• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Ubwanditsi 07 Feb 2017 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yasabye abanyenganda bo mu Rwanda ko bagomba guteza imbere ibihakorerwa bigenerwa abanyagihugu kandi bikabageraho ku giciro bibonamo ari byo ngo bizatuma igihugu gihangana n’amasoko yo hanze.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Gashyantare 2017 ubwo yasuraga ‘Special Economic Zone’, igice cy’Umujyi wa Kigali cyahariwe inganda.

Nyuma yo gusura inganda zitandukanye, Perezida Kagame, yaganirije abashoramari bafite ibikorwa muri iki cyanya cyahariwe inganda aharimo izigera kuri 32 zikora ndetse n’izirenga 20 zicyubakwa.

Yabashimiye akazi gakorerwa muri iki cyanya avuga ko izi nganda zigira uruhare mu guteza imbere u Rwanda, ariko abagaragariza ko urugendo rukiri rurerure nubwo hari intwambwe yatewe.

Perezida Kagame yagaragarije kandi aba bashoramari ko ari byiza kohereza ibicuruzwa mu mahanga, ariko ngo bagomba kubanza guhaza u Rwanda ndetse bagakorera Abanyarwanda ibidahenze.

Yagize ati “Ibikorerwa hano bigomba kubanza guhaza abari imbere mu gihugu hanyuma tugasagurira amasoko yo hanze. Guteza imbere iby’iwacu bigomba guhera ku bikorerwa hano bigenerwa Abanyarwanda mbere na mbere. Ibikorerwa hano bigomba kuba byiza kandi bikagurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo.”

Yunzemo ati “Tugomba gukora ibintu byiza, by’igiciro kidahanitse. Ibi bizatuma duhangana ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze. Ibikorerwa hano isoko ryabyo rya mbere ni Abanyarwanda hanyuma tukanapiganwa ku isoko mpuzamahanga.”

-5671.jpg

‘Special Economic Zone’ Kigali

Umukuru w’Igihugu aha yasobanuye ko kudakoresha ibyo mu Rwanda byiza ahubwo Abanyarwanda bakararikira iby’ahandi bibi biterwa ahanini no kutiha agaciro.

Leta ngo izakomeza gutunganya ibishoboka ariko ngo n’abikorera barasabwa gushyiraho akabo bakongera ibikorwa, aho Perezida Kagame avuga ko batazateshuka ku rugamba rwo guharanira ko ibyo mu Rwanda bitezwa imbere bihereye kuri bo ubwabo.

Yatanze urugero ku bikoresho by’ubwubatsi bikorerwa mu Rwanda aho yavuze ko u Rwanda rwakabaye rutakibikura hanze, asaba abatanga amasoko ya Leta ndetse n’abikorera ko bagomba guhera kuri ibi bikorerwa mu Rwanda avuga ko ari byiza.

Muri iki kiganiro yahaye abanyenganda, yabibukije ko ibikorerwa mu Rwanda biteza imbere ababikora ariko cyane cyane bibereyeho guteza imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.

-5680.jpg

Perezida Paul Kagame

-5681.jpg

Abanyenganda.

2017-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Ubwanditsi 28 Sep 2023
Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Ubwanditsi 04 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose
ITOHOZA

Byinshi Wamenya Ku Buzima Buhenze Gen Kayihura Abayemo Butapfa Kubona Imfungwa Ibonetse Yose

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila
HIRYA NO HINO

Loni igiye gutangiza iperereza ku mikoranire hagati ya M23 na Leta ya Kabila

Ubwanditsi 08 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru