• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Editorial 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu mihango yo gushyingura umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ibyari ukwifatanya kw’imiryango, inshuti n’abavandimwe, byavuyemo intambara ikomeye yabereye mu irimbi, aho abadepite bagenzi ba nyakwigendera bakoranaga nk’intumwa za rubanda, bibasiwe bikomeye bashinjwa kunyereza amafaranga yari agenewe gushyingura.

Umudepite witwaga Hailat Kaudha Magumba wari uhagarariye akarere ka Iganga mu Nteko Ishinga amategeko ya Uganda, yapfuye mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 7 Nyakanga 2017, akaba yarahitanywe n’inda yari atwite bitewe n’umuvuduko udasanzwe w’amaraso. Nyuma yo kugwa mu bitaro bya Mulago muri Uganda, imihango yo kumushyingura yaranzwe n’intambara ikomeye.

Ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko mu gushyingura uyu mugore wari ufite imyaka 31 y’amavuko, hari abasore n’inkumi bashyamiranye bikomeye n’abadepite bo mu karere ka Busoga, babashinja kunyereza akayabo k’amashilingi Leta yari yatanze ngo akoreshwe mu mihango yo gushyingura uyu mudepite.

Umusore witwa Ismail Typac Waiswa wari uyoboye urundi rubyiruko rwibasiye abo badepite, yavuze ko komite ishinzwe gutegura ishyingurwa ry’abadepite baba bitabye Imana, yahawe n’Inteko Ishinga Amategeko miliyoni 30 z’amashilingi ya Uganda yo gukoresha mu mihango yo gushyingura, ariko hafi ya yose akaba yaranyerejwe hakagaragara miliyoni imwe gusa y’amashilingi.

Uyu Ismail Typac Waiswa yagize ati: “Turashaka kumenya aho izindi miliyoni 29 z’amashilingi zagiye kuko mwarekuye miliyoni imwe gusa, kandi miliyoni 30 zatanzwe zose zari zigenewe gutegura no gutunganya imihango yo gushyingura nyakwigendera, umudepite wari mugenzi wanyu”.

Abadepite bashinjwaga ibi ariko nabo baje kubona ibintu bikaze barabihakana, bisobanura bavuga ko miliyoni 30 bivugwa ko Inteko Ishinga Amategeko yatanze ntazigeze zitangwa mu by’ukuri. Uku guhangana kwateje impagarara mu irimbi, kuko hari uruhande rw’abagize umuryango rwabanje kuvuga ko ntamudepite uza guhabwa ijambo muri uwo muhango batabanje kurekura ayo mafaranga, ariko nyuma yo guharirana byaje kurangira nyakwigendera ashyinguwe n’abadepite bahabwa ijambo banakomeza gushimangira ko nta mafaranga banyereje.

-7189.jpg

Umudepite witwaga Hailat Kaudha Magumba

2017-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi  mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Editorial 17 Feb 2017
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi  mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Ubugome buragwira : Umutetsi w’ishuri yararakaye ashyira uburozi mu isosi y’abanyeshuri: 60 bakaba bameze nabi cyane

Editorial 17 Feb 2017
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Editorial 19 Oct 2021
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru