• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Ubwanditsi 03 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’ikigo gitanga ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS (African Institute for Mathematical Sciences) kigiye gukorera mu Rwanda, gitanga ubumenyi mu bushakashatsi mu birebana na siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare.

Iki kigo cyatangijwe ku mugaragaro ni na cyo cyicaro gikuru cy’ibigo bitanu AIMS yari isanganywe kuri uyu mugabane, byo muri Afurika y’Epfo, Senegal, Ghana, Tanzania na Cameroun.

Kigamije gutanga ubumenyi bushingiye ku mibare ku barangije kaminuza, guteza imbere guhanga udushya mu bushakashatsi mu bahanga Afurika ifite uyu munsi no gushimangira umusanzu wa siyansi, ikoranabuhanga na engineering n’imibare (STEM:Science, technology, engineering and mathematics) mu bikorera muri Afurika.

Perezida Kagame yavuze ko ari ikintu gikomeye kugira icyicaro gikuru cya AIMS mu Rwanda, avuga ko ikigo cyayo cyiyongereye ku bindi by’icyitegererezo biharanira guteza imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga bikorera mu Rwanda.

Byose ngo bihuje intego yo guha amahirwe abahanga Afurika ifite, ngo batere intambwe nk’abagomba gukemura ibibazo bihari, bahanga udushya.

Yagize ati “Hamwe na AIMS, u Rwanda ruri gushora imari mu kubaka abahanga n’abashakshatsi, ari nabo bazagira uruhare mu iterambere ry’ibihugu byacu. Kugira ngo tubigereho, turi gufatanya mu gushyiraho inzego zifite gahunda zigamije impinduka.”

Yanavuze ko u Rwanda ruzafatanya na AIMS mu gushyiraho ikigo cy’ubushakashatsi kiri ku rwego mpuzamahanga mu by’ubumenyi, Quantum Leap Africa, kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Ni ikigo kizaba gikomeye mu bushakashatsi mu by’ubumenyi, kikazagira uruhare mu gushaka ibisubizo ku bibazo uyu mugabane ufite, kikazanubaka ubushobozi mu ikoranabuhanga mu isakazamakuru mu gihe kiri imbere.

Perezida Kagame yakomeje agira ati “Buri gihe tubasha kwihuta kandi tukagera ku ntego zacu iyo dukoreye hamwe. AIMS n’ibindi bigo by’ubumenyi by’icyitegererezo ni urugero rwiza rw’ubufatanye. Tugomba gushyigikira izi nzego kugira ngo zikore mu buryo burambye kandi bitange umusaruro.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, yavuze ko AIMS ifite n’intego yo kubaka uburyo bwo gushyigikira kwigisha imibare mu mashuri abanza n’ayisumbuye, bikazakorwa ku bufataye n’izindi nzego zinyuranye zirimo MasterCard Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa AIMS, Thierry Zamahoun, yavuze ko iki kigo gitegerejweho byinshi kuri uyu mugabane wa Afurika, kuko ugeze mu gihe cyo gushaka ibisubizo mu ikoranabuhanga no guhanga udushya kandi ari yo buturutsemo ubwayo.

AIMS ihuza abanyeshuri b’abahanga cyane kuri uyu mugabane bagahurizwa aho bashobora gutekereza ku bushakashatsi, ubuvumbuzi n’ibindi bikorwa bishingiye ku mibare bigamije iterambere.

Kuva yatangira imirimo kuwa 27 Kanama 2016, AIMS Rwanda igize abanyeshuri 47 baturuka mu bihugu bitandukanye, amashuri yayo akaba ari i Remera mu nyubako zahoze ari iza Alpha Palace Hotel.

Umuhango wo gutangiza AIMS Rwanda witabiriwe n’abahanga barimo Dr Youssef Travaly wo muri Next Einstein Forum, Dr Romain Murenzi ukora muri UNESCO, Dr Eliane Ubalijoro wo muri McGill University n’abandi.

Intego ya AIMS ni ukugira ibigo 15 by’icyitegererezo bitanga ubumenyi ku rwego rufatika no kuzamura uburyo abagore bitabira amasomo ya siyansi.

-6218.jpg

2017-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe

Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe

Ubwanditsi 26 May 2018
Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Zambia

Ubwanditsi 19 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda
Mu Mahanga

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho
UBUKUNGU

Ikigo cyo mu Rwanda kigiye gushora miliyoni 100$ mu gukora telefoni zigezweho

Ubwanditsi 28 Oct 2018
Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda
Mu Mahanga

Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru