• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Muri DRC Kiliziya Gatulika yakoze ibyananiye AU

Ubwanditsi 13 Jan 2017 Mu Rwanda

Kiliziya gaturika muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) yakoze akazi gakomeye cyane ngo uyu mwaka wa 2017 utangire amaraso menshi atarimo ameneka, ariko uko bigaragara n’uko inzira ikiri ndende !

Umwaka wa 2017 ujya kurangira impungenge zari zose yuko ubwicanyi bukomeye bugiye kwaduka muri icyo gihugu, dore yuko bwari bwaramaze no gutangira aho imibare igaragaza yuko abantu batari hasi y’i 100 bari bamaze kwicwa n’abandi babarirwa mu Magana barajugunywe mu munyururu bashinjwa kuba aribo batezaga imvururu zatumye n’imitungo myinshi isahurwa indi ikangizwa !

-5372.jpg

Perezida wa Congo Joseph Kabila

Intandaro z’izo mvururu zakomokaga k’ukuri k’uko abatavuga rumwe na leta batabonaga aho igihugu cyaganaga nyuma ya Joseph Kabila kurangiza manda ye ya kabiri ari nayo yagombaga kuba iya nyuma, tariki 19 z’ukwezi gushize.

Abatavuga rumwe na leta bavugaga yuko iyo tariki ya 19 nigera Kabila nta rekure ubutegetsi bari gutangiza imyigaragambyo ihoraho mpaka aburekuye. Ibi byakomeje gutera impungenge zuko imirwano nya mirwano muri icyo gihugu yashoboraga gutangirana n’uyu mwaka.

-5371.jpg

Edem Kodjo wari warashyizweho n’umuryango wa Afurika y’unze ubumwe (AU)

Izo mpungenge kandi zari zifite ishingiro kuko Edem Kodjo wari warashyizweho n’umuryango wa Afurika y’unze ubumwe (AU) ngo ahuze impande zitavuga rumwe muri DRC wabonaga byaramunaniye, cyane yuko abatavuga rumwe na leta batamwiyumvagamo.

Aho DRC yerekezaga hari hateye ubwoba ariko kiliziya gaturika muri icyo gihugu iza kubyifatamo kigabo. Umuyobozi w’inama y’abasenyeri (CENCO), Marcel Utembi, yafashe akazi k’ubuhuza hagati ya leta n’abatavuga rumwe nayo birangira hafashwe icyemezo gituma muri icyo gihugu hadatemba imivu y’amaraso.

Muri iyo mishyikirano yayobowe na kiliziya gatulika hemeranyijwe yuko amatora ya pereizida wa Repubulika muri DRC azaba mu mpera z’uyu mwaka aho kuba mu kwa kane umwaka utaha nk’uko ubutegetsi bwa Kabila, mu buhuza bwa Edem Kodjo, bwabiteganyaga !

Nubwo iyi mishyikirano yayobowe na Kiliziya Gatulika, kuva taliki ya 8 z’ugushize ku geza mu mpera zako, iramiye igihugu kujya mu bwicanyi bukomeye, ariko inzira iracyari ndende kuko hari byinshi byakuririrwaho bigatuma imvururu zongera kwaduka.

-5370.jpg

Umuyobozi w’inama y’abasenyeri (CENCO), Marcel Utembi

Icya mbere n’uko ayo masezerano ateganya yuko amatora azakorwa mu mpera z’uyu mwaka ariko itariki nyayo ikaba itarumvikanyweho. Bamwe muri opozisiyo batangiye kuvuga yuko iyo tariki bashaka kuyimenya. Icya kabiri n’uko abo bo muri opozisiyo batangiye gusaba yuko Kabila yakwemera ku mugaragaro yuko atazongera guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu.

Abari ku butegetsi bo bavuga yuko mbere y’ayo matora hagomba kuzabaho referandumu, abatavuga rumwe nayo bakibaza icyo iyo referandumu izaba ishaka kugeraho, kandi bakomeje kunangira yuko Kabila agomba kujyana n’uwo mwaka, bita uw’ubusa, yongereweho.

Ikindi kibazo kitagomba kwirengagizwa ni icyatumye ubutegetsi Kinshasa budatumiza amatora mu gihe yari ategenyijwe mu ntangiriro z’ukwezi gushize. Leta yasubitse ayo matora ivuga yuko nta rutonde nyarwo rw’abagomba gutora rwari ruhari nk’uko nta n’amafaranga yo gukoreshwa muri ayo matora yari kuba yabonetse. Leta ikavuga yuko ibyo byombi bitari gushoboka kuba byabonentse mbere y’ukwa kane 2018. Ibi rero bishobora gutuma amatora yongera gusubikwa, ibibazo bigasubira hahandi !

-5369.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Congo Samy Badibanga

Ikibazo ubu gikomeye ni ikijyanye na guverinoma y’inzibacyuho yayobora icyo gihugu kugera ku matora. Mu inzibavyuho yari yavuye muri yamishyikirano yari iyobowe na Kodjo, hari hashyizweho Samy Badibanga ku mwanya w’aminisitiri w’intebe nubwo bamwe bari biteze yuko yakabaye Vital Kamerhe. Badibanga rero agomba kuvaho, Minisitiri w’intebe akava mu mashyaka ya opozisiyo yibumbiye muri Rassemblement. Kabila avuga yuko ayo mashyaka yamushyikiriza amazina menshi agahitamo rimwe, nabo bakavuga yuko bagomba kumwoherereza rimwe gusa akaba ariwe ugirwa Minisitiri w’intebe !

Casmiry Kayumba

2017-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

[AMAFOTO]: Ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda: Hafi ibihumbi ijana by’abanyeshuri bigishijwe uburyo bwemewe bwo kuwugendamo

Ubwanditsi 31 May 2017
Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano
Mu Mahanga

Imyanzuro y’inama ya 14 y’igihugu y’Umushyikirano

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko
INKURU NYAMUKURU

Misiri: Perezida Kagame mu bazayobora inama ku kwihangira imirimo mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti  rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu
Mu Mahanga

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Ubwanditsi 25 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru