• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Editorial 03 Jun 2017 Mu Rwanda

Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batoye Perezida Paul Kagame nk’umukandida uzabahagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.

Mu matora yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Kamena 2017, Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bateraniye mu Nteko rusange y’umuryango ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro, bemeje ko Kagame azabahagararira nk’umukandida ku majwi 100%, bingana n’abantu 1170 bari bayitabiriye.

Bagaragaje ko bamutoye bitewe n’ibikorwa bitandukanye yagiye akora birimo guhesha ijambo u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga, umutekano usesuye ku baturage, guca nyakatsi, kubaka imihanda n’ibindi bikorwaremezo bitandukanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro, Dr. Nyirahabimana Jeanne, yavuze ko kuba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ayobora batoye Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora y’umukuru w’igihugu ku kigero cya 100%, ari ikimenyetso kigaragaza amatora azagenda neza.

Yagize ati “Ibi birampa ishusho y’uko amatora azagenda neza kandi rwose mfite icyizere bitewe n’uburyo abanyamuryango bitabiriye aya matora ari benshi bakanishimira cyane gutora Perezida Kagame nk’umukandida uzabahagarira mu matora.”

Yakomeje asaba abanyamuryango ba FPR Inkotanyi kwitegura neza amatora, bagenzura ko bari ku malisiti y’itora kugira ngo bazabashe gutora umukandinda wabo neza no kuzamuherekeza mu bikorwa byose azakora byo kwiyamamaza.

Umubyeyi w’imyaka 58 witwa Bazubagira Zena utuye i Kanombe, yavuze ko yatoye Perezida Kagame nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi bitewe n’uko ibikorwa yakoze byigaragaza.

Yagize ati “Nishimye cyane kubera ko ari we twongeye kwamamaza kugira ngo azongere kutuyobora. Njye namutoreye ibikorwa bidasanzwe yagiye adukorera birimo kuba yaraciye nyakatsi akazana gahunda ya Girinka no kuba yaragaruye umutekano mu gihugu tukaba tugenda amasaha yose ntacyo twikanga.”

Biteganyijwe ko Akarere ka Kicukiro kagiye gushyikiriza Inteko Rusange y’Umujyi wa Kigali izina ry’umukandida kemeje kugira ngo izamwemeze ko ari we mukandida watowe bityo na yo izamushyikirize kongere y’umuryango ku rwego rw’igihugu.

Mu matora nk’aya kandi ari kubera mu turere twose tugize igihugu Kagame Paul yabonye 100%.

-6781.jpg

-6780.jpg

2017-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Editorial 07 Feb 2016
Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Editorial 14 Dec 2021
Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa  UN  rw’abayobozi bakuru  mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Editorial 04 Sep 2017
Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Editorial 23 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.
Amakuru

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Editorial 10 Jun 2021
Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.
Amakuru

Kwiga ni urufunguzo rw’ubuzima – ishimwe rya Muvandimwe Jean Marie Vianney ukinira Police FC warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu ishami ry’icungamari.

Editorial 08 May 2021
FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera  imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga
Amakuru

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Editorial 29 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru