• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017 POLITIKI

Ubwo tariki ya Kamena 2017 i Rusororo ho mu karere ka Gasabo, hateraniraga inama nkuru y’Umuryango RPF- INKOTANYI yari igamije gutora umukandida uzahagarira uyu mutwe wa Politiki mu matora ya Perezida wa Repuburika, abayobozi b’imitwe ya Politiki 11 ikorera mu Rwanda ndetse n’abahagariye imitwe ya Politiki itandukanye yo muri Afurika n’Ubushinwa bari batumiwe muri uyu muhango, ariko Ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije Green Party ntiryigeze rigaragara cyangwa ngo rihagararirwe muri iyi Kongere.

Iyi nama idasanzwe yamaze amasaha agera kuri atanu yahujwe no gutaha icyicaro gikuru gishya cy’Umuryango RPF- INKOTANYI yafunguwe ku mugaragaro na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame ari nawe muyobozi wa FPR INKOTANYI, abayobozi b’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ndetse n’abamashyaka yo hanze afitanye ubumwe na RPF nka ANC yo muri Afurika Yepfo, Chama Cha Mapinduzi yo muri Tanzania,NRM yo muri Uganda yakiriwe ku buryo bwihariye ndetse buri muyobozi agenerwa n’umwanya uhagije wo kugeza Ijambo kuri Kongere y’abanyamuryango ba FPR imbere ya Perezida Paul Kagame.

Ishyaka GREEN PARTY rivuga ko ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryibajijweho na benshi ubwo Uwacu Yuliyana wari uyoboye ibirori yaheturaga urutonde rw’imitwe ya Politiki yatumiwe, ntihumvikanemo Democratic Green Party kandi nayo ibarizwa mu mashyaka yemewe mu Rwanda.

Ku mbuga nkoranyambanga bamwe bati “GREEN PARTY ntiyatumiwe kuko ari yo bahanganye yonyine mu matora., abandi bati Green party yakerensheje ubutumire nk’Ishyaka rigiye guhangana na RPF mu matora yegereje”

Ibyibajijwe ni byinshi ariko ahanini bishingiye ku gukeka, gusa na none uwari gukeka ko Green Party itatumiwe ku mpamvu z’uko ari shyaka ritavuga rumwe na Leta byari ukuba ari ukureba hafi kuko na mugenzi waryo PS- IMBERAKURI ryari ryatumiwe, ndetse rihabwa umwanya ryivugira ibyo ryiboneye mu ijwi rya Perezida waryo Mukabunani.

Kuri Dr. Frank Habineza wagaragaye ahagana mu masa tanu n’igice Kimironko hafi y’ibiro bye ari nayo masaha iyi nama nkuru yari irimbanije, yabwiye ikinyamakuru Makuruki dekesha iyi nkuru yavuzeko yari yatumiwe gusa atabashije kubona uko ajyayo ku mpamvu z’akazi kenshi harimo na gahunda bari bafite yo kuzuza imyanya mu nzego z’ishyaka.

Frank Habineza asobanura ko ubutumire bari babugejejweho ko icyabaye ari ikibazo cy’umwanya utarabonetse. Ibi byatumye tutirirwa tubaza abateguye Kongere niba kutitabira kwa Green Party ari uko batatumiwe, kuko Umuyobozi wayo yemera ko ubutumire bwabagezeho.

Abajije niba abona atari amahirwe y’imbonekarimwe bitesheje nka Green Party yo kugira umwanya wo kubonana n’Umukuru w’igihugu ndetse bagahabwa umwanya wo kugira icyo bavugira imbere y’abarwanashyaka bagiye guhangana mu matora, nkuko byakozwe ku rundi ruhande na Mukabunani wa PS IMBERAKURI, Dr. Frank Habineza yavuze ko nta kindi kibazo cyatumye batitabira ubutumire bagejwejweho usibye ikibazo cy’umwanya kandi byose birebana no gutegura amatora ari imbere.

Kutitabira ubutumire bwa FPR bivuze iki kuri GREEN PARTY mu kazoza ?

Nubwo kwitabira ubutumire ari amahitamo ya nyir’ugutumirwa ntawabura kuvuga ko gukerensa ubutumire bwa FPR nk’ishyaka ry’ikigugu riri ku butegetsi, byongeyeho watumiwe nk’Ishyaka rivuga ko ritavuga rumwe na Leta, nta wavuga ko ari amahitamo meza ku Ishyaka nka Green Party rishaka kwicara neza mu kibuga cya Politiki y’u Rwanda

Mu gihe Frank Habineza, atari kubona umwanya wo kwitabira ubutumire yari gutekereza uwari guhagarira iri shyaka ndetse akanahabwa umwanya wo gutambutsa ubutumwa bwe nk’uko andi mashyaka 10 basanganywe muri Forum y’imitwe ya Politiki yawuhawe.

Uyu kandi wari umwanya mwiza ku ishyaka nka Green Party riri mu rugamba rw’amatora kwigaragaza ko uhari nk’umutwe wa Politiki wemewe ugiye guhangana n’amashyaka asaga 9 ashyigikiye RPF Inkotanyi mu matora.

Ikindi cyaba nk’ingaruka cyangwa agatotsi ni uko mu gihe Green party itaramuka itsinze amatora ya Perezida wa Repuburika yegereje, byazagorana umubano wayo na FPR mu gihe nayo izaba iyikeneyeho amaboko cyangwa kuba bakongera gutumirwa mu bindi bikorwa binini mu gihe itaba yariseguye.

Kuri Green Party kutitabira yatumiwe byarayorohereye, ariko yari kubyibazaho kandi bikayitera ikibazo iyo ititabira kubera kudatumirwa mu gihe andi mashyaka yatumiwe.

Ibi tubishinigra ku buryo Dr. Frank Habineza yanditse ku rukuta rwe rwa Facebook mu Ukuboza 2016, ubwo yatumirwaga bwa mbere mu nama nkuru y’igihugu y’Umushyikirano agaragaza ko yishimiye cyane gutumirwa bwa mbere mu nama y’Umushyikirano atajyaga atumirwa, nyamara indi mitwe ya Politiki itumirwa.

Ku rundi ruhande ariko Green Party byakumvikana kutitabira Kongere yo kwemeza umukandida mu gihe guhangana, byasa n’ibigora ubuyobozi bw’iri shyaka rivuga ko ritavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi uburyo bagiye gukeza uwo bavuga ko bagiye guhangana mu matora barimo gutegura.

Tubibutse uretse imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda n’indi ifitanye ubushuti na FPR yo ku mugabane w’Afurika n’igihugu cy’ubushinwa iri ku butegetsi, i iyi Kongere yari yatumiwemo n’abandi banyacyubahiro badafite imitwe ya Politike babarizwamo nka Bernard Makuza usanzwe ari Perezida wa Sena y’u Rwanda.

-7077.jpg

Aha Frank Habineza yari yatumiwe munama y’Umushyikirano yicaranye n’umunyamabanga mukuru wa PDS

2017-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi – Uganda: Mafia  no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Burundi – Uganda: Mafia no kunyereza Amafranga Ya Leta Hagati Ya Museveni Na Nkurunziza, Umusaraba K’umutekano W’Africa Muri Rusange

Ubwanditsi 18 Sep 2018
U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Ubwanditsi 04 Mar 2024
Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Ubwanditsi 10 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Urukiko Rukuru rwahamagaje ‘ahatazwi’ abareganwa n’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 14 Jun 2018
Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.
IMIKINO

Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru