• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Iterambere ntirishoboka nta mutekano- Kagame

Ubwanditsi 05 May 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe nta mahoro n’umutekano biragerwaho ku mugabane wa Afurika, iterambere ridashoboka.

Umukuru w’Igihugu avuga ko igikenewe ari ukureba uko abantu barushaho gukora neza, hashakwa uko umugabane wa Afurika wakomeza gutera imbere ariko hubakirwa ku bihari.

Ibi Perezida Kagame yabivuze ubwo yakiraga abayobozi bahagarariye ibihugu 15 bo mu kanama gashinzwe amahoro n’umutekano ku mugabane wa Afurika, bari mu mwiherero wa 10, umwiherero w’iminsi itatu urimo kubera I Kigali mu Rwanda.

Muri uyu mwiherero, aba bayobozi bari kurebera hamwe uko aka kanama karushaho gusohoza inshingano zako gafite.

Mu mpanuro Perezida Kagame unasanzwe afite inshingano zo gukurikirana amavugurura y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Abanyafurika ubwabo bagomba kumva ko nta handi bagomba kureba, uretse kuri bo ubwabo.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Ni ngombwa ko byumvikana ko nta handi tugomba kureba uretse kuri twe ubwacu¸ igikenewe ni ukureba ngo ni gute twakora neza kurushaho kugira ngo umugabane wacu ukomeze gutera imbere, twubakiye ku byo dusanganwe.”

Yakomeje agira ati “Wagira ngo twamaze kwemera guhora dusigara inyuma, tugahora tubifata nkaho aha ari ho hantu twagenewe, ntabwo ntekereza ko aribyo.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa aba bagize aka kanama gashinzwe amahoro n’umutekano muri Afurika ko mu gihe nta mahoro n’umutekano byaba bigezweho, n’iterambere bidashoboka ko ryagerwaho.

Abayobozi bemeza gukorera uyu mwiherero wabo mu Rwanda kuko ari igihugu gifatwa nk’igishyigikira amahoro n’umutekano kuri uyu mugabane.

-6478.jpg

-6477.jpg

Perezida Kagamemu biganiro n’intumwa z’ibihugu bigize AUPSC

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo ubwo yawutangizaga, yavuze ko hakwiye kubaho umuco wo gukorera hamwe nk’abatuye uyu mugabane kuko ngo ari ingenzi, ibi kandi bikazatuma abantu bashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bibareba, ari nabwo Afurika izarushaho kugira ituze no kugira umutekano uhamye.

Aka kanama gashinzwe mu mwaka wa 2007 kakaba kagizwe n’ibihugu 15.

Muri Mutarama 2016 u Rwanda nibwo rwatorewe manda y’imyaka ibiri muri aka Kanama ka Afurika Yunze Ubumwe, ibihugu bikagize birimo: u Rwanda, Algeria, Botswana, Burundi, Chad, Congo, Egypt, Kenya, Niger, Nigeria, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Togo, Uganda na Zambia.

2017-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Nicolas Sarkozy wahoze uyobora Ubufaransa yatawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2017
U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera
Mu Rwanda

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017
Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika
IMIKINO

Aline GAHONGAYIRE ukubutse muri Amerika

Ubwanditsi 14 Oct 2016
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC
Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru