• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko n’ubwo Nyakwigendera Depite Mukayisenga yavukaga ku babyeyi bahoze ari abasirikare ba Perezida Habyarimana, ibi ngo bitamuciye intege zo gukorera Umuryango wa FPR-Inkotanyi.

Gatabazi yavuze ko uyu mudepite yagaragaje ubwitange bukomeye mu Rwanda nyuma yo kuva mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho yagize uruhare mu kunga Abanyarwanda.

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana kuri uyu wa 12 Kamena 2017 mu bitaro bya gisirikare i Kanombe azize indwara.

-33.gif

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney

Mu kiganiro Depite Gatabazi Jean Marie Vianney wabanye cyane na nyakwigendera Mukayisenga yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru yavuze ko igihugu kibuze umuntu ukomeye.

Gatabazi avuga azi Mukayisenga kuva kera kuko bose bakoranye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Depite Mukayisenga ndamuzi cyane kuko muzi tukiri no mu nzego z’ibanze, yari kontabure wa Komini Rwerere nanjye ndi kontabure wa komini Kiyombe mbere y’uko tuza mu Nteko Ishinga Amategeko aho yaje ansanga, Mukayisenga ni umunyamuryango wa FPR Inkotanyi wakoraga cyane, ariko kandi akaba anafite isomo ryo kuba yari ashoboye gutahuka akava mu buhungiro muri Zaire, mu gihe atari afite icyizere cyo kuba yagira agaciro mu gihugu..”

Yakomeje agira ati “Akigera mu Rwanda yarakiriwe ajya mu nzego zikomeye. Nk’umuntu wakomokaga ku babyeyi bari abasirikare mu gihe cya Perezida Habyarimana, we yumvaga nta gaciro yari afite ko kuba yagira agaciro mu gihugu, gusa byahoraga bimushimisha cyane kuba yarakiriwe agahabwa agaciro mu gihugu akaza no kugera mu rwego rukomeye mu nteko ishinga amategeko, mu by’ukuri yakundaga kugaragaza ko umuryango wa FPR ari umuryango udaheeza, ushaka gukora no kujya mu nzira y’ubumwe bw’abanyarwanda.”

Avuga ko Mukayisenga ngo yari umuntu buri munsi uharanira guhuza abanyarwanda.

Yunzemo ati “Mukayisenga yari umuntu ukomeye cyane mu bintu byo guhuza abanyarwanda, ku bintu by’ubumwe bw’abanyarwanda cyane cyane no guhangana n’abashaka gusubiza u Rwanda mu bibe by’icuraburindi, yari umuntu udashobora kugamburuzwa n’iminsi ngo abe yatatira igihango cyo kunga abanyarwanda, ni umuntu wari ufite urukundo, witondaga kandi wacishaga make.”

Avuga ko uyu mudepite ngo ibi yabigaragazaga cyane cyane mu bice Rwerere.

Depite Gatabazi avuga ko no mu gihe nyakwigendera Mukayisenga yari arwaye, yagaragazaga ubwitange no gushaka gukora, ibi akabikora afite imbaraga nke.

Uyu mudepite ngo yari amaze iminsi arwariye mu bitaro, yaje koroherwa gusa nyuma yongera kubisubiramo kugeza yitabye Imana.

Depite Mukayisenga w’imyaka 48, yakomokaga mu mutwe wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiye mu nteko ishinga amategeko mu mwaka wa 2003.

-6950.jpg

Nyakwigendera Depite Mukayisenga

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye Mitali  ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Perezida Kagame yahaye Mitali ubutumwa bwo kubahisha Ikinyarwanda abushyikiriza Intebe y’ Inteko

Ubwanditsi 30 May 2017
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ibaruwa ifunguye Visi Perezida wa Ibuka mu Bufaransa yandikiye Perezida Emmanuel Macron

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo
Mu Rwanda

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

AS Kigali na Gasogi United zishobora guhanishwa gucibwa amande y’ibihumbi 300 by’amafaranga y’u Rwanda kubera kuva mu gikombe cy’Amahoro 2023

Ubwanditsi 09 Feb 2023
Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon
Mu Rwanda

Mu Rwanda hagiye kuzajya hateranyirizwa imodoka zo mu bwoko bwa Polo, VW Passat na Teramon

Ubwanditsi 19 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru