• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Editorial 28 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika cyitezweho gufasha Afurika kugera ku byo yifuza ndetse no gukora ubuvugizi.

Uyu muhango wabereye muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mutarama 2017 ahateraniye abafatanyabikorwa banyuranye baharanira iterambere rya Afurika.

Umukuru w’Igihugu avuga ko nk’Abanyafurika, uyu ari umanya wo gushyira mu ngiro ibyiza bifuza kugeraho, bibafasha mu gukemura ibibazo bafite.

Yagize ati “Iki kigo, kizakora ubuvugizi no guhuza ibikorwa. Kizanafasha kugera ku byo twifuza, ni wo musaruro tugitezeho. Ibikorwa byose dukora bigomba kuba bihindura mu buryo buteza imbere abaturage bacu, cyane cyane ababikeneye kuruta abandi.”

Yakomeje avuga ko ibyo babona biba hirya no hino, bibiigisha ko buri gihugu kigira imbaraga ariko kandi kigira ibyo kitihagijemo.

Yunzemo ati “Twese dufite uruhare kandi ikiruta byose ni ubufatanye no gukorera hamwe ngo dutere imbere. Kugira ngo tugere ku Ntego z’Iterambere Rirambye, abikorera, abagiraneza, za Leta n’abatuye isi bose bagomba gufatanya.”

Umuherwe wo muri Nigeria, Aliko Dangote yavuze ko ahura kenshi na Perezida Kagame ndetse akanyurwa cyane n’uburyo afite intego ihamye mu miyoborere ndetse agashima kurushaho icyerekezo cye.

-5532.jpg

Perezida Paul Kagame

Source: Izubarirashe

2017-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Jan 2016
Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ban Ki moon yasabye ibihugu guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Editorial 07 Apr 2016
Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda yasuye Polisi y’u Rwanda

Editorial 09 Sep 2016
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Administrator 26 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba
ITOHOZA

Rudasingwa akomeje guterana amagambo na Kayumba

Editorial 27 Jan 2017
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC
IMIKINO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Editorial 08 Mar 2018
Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan
POLITIKI

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Editorial 20 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru