• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Itorwa rya Perezida mushya muri Somalia ryerekanye uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora

Ubwanditsi 09 Feb 2017 POLITIKI

Ejo kuwa gatatu (8/2/2017) mu gihugu cya Somalia habaye amatora ya Perezida wa Repubulika arangira agaragaje uko abadepite b’icyo gihugu biyemeje gukora.

Henshi muri Somalia harangwa n’umutekano muke kubera abarwanyi ba Al Shabab bahora bagaba ibitero ku basirikare ba leta n’abubumwe bwa Afurika (AMISOM), ntabwo abaturage bose bashobora kugira uruhare mu itora rya Perezida wa Repubulika, ahubwo bakamutorerwa n’abagize inteko ishinga amategeko (abadepite) y’icyo gihugu.

Ayo matora yakozwe umunsi wose yabereye ku kibuga kinini cy’indege mu murwa mukuru, Mogadishu, harinzwe bikomeye n’ingabo za AMISOM zifashijwe n’ingabo za Somalia.

Abadepite bari bagize inteko itora bari 328, bagomba gutora umuntu umwe mu bakandida 23 bari biyamamaje. Mu itora rya mbere habuze uwegukana insinzi, hasigaramo abakandida bane barimo Perezida Hassan Sheiks Mohamud n’abandi babiri bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe n’undi umwe wigeze kuba Perezida w’igihugu. Abo bigeze kuba ba Minisitiri b’intebe ni Omar Abdirashid Ali Sharmarke (wari Minisitiri w’intebe muri guverunoma yariho mbere y’iryo tora) na Mohammed Abdullah Mohammed Farmaajo. Undi rero ni Shariiif Sheekh Ahmed, wigeze kuba umukuru w’igihugu.

Abo badepite 328 bari bagize inteko itora bongeye guterana ngo batore umwe muri abo bakandida bane, abe Perezida wa Somalia. Muri iryo tora rya kabiri, Mohammed Abdullahi Mohamed Farmajo yabonye amajwi 184, arushije Perezida Hassan Sheiks Muhamud amajwi 80. Uko niko Farmajo yegukanye umwanya wa Perezida w’igihugu cya Somalia, kuko uwo yari yarushije amajwi 80 atifuje yuko habaho incuro ya gatatu y’amatora kuko yabonaga yuko ntacyo byari guhindura !

-5709.jpg

Itorwa rya Farmaja atsinze Perezida Muhamud wariho ryagaragaje uko abadepite ba Somalia y’ubu biyemeje gukora. Ntabwo bajya bongera guha amajwi Perezida wari usanzweho ngo ashobore gutegeka manda ya kabiri. Iyi ni incuro ya gatatu ibi bibaye ! Kuva Somalia yabona ubwigenge mu 1960 imaze guhinduranya abakuru b’igihugu incuro 12, harimo kudeta ebyiri n’umwe wishwe !

Ku butegetsi bwa Perezida Siad Barre, Farmajo w’imyaka 55 y’amavuko yari umudiplomate muri ambasade ya Somalia muri Amerika. Ubutegetsi bwa Barre buhirimye mu 1991, Farmajo yasabye ubuhungiro muri icyo gihugu cya Amerika arabubona, nyuma aza no guhabwa ubwenegihugu bwa Amerika. Ubu ni Umusomali akaba n’umunyamerika !

Kayumba Casmiry

2017-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame
UBUKERARUGENDO

Kwanga gufungurirana ikirere muri Afurika ni ukureba hafi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30
Mu Mahanga

Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Umunyarwanda wari mu mikino ya Commonwealth yabeshye ko agiye kwihagarika aratoroka
IMIKINO

Umunyarwanda wari mu mikino ya Commonwealth yabeshye ko agiye kwihagarika aratoroka

Ubwanditsi 14 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru