• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Ubwanditsi 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Kuva kuwa 18 Ukuboza, Perezida Kabila araye ari busoze manda ye ya kabiri, imvururu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zimaze guhitana abantu 31, hakomereka benshi ndetse abandi basaga 270 barafatwa barafungwa.

Nubwo harimo kunyuranya hagati y’Umuryango w’Abibumbye n’abategetsi ba RDC ku mibare y’abamaze kugwa muri izo mvururu, Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza, Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryatangaje ko mu Mujyi wa Kinshasa honyine hamaze gupfa abantu 19 bishwe barashwe.

Mu mugoroba w’uwo munsi, Umuvugizi wa RDC, Lambert Mende yatangaje ko bababajwe n’icyo gikorwa cy’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu, “ryiha gutangaza ibyo ritahagazeho, rigatanga imibare igamije gushyusha abantu imitwe kandi ihabanye n’iyatanzwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu” .

Icyakora, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mugoroba w’uyu wa Gatatu , Umuvugizi wa Polisi y’icyo gihugu, Col. Pierre Rombaut Mwanamputu Empung yatangaje ko hamaze gupfa abantu 31 mu gihugu hose kuva kuwa 18 kugeza kuwa 21 Ukuboza.

Bitandukanye n’ibyatangajwe na Loni, Polisi ya RDC itangaza ko mu Mujyi wa Kinshasa hamaze gupfa abantu 9 gusa, bishwe n’amasasu yayobye nk’uko akomeza abivuga, anongeraho ko ibiro umunani bya Polisi byasahuwe bikanasakamburwa muri uwo mujyi.

Yongeyeho kandi ko imodoka 34 za sosiyete Transco itwara abantu zimaze gutwikwa.

Mu yindi mijyi hapfuye abantu 22, barimo batanu biciwe muri Congo Central mu Burengerazuba bw’icyo gihugu, aho batatu biciwe mu Mujyi wa Matadi abandi babiri bakicirwa i Boma.

Umuvugizi wa Polisi yanagarutse ku gitero cyagabwe kuri gereza ya Butembo kuwa Mbere tariki ya 19 Ukuboza, cyahitanye abantu icyenda barimo batanu mu bari bakigabye, Umupolisi umwe, Umusirikare wa Loni ukomoka muri Afurika y’epfo wari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, umusirikare wa Leta umwe ndetse n’umusivili.

Mu Mujyi wa Lubumbashi, Umurwa mukuru w’Intara ya Katanga, hamaze kugwa abantu umunani ndetse n’imitungo myinshi imaze kuhatikirira, ahatwitswe isoko rya Katuba, imodoka n’ahacururizwa ibikomoka kuri Peteroli, ingoro z’inkiko, ibiro bya Komine, ibiro bya Polisi n’ibindi.

Mu gihugu hose hamaze gutabwa muri yombi abantu 275 bashinjwa kudakunda igihugu, Umuvugizi wa Polisi akongeraho ko hakajijwe umutekano cyane muri iyi minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Imvururu muri RDC zishingiye ku kutabona kimwe ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Perezida Kabila nyuma y’uko asoje manda ye ya Kabili kuwa 19 Ukuboza.

Ibyo byiyongeraho intugunda hagati ya Leta n’abatavuga rumwe na yo, zishingiye ku ngengabihe y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe kuzaba muri Mata 2018 mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo bavuga ko atagomba kurenza umwaka wa 2017 atabaye.

-5128.jpg

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu ntabwo ivugwaho rumwe

2016-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe  yitaba Imana

Gicumbi: Yagwiriwe n’ikirombe yitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya  birabona umugabo bigasiba undi

Kibeho: Amacumbi n’ibyo kurya birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 14 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Amakuru

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)
INKURU NYAMUKURU

Paul Kagame, ari mu Misiri mu nama ya kabiri yiga ku bucuruzi muri Afurika(Africa 2017)

Ubwanditsi 07 Dec 2017
MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.
POLITIKI

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru