• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Editorial 14 Jan 2017 ITOHOZA

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside mu Rwanda (CNLG) Iherutse kubwira Abasenateri ko hari abantu usanga barakatiwe n’Inkiko Gacaca, badafunzwe, usanga bari imbere mu gihugu.

Ubwo Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza mu Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, yasesenguraga raporo ya CNLG y’umwaka wa 2015/2016, inareba iteganyabikorwa ryayo rya 2016/2017; yasabye ko hagira igikorwa bagakurikiranwa, dore ko ngo usanga baratuye utabatandukanya n’abandi cyangwa biyita ko bagiye gupagasa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene , yanavuze ko mu makuru bagiye bahabwa n’uturere byagaragaye ko abo bantu bakunze no guteza umutekano muke aho baba barimukiye.

Byongeye ngo bava mu karere kamwe bakanjya mu kandi, kandi nyamara bashakishwa n’inzego z’ubushinjacyaha. Bityo Dr Bizimana abwira abasenateri ko ari ibyo kwitabwaho.

Yagize ati “Mwazabiganiraho mukareba icyakorwa kuko usanga niba abantu barakoreye Jenoside mu turere twa Nyanza, Ruhango, Nyaruguru, Muhanga, Musanze bahungira mu turere twa Gatsibo na Nyagatare bajya kwishakirayo amasambu, baragenda bagatura nk’abandi baturage bibera aho ngaho, iyo bamenyeko bari gushakishwa barambuka bakigira muri Uganda, kandi tuganira n’abayobozi b’Akarere ka Gatsibo batubwiye ko usanga abo bantu bitwa abimukira ari bo usanga bateza umutekano muke kubera n’urwo ruhare baba baragize muri Jenoside.”

Senateri Kalimba Zephrin umwe mu bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza muri Sena yunze mu rya Bizimana avuga ko hagakwiye kugira igikorwa, gusa avuga ko hakwiye kubaho ubufatanye hagati ya CNLG n’uturere kugira ngo abo bantu babashe gukurikiranwa .

Yagize ati “ Ese mukorana mute n’uturere kugira ngo mubashe gufata abo bantu usanga bihisha hirya no hino mu gihugu?”

Nubwo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG avuga ko batazi neza umubare w’abamaze gutoroka, avuga ko amakuru bahabwa n’abantu batandunye bababwira ko abashakishwaga hari aho bababonye.

Dr Bizimana yagize ati “Hari igihe uganira n’umuturage akakubwira ati wa muntu mwakatiye muri Gacaca, yibereye Nyagatare, yibereye i Gatsibo, aratuye ameze neza, abantu bamufata nk’umuturage usanzwe.”

Muri iyo raporo y’ibikorwa CNLG yanagaragaje aho gahunda yo kubika Dosiye za Gacaca mu buryo bw’ikoranabuhanga zigeze, avuga ko kugeza ubu izigera kuri miliyoni 10 zamaze kubikwa, mu gihe bateganya ko bitarenze mu mwaka wa 2018 izigera kuri miliyoni 60 zigomba kubikwa zose zizaba zararangiye.

-5386.jpg

Dr. Bizimana JD

2017-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Perezida Kenyatta yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda

Editorial 11 Mar 2019
Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Editorial 14 Sep 2017
Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Kisoro: Hafatiwe imbunda 11, abandi Banyarwanda 20 barirukanwa

Editorial 08 Jan 2018
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Editorial 03 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi
HIRYA NO HINO

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Editorial 21 Nov 2019
Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi
Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda n’icya Tanzania mu nzira zo gukaza ubufatanye mu by’ubwirinzi

Editorial 19 Apr 2018
Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Editorial 12 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru