• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017 Mu Rwanda

Guverinoma ya Malawi yatangaje ko urubanza ku koherezwa mu Rwanda rwa Vincent Murekezi uregwa uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi rutagira gusubirishwamo guhera kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mata 2017. Biteganyijwe ko abashinjacyaha bo mu Rwanda bazitabira iri buranisha.

Muri Gashyatare uyu mwaka nibwo uru rukiko rwatesheje agaciro ubusabe bw’u Rwanda ku ngingo yo kohereza Murekezi mu Rwanda, bavuga ko nta masezerano ibihugu byombi bifitanye mu guhererekanya abanyabyaha.

Iyi nzitizi yakuweho ku wa 25 Gashyantare 2017, ubwo ibi bihugu byashyiraga umukono ku masezerano yo guhererekanya abanyabyaha. Nyuma yo gusinya ayo masezerano, Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye wanayashyizeho umukono ku ruhande rw’u Rwanda, yavuze ko gusubirishamo uru rubanza byakorwa mu gihe ubushinjacyaha bwagaragaza ko bubyifuza.

Ikinyamakuru Nyasa Times cyo muri Malawi cyatangaje ko guverinoma y’iki gihugu yemeje ko uru rubanza rugiye gusubirwamo, mu iburanisha rizitabirwa n’abashinjacyaha bazaba baturutse mu Rwanda nkuko bamaze kubibemerera.

Umunyamategeko ku ruhande rwa leta, Steven Kayuni, yavuze ko iburanisha rizatangira tariki ya 10 Mata 2017 kandi ko abayobozi bo mu Rwanda bazitabira uru rubanza bari kunoza iby’urugendo rwerekeza muri iki gihugu gusa akemeza ko atazi neza itariki bazagerera muri Malawi.

Umwunganizi wa Vincent Murekezi, Wapona Kita yavuze ko ataramenya iby’abo bayobozi bazitabira urwo rubanza baturutse mu Rwanda.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, yatangaje ko biteguye kugaragara mu rukiko kugira ngo batange ubwunganizi no gushimangira ubusabe bwabo bwo kohereza mu Rwanda Murekezi aho bazaba ari nk’inshuti z’urukiko (amicus curiae).

Abarengera uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu basaba leta ya Malawi kwihutisha iyoherezwa rya Murekezi nka kimwe mu byo bavuga ko biteje umutekano muke mu gihugu.

Murekezi ashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yakoreye mu yahoze ari Segiteri Tumba, Perefegitura ya Butare.

2017-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Mu Rwanda hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus=41

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Banki yo mu Buhinde igiye gutera inkunga amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro

Ubwanditsi 25 May 2017
Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Ubwanditsi 05 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
ITOHOZA

Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Padiri  Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo
ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana yiyambaje Rurema nyuma y’Akaga gakomeye arimo

Ubwanditsi 20 Mar 2017
Rwanda Motors
KWAMAMAZA

Rwanda Motors

Ubwanditsi 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru