• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Bimwe mu bimenyetso byerekana ko Isi igiye kwinjira mu ntambara izahitana imbaga

Ubwanditsi 04 Feb 2017 ITOHOZA

-5585.jpg

Perezida Donald Trump

Mu gihe abantu benshi barimo kubona ko impinduka zirimo kubera ku isi zibangamiye ubuzima bwabo, ninako abakagize uruhare kugira ngo harebwe uko umutekano wagaruka ku Isi barushaho gutuma ibintu birushaho kuba bibi.

Ibi rero byagaragariye mu nyandiko yasinywe na perezida Donald Trump ubwo yasabaga abayobozi b’ingabo muri Amerika ko mu gihe kitarenze iminsi 30 bagomba kuba bamugejejeho gahunda ihamye yerekana uko iki gihugu cyakongera kuba igihangage kitisukirwa mu gisirikare.

Trump yashimangiye ko ibindi bihugu bimaze gutera intambwe ikomeye mu gucura ibitwaro bya kirimbuzi, ngo none igisirikare cyabo kimaze gutambukwaho n’ibindi bihugu ngo rero kugira go Amerika yongere kuba igihagage bigomba guhera mu gisirikare nkuko yabiseszeranije abaturage be ubwo yiyamamazaga.

-5584.jpg

-5578.jpg

Ubwo Trump yasuraga bwa mbere Pentagon, yatangiye ababwira ko mubyo agomba gukora muri gahunda ze ko ntamwanya munini afite wo gutakaza murizo. Mubyihutirwa ngo kuri we, harimo kuvugurura igisirikare cy’Amerika kubera aho isi igeze.

Yasabye Umuyobozi Mukuru w’Ingabo z’Amerika, Gen. James Mattis gukora gahunda yihutirwa yerekana uko Amerika yakora ibikoresho bya gisirikare bigezweho. Aha yavuze ko Amerika ikeneye indege, amato y’intambara n’ibindi bikoresho by’abasirikare byose bishya bijyanye n’iki kinyejana cya 21 kandi bidafite aho bihuriye n’ibikoreshwa mu gisirikare cyibindi bihugu.

-5586.jpg

Ingabo z’Amerika

Iyi nyandiko igizwe na paji 3 (dufite), inasaba ko ingengo y’imari yari gukoreshwa mu gisirikare muri uyu mwaka wa 2017 igomba guhita isubirwamo kubera ibikenewe gukorwa byihutirwa. Aha twavuga ko hatanzwe urugero nko kumafaranga yagombaga gutangwa kwisubirwamo ry’indege perezida w’Amerika agendamo Airforce One, amato ya gisirikare agendera munsi y’inyanja, n’indege z’intambara za F-35.

Yanashimangiye ko Amerika itari kumwanya iriho mu bijyanye n’intwaro za kirimbuz za nuclear, asaba ako kanama kazajyaho kwerekana uburyo bwakoreshwa kugira ngo Amerika igire intwaro nkizi zikomeye, zoroshye mu kuzikoresha ahantu hose, kandi zifite ikoranabuhanga ryo murwego rwo hejuru.

Muri iyi nyandiko yashyikirijwe abakuru b’ igisirikare bashinzwe gutegura iby’intambara Trump yabasabye kandi ko mu minsi 30 baba bamukoreye gahunda y’ukuntu barwanya umutwe w’intagondwa ISIS kandi ngo bakerekana ukuntu bazayitsinda bakayirandurana n’imizi yayo.

-5583.jpg

-5577.jpg

Aha rero benshi bakaba barahise bakuka umutima ko Amerika igiye kongera kohereza ingabo mu bihugu bitandukanye nka Syria, Irak, n’ibice bimwe byo muri Afurika kugira ngo bahangane n’imitwe itandukanye y’iterabwoba nka Daech. Kuri Trump ngo ubuhangage bw’Amerika buzajya bugaragarira mu bikorwa nk’ibi ngo igikenewe cyose kigomba kuboneka ngo bikorwe.

Aha Trump yashyize izi nzobere mu byagisirikare mu ihurizo ritoroshye kuko yabategetse ko bagomba kwerekana ingamba nshyashya zitandukanye nizo bari basanzwe bakoresha mu kurwanya intagondwa zikora iterabwoba, ikindi bagomba kwerekana ibindi bihugu bashobora gukorana nabyo ariko bifite ubushake kandi bikomeye mu gisirikare, hanyuma gukoresha uburyo bushobotse ngo bamenye aho izi ntagondwa zakuraga amafaranga bahahagarike.

Mugihe ibihugu bihanganye n ‘Amerika mu buhangage bwa gisirikare bwumvise ibi nabyo byatangiye gufata ingamba zikomeye. Ibi rero bikaba bigiye gutera irushanwa ryo gucura intwaro zishobora koreka imbaga y’abantu mugihe gito gishoboka, kandi hagati y’ibihugu by’ibihangage hazarushaho kuzamuka umwuka w’urwikekwe bityo umutekano w’isi uzarusheho kugerwa kumashyi.

-5579.jpg

-5580.jpg

-5581.jpg

-5582.jpg

Abantu bo bamenye ko ibi bitwaro bicurwa bishobra gukoreshwa isaha iyariyo yose, nubwo biteye ubwoba tugasa naho tubyirengagiza kubitekerezaho kubera ingaruka zabyo tugomba kumenya ko ikiremwamuntu gishobora kuba kirimo kwegera ibihe bibi kitigeze kunyuramo kuko abantu barimo guta ubumuntu cyane.

Ariko nanone, gahunda zo gucura ibitwaro bya kirimbuzi sibyo bizazana amahoro ku isi kuva ibihugu byinshi ariyo nzira byafashe kubera iterambere ry’ikoranabuhanga, nta mwihariko muri ubu busazi. Icyarutaho ni uko bakumvikana, bagashaka amahoro y’umutekano w’isi birambye, kuko ntayindi si bazahungiraho, ingaruka zizaba zimwe kubatuye isi imwe duhuriyeho, kandi niba bashaka gupfa hari abagikunze ubuzima.

Hakizimana Themistocle

2017-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Uganda: Ku ngoro y’inteko ishinga amategeko hagaragaye abantu bigaragambya bitwaje isanduku ishyingurwamo

Ubwanditsi 04 Jun 2018
Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 11 May 2016
Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi
ITOHOZA

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 7.7% mu gihembwe cya gatatu cya 2018

Ubwanditsi 13 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru