• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Kamonyi: Abantu bose bifashe impungenge nyuma yo kumva icyo Tuyishimire Alexis yahoye umubyeyi we

Editorial 27 Jun 2017 ITOHOZA

Kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2017, mu masaha y’umugoroba, ni bwo umusore w’imyaka 29 y’amavuko yakubise nyina w’imyaka 57 kugeza amumazemo umwuka ahita atoroka ariko nyuma yo guhigishwa uruhindu na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abaturage, yafatiwe mu gishanga avuga ko yishe umubyeyi we biturutse ku kuntu yamubuzaga amahoro.

Aya mahano yabereye mu mudugudu wa Ntasi, mu kagari ka Nteko ho mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, aho Tuyishimire Alexis bakunda kwita Kagiraneza, mu masaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba wo kuri iki Cyumweru yihereranye nyina witwa Mukagatare Daphrose, aramukubita kugeza apfyuye.

-7111.jpg

IP Kayigi Emmanuel

Nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel, yabwiye itangazamakuru, iby’ubu bwicanyi ngo byamenyekanye ari uko uwo musore ahuriye mu nzira n’uwitwa Bapfakwita Emmanuel, amubwira ko ari ubwa mbere arwanye na nyina ariko ko abishoboye yahamagara ubuyobozi bugatabara nyine kuko asize amukubise cyane, dore ko yivugiraga ngo “Asize agakoze”

-7109.jpg

Tuyishimire Alexis wishe nyina

IP Kayigi ariko yemeje iby’amakuru y’uko uyu musore wahise atoroka yaje gutabwa muri yombi ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 26 Kamena 2017, akaba yafashwe ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage, biturutse ku basore b’inshuti ze bamuhamagaye bamubeshya ko bashaka kumutorokesha akabarangira aho ari, anababwira ko yakubise nyina adashaka kumwica.

-7110.jpg

Yiyemerera ariko ko yishe nyine, gusa ntavuga ikibazo bari bafitanye cyabaye intandaro yo kumukubita kugeza amumazemo umwuka, ariko avuga ko nyina yajyaga amubuza amahoro buri gihe, ntasobanure neza uko yayamubuzaga.

2017-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Editorial 23 Jul 2024
Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Editorial 26 May 2017
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Editorial 30 Jan 2017
ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Editorial 12 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura
ITOHOZA

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Editorial 13 Apr 2019
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”
Amakuru

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Editorial 01 Oct 2024
UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza
Mu Mahanga

UBUHAMYA: Yamaze iminsi 4 mu ijuru aragaruka, ibyo yiboneyeyo n’amaso ye birenze ibyo abari ku isi batekereza

Editorial 12 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru