• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

RDB yatangije igikorwa kizajya gituma babiri batsindira umwenda wa Arsenal w’umwimerere

Ubwanditsi 07 Aug 2018 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), kuri uyu wa Mbere cyatangije igikorwa cy’iminsi irindwi kizajya gituma buri munsi abantu babiri batsindira umwenda w’Ikipe ya Arsenal FC w’umwimerere.

U Rwanda ruherutse kwinjira mu bufatanye n’ikipe ya Arsenal FC ikina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, bwo kurumenyekanisha nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, aho izajya ikinana umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso mu gihe cy’imyaka itatu.

RDB ibinyujije kuri konti ya Twitter ya Visit Rwanda, yatangaje ko guhera kuri uyu wa 6 Kanama kugeza kuwa 12 Kanama 2018, irimo gutanga imyenda ibiri y’umwimerere ikipe ya Arsenal FC izakinana guhera mu mwaka w’imikino 2018-2019, uzatangira kuri uyu wa Gatanu.

Gutsindira uyu mwenda birasaba ko uba uri mu Rwanda, ugashyira ifoto ushatse kuri Twitter igaragaza ahantu nyaburanga, ukahavuge, hanyuma ugasobanura n’impamvu abakerarugendo bakwiye kuhasura. Nyuma y’ibi ushyiramo @visitrwanda_now, ugakoresha hashtag #visitrwanda, #kickoff250 na #TemberuRwanda

Buri munsi RDB izajya itangaza babiri batsinze, uw’igitsina gabo n’uw’igitsina gore, bigendanye n’uwo ifoto ye yabonye re-tweets nyinshi. Guhatanira uyu mwenda bizajya bitangira kubarwa saa sita z’ijoro birangire nyuma y’amasaha 24.

Arsenal FC yamaze gushyira hanze imyambaro itatu itandukanye izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2018/19 yose iriho ‘Visit Rwanda’ iy’umwimerere abakinnyi bazajya bambara bari mu rugo ikaba igura £100, ni ukuvuga asaga ibihumbi 114Frw naho iyakorewe abafana, umwe ukaba ugura £55, asaga ibihumbi 63 Frw.

Icyo iyi myenda yose uko ari itatu ihuriyeho ni uko yakozwe n’uruganda rwa Puma, ikaba ikoranye ikoranabuhanga rya EVOknit Tech ku buryo yorohereza abakinnyi kutabangamirwa n’ubushyuhe cyangwa n’ubukonje mu gihe bari mu kibuga.

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024. Uburyo rukumbi bushoboka bwo kugera kuri iyi ntego ni ukumenyekanisha u Rwanda nk’icyerekezo gikomeye cy’ubukerarugendo, kandi bigakorwa mu buryo budasanzwe.

Ubufatanye bw’Ikipe ya Arsenal FC, ni kimwe mu bigize gahunda y’igihe kirekire u Rwanda rwihaye yo guteza imbere ubukerarugendo no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, nkuko bikubiye mu cyerekezo 2050 na gahunda y’Imbaturabukungu (EDPRS II).

Muri iyi gahunda u Rwanda rwashyize imbaraga mu guteza imbere ibikorwa remezo by’inama, kwakira abantu, ubwikorezi, ibikurura ba mukerarugendo no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Ubukerarugendo bufatiye runini abaturage. Imwe muri gahunda zashyizweho ni ugusangira ibyavuye mu bukerarugendo aho kuva mu 2005, Guverinoma y’u Rwanda, yashyizeho iyi gahunda igamije gutuma abaturiye pariki bungukira ku byavuye mu bukerarugendo.

Miliyoni irenga 1.28 y’amadolari imaze gushyirwa mu mishinga 158 ifitiye akamaro abaturage baturiye Pariki y’Akagera, Nyungwe n’iy’Ibirunga. Irimo kubegereza amazi meza, ibigo nderabuzima, amashuri, inzu zo guturamo.

Kuri ubu ni urwa gatatu muri Afurika nka hamwe mu hantu hakunzwe n’abategura inama n’ibikorwa mpuzamahanga. Ikompanyi yarwo y’indege, RwandAir, igera mu byerekezo 26 ku Isi yose, Pariki y’Akagera yashyizwemo Intare n’Inkura, hagamijwe ko igira inyamaswa eshanu z’inkazi.

Pariki y’Ibirunga yaragutse kugira ngo ingagi zibe ahantu zisanzuye. Kugeza ubu ubukerarugendo nibwo bwinjiza amadevize menshi mu gihugu bukaba bwaratanze n’imirimo igera ku 90 000.

Abakinnyi Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang nibo bamenyekanisha ubu bufatanye n’u Rwanda

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, afite umwambaro mushya w’iyi kipe ugaragaraho amagambo yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Mesut Özil na bagenzi be bamurika umwambaro wa gatatu wa Arsenal ugaragaraho Visit Rwanda

Uyu niwo mwambaro Arsenal izajya yambara yasuye andi makipe muri uyu mwaka w’imikino

2018-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

U Rwanda rwahawe indi myaka itanu yo kwakira imikino ya Basketball Africa League (BAL)

Ubwanditsi 19 Jun 2023
Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend
HIRYA NO HINO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano
ITOHOZA

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Ubwanditsi 12 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru