• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko Rukuru rwa Kampala mu gihugu cya Uganda ejo (kuwa Kabiri tariki 10 Mutarama 2017) rwategetse ko Polisi ikomeza gufunga Umunyarwandakazi Cynthia Munwangari kubera icyaha akurikiranyweho cy’ubwicanyi.

Munwangari, w’imyaka 26, avuka kuri se w’Umurundi na nyina w’Umunyarwandakazi. Yari asanzwe akorera ibijyanye no kumurika imideli cyane cyane mu Burundi, mu Rwanda no muri Uganda aho ubu afungiwe.

Afunzwe azira ko we n’umusore bakundana Mathew Kanyamunyu, baba bararashe uwitwa Kenneth Akena kuwa Gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.

Munwangari ujya ukunda kuba no mu Rwanda, afungiwe muri ‘Jinja Road Police Station’, afunganywe na Matthew Kanyamunyu, w’imyaka 39, na Kanyamunyu Joseph w’imyaka 40.

Uko byagenze…

Uru rupfu rwabaye ubwo Kenneth Watmon Akena, usanzwe ukora mu ntara yavaga mu modoka ye ahitwa Lugogo ajya gusaba imbabazi umucuruzi w’umukire Mathew Kanyamunyu, nk’uko ibinyamakuru byo muri Uganda, birimo Daily Monitor bibivuga.

Bivugwa ko Akena ubwo yari ari guparika imodoka ye yagonze imodoka ya Kanyamunyu yari inarimo Munwangari nuko ahita asohoka ajya gusaba imbabazi.

-5341.jpg

Cynthia Munwangari

Mu kumugera imbere, Kanyamunyu asa n’umanura ibirahuri nk’ugiye kumva ibyo Akena amubwira hahita humvikana amasasu abiri harimo rimwe ryarashe Akena mu gituza ahita apfa.

Gusa mbere y’uko Akena apfa ajyanywe kwa muganga, mu bitaro bya Novik Hospital, we yavuze ko yarashwe na Mathew Kanyamunyu.

Ku rundi ruhande, Joseph Kanyamunyu, uvukana na Mathew Kanyamunyu we yatangaje ko Akena yaba yararashwe n’abahigaga Cynthia Munwangari, akavuga ko Munwangari ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Burundi, ko yahigwaga.

Gusa uyu Joseph Kanyamunyu nawe yaje guhita afatwa arafungwa, kuko mu iperereza hagaragajwe ko ari mu bahise bavugana na Kanyamunyu Akena akimara kwicwa, ku buryo bikekwa ko yaba hari byinshi azi ku byabaye.

Urukiko…

Mu gufata uyu mwanzuro, Umucamanza Elizabeth Kabanda yagaragaje ko nubwo Kanyamunyu Mathew yerekanye ko afite iwe aho atuye muri Butabika LC1 batabashije gutanga ibisobanura byemeza urukiko.

-5340.jpg

Mu rukiko Matthew Kanyamunyu ukundana na Munwangari Cynthia

-5338.jpg

Matthew Kanyamunyu

Urukiko Rukuru rwagaragaje ko nta kindi kimenyetso kidasanzwe aba bagaragaje cyatuma amategeko ya Uganda abemerera gufungurwa, nk’iyo wenda baza kuba bafite uburwayi bukomeye, cyangwa se bakuze cyane.

Umushinjacyaha wa Leta ya Uganda witwa Samalie Wakooli we yaherukaga kugaragaza ko urukiko rudakwiye gufungura Munwangari kandi adafite ubwenegihugu bwa Uganda; akaba yahabaga gusa agendeye ku ruhushya rwo kuhakorera.

Aha niho nawe yari yasabye ko aba baregwa baba bafunzwe hagakorwa iperereza ryimbitse.

Amategeko ahana yo mu gihugu cya Uganda, mu ngingo zayo za 188 na 189 agaragaza ko abaregwa baramutse bahamijwe icyaha cy’ubwicanyi bashobora gufungwa igihano cya burundu.

Cynthia Munwangari n’abo bafunganywe bahise basubizwa muri Gereza ya Ruzira ngo hakomeze gukorwa iperereza ryimbitse.

Biteganijwe ko bazasubira imbere y’urukiko kuwa 17 Mutarama 2017.

Munwangari…

Cynthia Munwangari ari mu bakobwa batangije iserukiramuco ngarukamwaka ry’Imideli mu Burundi rya Bujumbura Fashion Week.

Munwangari wavutse tariki 8 Nzeri 1990, afite inzu ye ya Cy’Mun Collection label imurika imideli.

Ni umwana wa gatatu mu muryango w’abana bane barimo abahungu babiri n’abakobwa babiri. Ubuzima bwe hafi ya bwose yabumaze cyane cyane mu Burundi, ahiga amashuri arangiza muri Kaminuza ya Hope Africa University mu Burundi yize ibijyanye n’ubujyanama bw’imyitwarire ya muntu.

Yabyaye akiri muto, aho ubu afite umwana w’umuhungu w’imyaka umunani yabyaranye n’umugabo we wa mbere bashyingiranywe ariko bakaza gutandukana mbere y’uko akundana na Kanyamunyu.

-5339.jpg

Munwangari afitanye isano rya hafi na Hafsa Mossi, Umudepite wari uhagarariye u Burundi mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) uheruka kwitaba Imana yishwe n’abantu bataramenyekana.

Source: Izubarirashe

2017-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora
POLITIKI

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Ubwanditsi 13 Jan 2019
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw
UBUKUNGU

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018
AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe
Amakuru

AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe

RUSHYASHYA 07 Jul 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru