• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Editorial 10 May 2017 Mu Rwanda

Haje umuntu w’umushyitsi muri Afurika y’uburasirazuba (EAC) akagerera
muri Kenya hanyuma akaza mu Rwanda, byamugora kumenya yuko na hano mu
gihugu hazaba hari amatora mu ntangiriro za Kanama uyu mwaka nk’uko
bimeze muri Kenya !

Amatora ataha muri Kenya azaba tariki 8/8/2017 naho mu Rwanda akazaba
mbere gato, tariki 4/8/2017. Ariko muri Kenya ibikorwa byinshi bisanzwe bimaze guhagarara kubera imyiteguro y’amatora, naho hano mu
Rwanda abantu bashishikajwe n’imirimo yabo isanzwe ku buryo nk’umushyitsi koko bitamworohera kumenya yuko mu gihe kitageze ku mezi
atatu Abanyarwanda bazaba bari mu matora y’umukuru w’igihugu.

Aha niho tuzira kuri cya kibazo. Kuki iby’amatora ataha mu Rwanda bitaratangira kuvugwaho bihagije, naho muri Kenya bikaba byaratangiye
guhagarika indi imirimo kandi amatora mu bihugu byombi azaba mu bihe
bimwe ? Muri Afurika y’Epfo ho batangiye kampanye z’uzegukana umwanya
wa Perezida w’ishyaka riri ku butegetsi (ANC) mu Ukuboza uyu mwaka.

Imyiteguro y’amatora ku mwanya wa Perezida w’ishyaka muri Afurika y’Epfo, amezi asaga atandatu kuva uyu munsi, irashyushye cyane kurusha
iy’amatora ya Perezida wa Repubulika hano mu Rwanda kandi hasigaye
igihe kitageze ku mezi atatu ngo akorwe !

Ibi bibazo byibajijweho cyane mu nama nkarishyabwenge yateguriwe abanyamakuru n’umuryango Media Impacting Communities (MIC) mu
ntangiriro z’iki cyumweru, bamwe mu bayobozi bashoboye kuyigeramo bagira icyo babivugaho.

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB). Kuri icyo kibazo cy’uko iyo haje
iby’amatora mu bihugu nka Kenya na Afurika y’Epfo haza ibyo gushyuhaguza cyane naho mu Rwanda hakabaho ibyo kubyitondamo cyane, Mbanda avuga yuko koko muri Kenya habaho ibyo gushyuhaguza cyane,
akavuyo ndetse no gukubitana ibipfunsi ngo ariko buri gihugu kikagira
imyitwarire yacyo, bikakibera umuco ukiranga.

-6511.jpg

Gerald Mbanda ni umuyobozi w’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB).

Uko Mbanda abibona n’uko hano mu Rwanda abantu cyangwa imitwe ya politike ishobora kutavuga rumwe kuri byinshi ariko hakabaho ibyo
bagomba kuvugaho rumwe byanze bikunze. Urugero n’uko nta munyapolitike cyangwa ishyaka rishobora kwemererwa guhungabanya umutekano w’igihugu
cyangwa ngo ryihanganirwe rigaragaraho umurongo wo kubiba amacakubiri.

Ibi Mbanda yabihuje n’ibyo muri Afurika y’Epfo aho yatanze urugero rw’umuyobozi w’ishyaka The Economic Freedom Fighters (EFF), Julius Malema, utukira Perezida wa Repubulika, Jacob Zuma, mu nteko nshingamategeko akamubuza kuvuga ijambo yari yatumiwe ngo ageze ku badepite !

Mbanda akavuga yuko mu muco w’Abanyarwanda imyitwarire nk”iyo ya Malema idashobora kwemerwa, n’aho yaba hari ukuri yaba anafite. Umukuru w’igihugu afite icyubahiro ntavogerwa, akaba atagomba guteshwa agaciro !

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ). Avuga yuko imyiteguro y’amatora ikunze kuzamo impaka za ngo turwane igihe ababa bahanganye mu matora baba bafite amahirwe yenda kungana kuba batsinda amatora.

-6512.jpg

Muganwa Gonzag ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru mu Rwanda (ARJ).

Muri Kenya abakandida bazaba bahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Uhuru Kenyatta na Raila Odinga, koko bafite amahirwe yenda kungana kuba buri umwe yashobora gutsinda undi mu matora. Mu matora y’ubushize abo bagabo bombi bahataniye umwanya w’umukuru w’igihugu, Kenyatta atsinda n’amajwi atageze kuri 51 %, Odinga avuga yuko yibwe amajwi ariko urukiko rw’ikirenga ryza gushimangira intsinzi ya Uhuru Kenyatta.

Ariko uru rusaku rw’amatora ruriho ubu muri Kenya rwatangiye Odinga atarabona n’itike yo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu tariki 28/4/2017. Ahubwo uko bimeze n’uko amatora ataha muri Kenya atazaba ari ayo guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu gusa nk’uko bimeze hano mu Rwanda.

Muri Kuretse itora rya Perezida wa Repubulika rizaba tariki 8/8/2017, kuri uwo munsi bazaba banatora abadepite, abasinateri, ba guverineri b’intara kimwe nab a maya b’uturere. Nta kuntu rero amatora nk’ayo menshi akorewe icyarimwe yabura kuzamo urusaku !

Kayumba Casmiry

2017-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Editorial 17 Jun 2018
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU  yatsinzwe

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) imaze kubona umuyobozi mushya – ISSA HAYATOU yatsinzwe

Editorial 16 Mar 2017
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Editorial 14 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo
IMIKINO

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Editorial 08 Aug 2018
Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
ITOHOZA

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Editorial 24 Jun 2017
Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana
INKURU NYAMUKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Editorial 03 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru