• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Ubwanditsi 04 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu Rwanda hakunze kugaragara ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato cyane cyane mu gihe cy’impeshyi haba mu mijyi ndetse no byaro bitandukanye,ibi kandi bikaba bijyana n’ibiza bikunze gutungurana mu gihe cy’imvura mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda bitewe n’imihindagurikire y’ikirere.

Ni muri urwo rwego kaminuza yigenga ya Kigali UNILAK yashyizeho ikigo cy’ubushakashatsi bukomatanyije ku mutungo kamere n’ibidukikije muri Afrika y’iburasirazuba, iki kigo kikaba gikorera muri UNILAK.

Iki kigo kandi cyashyizweho mu rwego rwo gukora ubushakashatsi ku mihindagurikire y’ikirere hagamijwe kurengera ibidukikije, kurusaho gukumira ibiza ndetse no guhindura sosiyete mu buryo burambye.

Mu cyumweru dushoje I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ku bidukikije n’iterambere, ikaba yari ihuje abashakashatsi n’inzobere mu bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere, kubungabunga ibidukikije no gutunganya imyanda. iyi nama kandi yari yitabiriwe n’inzobere mu gukumira ibiza, guteza imbere ingufu ndetse no guteza imbere imijyi n’ibyaro.

Aganira na rushyashya.net Dr. Ngamije Jean, Umuyobizi wa UNILAK, yavuze ko iyi nama yari igamije kurushaho kongera umusingi w’ubumenyi bugamije ahanini guhindura sosiyete mu buryo burambye , yongeraho kandi ko rwari urubuga rw’abashakashatsi batandukanye barimo abiga mu by’imibanire, ubuzima, ubwubatsi ndetse n’abagira uruhare mu ishyirwaho rya za politike zitandukanye kugira ngo bamurike iby’ubushakashatsi bwabo bwagezeho,ndetse banatange ibitekerzo bitadukanye bigamije iterambere n’uko byashyirwa mu bikorwa mu nzego zitandukanye zifitanye isano n’iterambere rirambye by’umwihariko ibidukikije, ubuzima, ubukungu ndetse n’ibibazo bishingiye ku muco muri sosiyete.

-7875.jpg

Dr.Ngamije Jean

Ni inama yari ije ikurikira izindi eshatu zayibanjirije nazo zigaga ku bidukikije n’iterambere, zose zikaba zarategurwaga na UNILAK, ikaba yari ifite insanganyamatsiko igira iti “ Ubushakashatsi bugamije gushyiraho umusingi w’amajyambere arambye”, igitekerezo cyo kuyitegura kikaba cyaraturutse ku bibazo by’ingutu bigaragara mu gihe cya none n’ikizaza ku isi yose mu burambe bwaba ubw’ubuzima bw’umuntu, ibidukikije n’ubukungu.

Ubushakashatsi bwamuritswe bwari bugamije gusangiza abitabiriye iyi nama ibisubizo bifatika bigamije gushyigikira gahunda yo kubaka ibirama.

Ubushakashatsi bugera mu 100 nibwo bwari bwarashyikirijwe UNILAK, ariko hatoranywamo gusa buke bukaba aribwo bwamurkiwe muri iyi nama.

-7876.jpg

Abitabiriye inama


Norbert Nyuzahayo

2017-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Gisozi : Perezida Kagame yacanye urumuri rw’icyizere, ashyira Indabo kumva z’Abazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Ubwanditsi 30 Dec 2021
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe
Mu Rwanda

Uwamahoro yatorewe kuba Meya wa Nyamagabe asimbuye Mugisha wahagaritswe

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda
ITOHOZA

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.
Amakuru

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru