• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki bitwako batavuga rumwe na Leta y’u Rwanda bakomeje gutangaza ko 2017, baziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, ariko abasesengura imvugo zabo muri ikigihe bavuga ko zirimo uburyarya no kwivuguruza.

Frank Habineza, Umuyobozi mukuru w’ishyaka rya Green Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda aheruka gushimira umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame ndetse yishimiye ugutumirwa mu mushyikirano avuga ko yiteguye gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Atanga igitekerezo mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Frank Habineza, yagize ati “Ndabashimira ko mwabashije kuduhesha agaciro nk’Abanyarwanda …Nkiri mu gihugu cya Uganda numvaga ko kuba Umunyarwanda ari icyaha. Ariko turabashimira nyakubahwa perezida wa Repubulika kuko twabashije kubona agaciro n’ishema ryo kuba Umunyarwanda”.

Yongeyeho ati “Ikindi mbashimira ni uko mwemeye ibitekerezo binyuranye ku Banyarwanda bose”.

-5152.jpg

Frank Habineza

Frank Habineza kandi yavuze ko nk’Umunyapolitiki yemeye kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no kubikangurira Abanyapolitiki muri rusange n’Abanyarwanda bose.

Ukwivuguruza

Dr Frank Habineza , Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije yavuze ko kuba abaturage bafata ibyakozwe byose bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi atari byo, ko kandi nabo bagize amahirwe yo kujya kuri uwo mwanya ngo bakora ibirenzeho.

Ibi Frank Habineza yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yo kwemezwa n’inama ya biro politiki y’iryo shyaka nk’umukandida waryo mu matora ya Perezida wa Repubuika ateganyijwe umwaka utaha.

Uyu muyobozi yabajijwe aho abona ishyaka rye rizapfumurira n’icyizere cyo gutsinda mu gihe abaturage bashima ishyaka riri ku butegetsi FPR INKOTANYI kubw’ibyiza ryabagejejeho, cyane cyane gahunda zo kwivana mu bukene zirimo VUP, Girinka n’izindi.

Dr Habineza yavuze ko hari abayobozi basobanurira abaturage nabi, bagafata ibyakozwe na Leta bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi kandi byagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose n’amashyaka atari ku butegetsi arimo.

Yagize ati “Izo nka uzajye umenya ko atari inka FPR yatanze.Inka zatanzwe na Leta y’u Rwanda.Leta y’u Rwanda nanjye ndimo, nawe urimo nkuko utanga umusoro nanjye ntanga umusoro.Imisoro yacu niyo bakoresheje MINAGRI irazigura kuri budget ya Leta.”

Yakomeje agira ati “Nuko ari bantu bagenda gutya bakibihindura, uzabaze niba FPR yarafashe mu mufuka wayo ikajya kuzigura.Nusanga aribyo uzandege.Ibyo ntabwo ari ibintu byadukanga.Iyo Leta nanjye nyiyoboye naha inzungu eshanu buri muntu.”

Gahunda ya Girinka yatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka wa 2006, ifite gahunda yo guteza imbere abaturage no kurwanya imirire mibi.

Muri Werurwe uyu mwaka Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi cyatangaje ko inka zimaze gutangwa ari ibihumbi 220, bikaba byitezwe ko umwaka wa 2017 uzarangira inka ibihumbi 350 zimaze gutangwa.

Ishyaka Green Party rivuga ko ryiteguye gutsinda mu matora ngo kuko rifite abayoboke barenga miliyoni mu gihugu kandi rikaba ryiteze no kuzajya kwiyamamaza rigaragaza imigabo n’imigambi yaryo.

-5151.jpg

Thomas Nahimana

Padiri Nahimana Thomas avuga ko arwanya ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame, yemera ibikorwa byinshi by’indashyikirwa yagejeje ku banyarwanda, kandi ibi arabimushimira cyane. Aha yagize ati: “Perezida Kagame nk’umukuru w’igihugu hari ibikorwa bikomeye nanjye nshima. Iyo ni inshingano ye, iyo atabikora nibwo hari kuba hari ikibazo. Ariko ikiruta byose nshima Perezida Kagame, ni uko u Rwanda ubu rutameze nka Siriya, rukaba atari igihugu kivogerwa n’ubonetse wese.”

Umwanditsi wacu

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Ubwanditsi 13 Jul 2018
U Rwanda na Uganda bisubiye mu biganiro

U Rwanda na Uganda bisubiye mu biganiro

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Besigye yahakanye ibyo guhura na Perezida Kagame, anavuga ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 18 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC
Mu Mahanga

Habyarimana Innocent yagizwe kapiteni wa Police FC

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ku hazaza h’imishinga u Rwanda ruhuriyeho n’ibindi bihugu

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano
Amakuru

Kiyovu SC yatandukanye n’abatoza bungirije barimo Banamwana ndetse n’abakinnyi 15 biganjemo abasozaga amasezerano

Ubwanditsi 24 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru