• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017 Mu Rwanda

Umuryango uharanira kwibohora nyako kwa Afurika ufite icyizere yuko uyu mugabane ushobora kugera ku bwigenge nyabwo ariko bigasaba uwo bireba wese kubanza kumenya neza yuko Afurika iboshye n’uburyo iboshywemo !

Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru uyu munsi mu nyubako za Stade Amahoro, abayobozi ba Pan African Movument, ishami ry’u Rwanda (PAM-Rwanda) bagaragaje yuko urugamba rwo kubohora umugabane wa Afurika rumaze igihe kirekire, rukaba rwaragiye ruhura n’ibibazo bikomeye cyane, ariko ubu hakaba hari cyizere yuko umusaruro wari witezwe ugomba kuboneka.

Umuyobozi Mukuru wa PAM-Rwanda, Musoni Protais, yavuze yuko umugabane wa Afurika ariwo ucyennye cyane kurusha indi migabane y’isi, kandi ariyo ikize cyane kurusha iyo migabane yindi y’isi. Akagaragaza yuko ibi ubwabyo bigaragaza yuko Afurika iboshye, bikiyerekanira mu buryo bw’uko umwana w’umunyafurika akura yifuza kuzajya kwibera i Bulayi cyangwa mu yindi migabane y’isi nka Amerika.

Musoni agaragaza yuko Afurika iboshywe n’ibintu bibiri bikomeye. Icya mbere ni ba mpatsibihugu n’abambari babo, naho icya kabiri kiboshye Afurika niyo ubwayo kutigirira icyizere ngo yishakame ibisubizo ku bufatanye buhamye. Abanyafurika bagahora bararikiye ibyo hanze biba byarakozwe n’abandi, bagahora mu ntambara zidashira kandi zidakorwa ku nyungu nyafurika.

Musoni waganiraga n’abanyamakuru mu gikorwa cyo kwitegura umunsi ngarukamwaka wo kwibohora kwa Afurika (African Liberation Day) uzaba tariki 25 z’uku kwezi, yavuze yuko ibyo by’abana bacu gukura bararikiye kuzimuka Afurika bigira ahandi natwe Abanyafurika tubifitemo uruhare rukomeye. Yatanze urugero ku kintu gito ariko gikomeye, avuga ukuntu abana bacu bajya mumenya kuvuga neza bigishwa igifaransa cyangwa icyongereza, bajya kwa sekuru bakavuga ikinyarwanda gipfuye abantu bagaseka Bishimiye ‘urwo rukonjo’ ! Ibi ni ibintu byica cyane umuco nyafurika, bigafasha mu gutuma abana bakura bararikira iby’ahandi !

-6639.jpg

Musoni Protais

Amo banyamahanga baboshye Afurika ntabwo bifuza uyu mugabane wagira amahoro, kuva mu majyepfo ya Afurika kugera mu majyaruguru, kuva mu burasirazuba kugera mu berengero bwaryo. Musoni, wigeze kuba Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’uw’itangazamakuru hano mu Rwanda, akavuga yuko iyo ariyo mpamvu bateza intambara zidashira mu bihugu nka Somalia, Sudan y’Epfo n’ubushyamirane buhoraho bw’indimi mu bihugu nka Cameroon.

Kayumba Casmiry

2017-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Kigali: Umwe mu bakekwaho gutera ibyuma umunyamakuru wa BTN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Umuhanzi Bonhomme arimbanyije imyiteguro yo gutaramira abanyarwanda mu ijoro rishyira umunsi wo Kwibohora 26

Ubwanditsi 01 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe
HIRYA NO HINO

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.
Mu Rwanda

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 
INKURU NYAMUKURU

Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 

Ubwanditsi 06 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru