• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Feb 2017 ITOHOZA

Amakuru agera kuri Rushyashya.net aturuka ahantu hizewe, aravuga ko nyuma y’aho Perezida Museveni akubukiye murugendo rw’ibanga mu gihugu cy’Ubufaransa ,aya makuru atigeze ajya ahagaragara mu binyamakuru bya Uganda kugeza ubu.

Nyuma y’uru ruzinduko biravugwa ko Kijuru muri District ya Kibaale mu burengerazuba bwa Uganda, haba hari imyitozo y’abashaka gutera u Rwanda, ikorwa n’Ingabo z’ubufaransa. Iyi myitozo kandi biravugwa ko Leta ya Uganda yaba iyizi ariko ntigire icyo ibikoraho.

Ibi bibaye nyuma y’inama ya RNC-igice cya Kayumba Nyamwasa yabereye I Charleroi mu Bubiligi ariyo yavuyemo ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu Rwanda aho abantu bataramenyekana babyutse saa kumi nimwe bari kuri moto banyanyagiza za tract i Nyamirambo tapi-rouge, Kimisagara na Nyabugogo.

Hakurikiyeho indi nama yabereye I Dallas muri Amerika yakusanyirijwemo amafaranga yoguhemba bene abo bagizi banabi biganje mu bamotari batwara abagenzi haba mu Rwanda no muri Uganda. Iyi nama yari iyobowe n’umuteruzi w’ibibindi kwa Kayumba, Condo Gervais usanzwe uba Washington yarimo n’abarundi , Condo ufite Ingengabitekerezo ya CDR, akaba ari mubirirwa biruka bashakisha inkunga hirya no hino afatanyije n’umukiga witwa na Dr.Hakizimana Emmanuel umunyamabanga mukuru wa RNC.

Iyi nama yacuriwemo imigambi yo gukomeza gushaka bamwe mu rubyiruko bagahabwa iyi myitozo ibera mu mashyamba ya Uganda igamije guhungabanya umutekano mu Rwanda no gukoresha amafaranga menshi mu baturage biciye mu mashyirahamwe.

Iyi myitozo y’urubyiruko n’ igamije guhungabanya cyane cyane umutekano mu matora y’umukuru w’Igihugu ateganijwe mu Rwanda muri Kanama uyu mwaka.

-5603.jpg

Kayumba Nyamwasa RNC- ISHAJE

Bamwe muri uru rubyiruko bagiye bitabira iyi myitozo ya RNC-Kayumba ,ruturuka mu nkambi z’impunzi z’abanyarwanda muri Uganda, bagiye bahunga bava muri Kayonza, Nyagatare, Karangazi na Matimba, bavugako bahunze inzara” NZARAMBA” kandi ari amayeri, nyuma bagahura n’abayobozi babohereza ahitwa Kijuru muri District ya Kibaale mu burengerazuba bwa Uganda, mu nkambi ahasanzwe hakusanyirizwa uru rubyiruko rujyanwa mu myitozo.

-5602.jpg

Dr. Emmanuel Hakizimana umunyamabanga mukuru wa RNC-ISHAJE

-5764.jpg

Kayumba Nyamwasa na Museveni baba barasubiranye nyuma yaho bahujwe na Rujugiro

Ngiyo impamvu nyamukuru n’ intandaro y’amarenga, agamije gutera inkunga iyo mitwe y’abagizi banabi, aricyo gitumye umuherwe w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro Ayabatwa, agiye gushora imari mu bijyanye no guteza imbere ubuhinzi bw’itabi ahitwa Arua mu majyaruguru y’igihugu ya Uganda, aho ateganya gushora akayabo ka miliyoni 20 z’amadolari. Aya makuru akaba avuga ko Rujugiro ariwe waba warahuje Kayumba na Museveni mu Bufaransa, ariko kugeza ubu bikaba bikiri ibanga rikomeye.

-5765.jpg

Umunyemari Rujugiro Tribert

Uyu mushinga wa Rujugiro, muri Uganda ugizwe n’igice kimwe cya miliyoni 8 z’Amadolari azakoreshwa mu gushinga uruganda, miliyoni 10$ zijye muri gahunda zagenewe abahinzi, naho izindi miliyoni 2$ zishyirwe mu buhinzi bw’ibihingwa ngandurarugo no gufasha abaturage gukoresha neza no kubungabunga amashyamba ngo azabagirire akamaro.

Rujugiro yatangaje ko uruganda rwa MTC ruzakoresha ku ikubitiro abakozi 352 ndetse rugaha ubushobozi abahinzi bato 15,000 bazajya bagemurira uruganda. Abandi bakozi bagera ku 1,600 n’abakora utuzi duto nko gutwara ibintu bakazajya bongerwamo mu isizeni. Muri aba abiganjemo abajya gutata Leta y’u Rwanda.
Cyiza D.

2017-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Muri Amerika baragaragaza impamvu u Bufaransa bugomba kuba  bwaragize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA  hemezwe niba koko ari aba Ivan

Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA hemezwe niba koko ari aba Ivan

Ubwanditsi 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya
Amakuru

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.
Amakuru

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021
APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles
Amakuru

APR FC yakinaga umukino wa mbere wa Shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 yanganyije na Etincelles

Ubwanditsi 29 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru