• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Editorial 09 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Ubutabera; akaba n’Intumwa ya Leta, Johnston Busingye yabwiye icyiciro cya gatanu cy’Abofisiye bakuru ba Polisi 30 biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda riri mu karere ka Musanze ibijyanye n’Ubuyobozi mu bya Gipolisi no guhosha amakimbirane ko ubutabera kuri bose ari inkingi ya mwamba y’amahoro, umutekano n’iterambere birambye.

Ibi yabibabwiriye mu kiganiro yagiranye na bo kuri Minisiteri y’Ubutabera mu rugendo shuri bahagiriye ku wa mbere tariki 8 z’uku Kwezi. Kuri uwo munsi kandi (Ku gicamunsi) basuye Urwego rw’Umuvunyi; aho babwiwe, ndetse basobanurirwa imikorere n’imikoranire yarwo n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane.

Aba ba ofisiye baturuka mu bihugu icyenda byo muri aka karere birimo Uganda, Sudani y’Amajyepfo, Kenya, Sudani, Somalia, Namibia, Sierra Leone , Etiyopia n’u Rwanda. Batangiye amasomo muri Kanama umwaka ushize.

Ingendo shuri; zaba izo bakorera imbere mu gihugu ndetse n’izo bakorera hanze yacyo zigamije kubungura ubumenyi ngiro bakura mu Nzego basura zikora cyangwa zishinzwe ibifitanye isano n’ibyo biga mu ishuri; nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’iri Shuri, Commissioner of Police (CP) Felix Namuhoranye.

Minisitiri Busingye yababwiye ati,” Ukudahana bigira ingaruka ku mutekano n’iterambere by’igihugu n’abagituye. Iyo abantu batabonye ubutabera, bamwe barabwiha . Guha rubanda ubutabera ni imwe mu ngamba zo gukumira ibyaha by’uburyo butandukanye.”

Yabwiye abo ba ofisiye ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatewe na Politiki mbi y’abategetsi b’u Rwanda mu 1994 na mbere yaho yari ishingiye ku macakubiri, urwango, ukudahana n’ibindi bitandukanya Abanyarwanda; bityo abasaba gukumira no kurwanya Politiki y’amacakubiri aho iva ikagera.

Yongeyeho ko mu ngamba Leta y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo kugarura ubumwe mu Banyarwanda nyuma y’ibihe by’icuraburindi bya Jenoside harimo Gahunda ya Ndi Umunyarwanda, Inkiko Gacaca, kuvugurura Inzego z’ubutabera n’ubucamanza kugira ngo zijyane n’ibihe, n’ishyirwaho ry’inzego zishinzwe kurwanya akarengane zirimo Urwego rw’Umuvunyi.

-6500.jpg

Minisitiri Busingye amaze kuganiriza nabo banyeshuri b’Aba ofisiye bakuru ba Polisi ku kuntu Ubutabera ari ishingiro ry’amahoro n’umutekano birambye, yabahaye umwanya bamubaza ibibazo bitandukanye birimo uburyo U Rwanda rurwanya ruswa.

Asubiza uwabibajije, Minisitiri Busingye yagize ati,”Ruswa yica igihugu burundu. Ingamba n’ibihano ni byo bituma igihugu cy’u Rwanda kibasha kuyirwanya. Buri wese uhamwe n’icyo cyaha arahanwa hatitawe ku wo ari we; ahubwo hashingiwe ku ihame ry’uko nta we uru hejuru y’amategeko. Ikindi cyiyongera kuri ibyo ni uko dukangurira abaturage kuyirinda no kugira uruhare mu kuyirwanya batungira agatoki inzego zibishinzwe aho bayikeka.”

Mu izina ry’abanyeshuri bagenzi be, Commissioner of Police (CP) Moses Kafeero uturuka muri Uganda yashimye Minisitiri w’Ubutabera; akaba n’Intumwa ya Leta ku kiganiro yabahaye agira ati,”Twungutse byinshi bizatuma twuzuza inshingano zacu. ”

Mu handi bazasura muri uru rugendo shuri bakorera imbere mu gihugu bazasoza ku wa 12 z’uku Kwezi harimo Ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Gishari riri mu karere ka Rwamagana, Isange One Stop Center, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Igice cyahariwe Inganda , Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, n’Uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu.

Source : RNP

2017-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Editorial 31 Mar 2017
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Editorial 22 Dec 2021
Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 09 May 2021
Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Editorial 07 Aug 2017
Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Editorial 31 Mar 2017
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Editorial 22 Dec 2021
Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Intsinzi 20 mu mikino 23, kwitsinda inshuro 2 bimwe mu byaranze igice cy’ibanze cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 09 May 2021
Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Umurinzi wa Perezida Nkurunziza yirashe ahita apfa

Editorial 07 Aug 2017
Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Editorial 31 Mar 2017
Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi 2 irakira Police FC, APR FC yerekeje kwa Etoile de l’Est yahize kuyikuraho amanota atatu – Uko umunsi wa 10 wa PNL ukinwa

Editorial 22 Dec 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru