• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Ubwanditsi 26 May 2017 ITOHOZA

Ibikorwa byo kurwanya iyinjizwa , ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, Polisi ikorera mu karere ka Kirehe yakoze mu murenge wa Mahama ku itariki 24 z’uku kwezi yabifatiyemo abantu batatu bafite ibiro 115 by’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yavuze ko ababifatanywe ari Nyandwi François , Nsabimana Elie na Uwimana Clemence.

Yavuze ko abo bagabo bafatiwe mu kagari ka Karuhembe bafite ibiro 100 by’urumogi mu mifuka; naho ibiro 15 bikaba byarafatiwe mu rugo rw’uwo mugore ruri mu kagari ka Kamombo.

IP Kayigi yasobanuye uko bafashwe agira ati,”Polisi yabonye amakuru ko binjiza urumogi mu gihugu barukuye muri kimwe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda bakarugurisha abantu b’ingeri zitandukanye. Abapolisi bigize abaguzi bararubafatana.”

Yavuze ko uko ari batatu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe; ndetse n’urwo rumogi akaba ari ho rubitse mu gihe iperereza rikomeje.

Yibukije ko gukora, guhindura, kwinjiza, kugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko bihanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000); nk’uko biteganywa n’ingingo ya 594 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Ingingo yacyo ya 593 ivuga ko guhinga, gukora, guhindura, kugurisha, gutunda, kubika no kunywa ibiyobyabwenge bibujijwe keretse mu bihe no mu buryo byagenwe n’itegeko.

IP Kayigi yaburiye abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu, ababikoresha n’ababicuruza ko bazagerwaho n’ingaruka zabyo zirimo igifungo, gucibwa ihazabu n’igihombo, bitewe n’uko byangizwa iyo bifashwe.

Yagize ati, “Ingaruka zo kubyishoramo ntizigera gusa ku ubikora; ahubwo zigera no ku muryango we. Iyo umuntu ubifungiwe ari we witaga ku bagize umuryango we; bahura n’ingorane zitandukanye. Buri wese aragirwa inama yo kwirinda icyitwa ikiyobyabwenge aho kiva kikagera no gufatanya kukirwanya.”

-6667.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi

Na none kuri uwo munsi, mu karere ka Nyagatare habaye igikorwa cyo kwangiza litiro 70 za Kanyanga n’amakarito 190 y’inzoga zo mu masashe z’amoko atandukanye zitemewe gucuruzwa mu Rwanda zirimo Zebra Warage, Kitoko na African Gin. Izi nzoga zafatiwe mu mikwabu Polisi yakoze hirya no hino muri aka karere mu mezi atanu ashize.

Iki gikorwa cyabereye mu kagari ka Barija, mu murenge wa Nyagatare. Cyitabiriwe n’amagana y’abaturage biganjemo abanyeshuri n’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare.

Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, Chief Superintendent of Police (CSP) Johnson Sesonga yabaganirije ku bubi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo; anabakangurira kubyirinda no gufatanya kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo batanga amakuru y’ababikora.

Ku itariki 4 Werurwe uyu mwaka, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana na mugenzi we wa Tanzaniya, IGP Ernest J. Mangu bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge muri kimwe muri byo n’ubujura bw’inka; uwo muhango ukaba warabereye ku mupaka uhuza ibi bihugu byombi wa Rusumo.

Source : RNP

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Ubwanditsi 08 Feb 2024
Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian  bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa  Mu Karere Ka Gisoro

Philemon Mateke Yategetse Ko Abanyarwanda Bagera Kuri Batandatu Bafatwa Bagafungwa Mu Karere Ka Gisoro

Ubwanditsi 16 Mar 2020
‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Ubwanditsi 03 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere
UBUKERARUGENDO

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore
Mu Rwanda

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha  no kubungabunga umutekano wo mu muhanda
Amakuru

Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha no kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru