• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Uyu munsi u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi

Ubwanditsi 14 Feb 2017 Mu Mahanga

Uyu munsi (tariki 14/02/2017) u Rwanda rurakora imihango yo kwibuka jenoside yakorewe Abayahudi mu 1945 nk’uko yanakorewe Abatutsi hano mu gihugu mu 1994, abasaga miliyoni bakahasiga ubuzima mu gihe kitarenze amezi atatu !

Iyo mihango y’uyu munsi yo kwibuka jenoside yakorewe Abayahudi basaga miliyoni esheshatu irabera hano mu mujyi wa Kigali ikaba yarateguwe ku bufatanye hagati ya Ambasade ya Israeil mu Rwanda, ambasade ya LONI mu Rwanda (UN Rwanda) hamwe n’urwibutso rwa jenoside rwa Kigali, nk’uko tubikesha itangazo ry’ubuyobozi bwa Kigali Genocide Memorial ryohererejwe Rushyashya.

Iyi mihango yo kwibuka jenoside y’Abayahudi irabera ku rwibutso rwa jenoside rwa Kigali. Umuyobozi w’uru rwibutso, Honore Gatera, akavuga yuko bibateye ishema kwakira iyo mihango yo kwibuka jenoside yakorewe Abayahudi kuko bibafasha mu gusakaza ubutumwa bwa leta y’u Rwanda bw’uko jenoside itagomba kuzongera kubaho ukundi !

Iryo Tangazo ry’urwibutso rwa jenoside ya Kigali rinavuga kandi yuko muri iyo mihango Professor Daniel Gold wacitse ku icumu ry’iyo jenoside yakorewe Abayahudi (Jews) atanga ubuhamya bw’uko yacitse ku icumu ry’iyo jenoside bakorerwaga n’Abadage (Germany) b’aba NAZI n’uko byari byifashe aho yari atuye muri Lithuania, kimwe n’ukuntu yaje kubaka ubuzima bushya !

Nk’uko abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi hano mu Rwanda ahanini babikesha icyahoze ari ingabo za RPF-Inkotanyi, benshi mu Bayahudi bacitse ku icumu babikesha icyari ingabo z’aba Soviet zagize uruhare rukomeye cyane mu guhirika ubutegetsi bw’Aba NAZI mu Budage. Izo ngabo z’aba NAZI zari zarigaruriye igice kinini cy’ibihugu by’Ubulayi, harimo n’Ubufaransa zashoboye gufata bibatwaye amasaha make cyane !

Igikorwa gikomeye izo ngabo zahoze ari iz’aba Soviet (USSR) cyari icyari icyo kubohoza ibohero ( Concetration Camp) ryarimo Abayahudi benshi, bari bategereje kwicwa n’abo ba NAZI. Iryo bohero ryitwaga Auschwitz ryari muri Poland, aba Soviet bakaba bararibohoje tariki 27 Mutarama 1945.

-5738.jpg

Muri rusange iyo jenoside ( Holocaust) yakozwe n’aba NAZI mu ntambara ya kabiri y’isi, yakorerwaga Abayahudi ariko hari n’abandi bafatwagwa nkabo bakicwa. Abo bari abantu bafite ubumuga n’abandi ba nyamike nk’aba Roma kimwe n’aba Sinti !

Uyu munsi wo kwibuka jenoside yakorewe Abayahudi washyizweho na LONI ( UN General Assembly ) muri 2005, ukaba uzirikanwa n’amahanga yose ariko ku buremere butandukanye. Kuba Abatutsi hano mu Rwanda barakorewe jenoside byatumye u Rwanda na Israel bigira ubucuti bufite uburemere ukuntu. Nk’ubu u Rwanda na Iraeli ntibisabana VISA ku bantu bafite pasiporo z’aba diplomate !

Abaminisitiri b’intebe ba Israeli ntabwo bakunze gukora ingendo mu mahanga, uretse muri America. Minisitiri w’intebe uriho ubu, Benjamin Netanyahu, abaye uwa kabiri gukandagiza akaguru ku butaka bwa Afurika nyuma ya Yitzhak Rabin wagiye Casablanca muri Morrocco mu 1994.

Netanyahu yabaye Minisitiri w’intebe wa mbere wa Israel gutemberera Afurika, hasi y’ubutayu bwa Sahara. Urwo ruzinduko rwe rw’iminsi itatu, Benjamin Netanyahu, yarutangiriye mu Rwanda hanyuma ajya muri Uganda, Kenya na Ethiopia. Hano mu Rwanda Nyetanyahu yanasuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali, ku Gisozi.

Casmiry Kayumba

2017-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Ubwanditsi 10 Mar 2025
Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 3 Gicurasi 1994: Kambanda yayoboye mitingi kuri Stade ya Kibuye
Mu Rwanda

Iya 3 Gicurasi 1994: Kambanda yayoboye mitingi kuri Stade ya Kibuye

Ubwanditsi 03 May 2018
Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda
ITOHOZA

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.
Amakuru

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Ubwanditsi 12 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru