha abantu imitwe kandi ihabanye n’iyatanzwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu” .

Icyakora, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mugoroba w’uyu wa Gatatu , Umuvugizi wa Polisi y’icyo gihugu, Col. Pierre Rombaut Mwanamputu Empung yatangaje ko hamaze gupfa abantu 31 mu gihugu hose kuva kuwa 18 kugeza kuwa 21 Ukuboza.

Bitandukanye n’ibyatangajwe na Loni, Polisi ya RDC itangaza ko mu Mujyi wa Kinshasa hamaze gupfa abantu 9 gusa, bishwe n’amasasu yayobye nk’uko akomeza abivuga, anongeraho ko ibiro umunani bya Polisi byasahuwe bikanasakamburwa muri uwo mujyi.

Yongeyeho kandi ko imodoka 34 za sosiyete Transco itwara abantu zimaze gutwikwa.

Mu yindi mijyi hapfuye abantu 22, barimo batanu biciwe muri Congo Central mu Burengerazuba bw’icyo gihugu, aho batatu biciwe mu Mujyi wa Matadi abandi babiri bakicirwa i Boma.

Umuvugizi wa Polisi yanagarutse ku gitero cyagabwe kuri gereza ya Butembo kuwa Mbere tariki ya 19 Ukuboza, cyahitanye abantu icyenda barimo batanu mu bari bakigabye, Umupolisi umwe, Umusirikare wa Loni ukomoka muri Afurika y’epfo wari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, umusirikare wa Leta umwe ndetse n’umusivili.

Mu Mujyi wa Lubumbashi, Umurwa mukuru w’Intara ya Katanga, hamaze kugwa abantu umunani ndetse n’imitungo myinshi imaze kuhatikirira, ahatwitswe isoko rya Katuba, imodoka n’ahacururizwa ibikomoka kuri Peteroli, ingoro z’inkiko, ibiro bya Komine, ibiro bya Polisi n’ibindi.

Mu gihugu hose hamaze gutabwa muri yombi abantu 275 bashinjwa kudakunda igihugu, Umuvugizi wa Polisi akongeraho ko hakajijwe umutekano cyane muri iyi minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Imvururu muri RDC zishingiye ku kutabona kimwe ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Perezida Kabila nyuma y’uko asoje manda ye ya Kabili kuwa 19 Ukuboza.

Ibyo byiyongeraho intugunda hagati ya Leta n’abatavuga rumwe na yo, zishingiye ku ngengabihe y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe kuzaba muri Mata 2018 mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo bavuga ko atagomba kurenza umwaka wa 2017 atabaye.

-5128.jpg

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu ntabwo ivugwaho rumwe

2016-12-22
Editorial

IZINDI NKURU

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Dufite inshingano itari iyo kurwanya ibyaha gusa, ahubwo no kubitsinda- Minisitiri Busingye

Editorial 04 Apr 2017
“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

“Ndabasaba  gufata neza ibikoresho muhawe no kubikoresha neza kugira ngo mwiteze imbere” Busingye.

Editorial 23 May 2018
Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Uwahoze akuriye iperereza muri FDLR yatangaje ko gutera ingabo z’u Rwanda ari ukwiyahura

Editorial 11 Mar 2023
Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Chaka Chaka anyotewe no kumenya byinshi ku muziki wo mu Rwanda

Editorial 06 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo
HIRYA NO HINO

Uganda: Urukiko rwategetse ko Gen Tumukunde ushinjwa ubugambanyi afungwa by’agateganyo

Editorial 18 Mar 2020
Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Editorial 07 Jan 2018
‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina
HIRYA NO HINO

‘Nymphomanie’, indwara ituma umuntu adahaga imibonano mpuzabitsina

Editorial 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru