• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Super Cup: Hemejwe ko umukino wasubitswe kubera ibura ry’umuriro uzakomereza aho wari ugeze

Editorial 25 Sep 2017 ITOHOZA

Umukino wahuzaga ikipe ya Rayons Sport na APR FC bahatanira igikombe gisumba ibindi mu Rwanda cyitwa Super Cup ugasubikwa kubera ibura ry’umuriro, byemejwe ko uzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu, ugakomereza aho warugeze hakinwa iminota 27 yari isigaye.

Byemejwe nyuma y’ibiganiro byahuje Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru FERWAFA, n’abahagarariye amakipe yombi, byahereye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.

Umwanzuro ufashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere wemeje ko uyu mukino uzasubukurwa kuri uyu wa Gatatu saa cyenda z’amanywa, ugahera ku munota wa 63, wahagarariyeho.

Uyu mukino wasubitswe ku cyumweru gishize, usubikwa ugeze ku munota wa 63, aho Rayons Sport yari yamaze gutsinda APR FC ibitego bibiri ku busa.

Uko ikibazo cyakemuwe

Nk’uko FERWAFA yabitangaje, ingingo ya 99 y’amategeko agenga umupira w’amaguru mu Rwanda, iyo havutse ikibazo kidafite itegeko risanzwe rifite ingingo igikemura, hiyambazwa ingingo ya 99 mu mategeko ya FERWAFA igira iti:

“Ku bidateganyijwe byose n’aya mabwiriza, kuri buri kibazo
hakurikizwa uburyo FIFA yagiye irangiza ibibazo bisa cyangwa bimeze nk’ibizaba byavutse.”

Ni amategeko yashyizweho umukono na Nzamwita Vincent de Gaulle tariki 30/08/2015

Itegeko rya FIFA ryifashishijwe, ni iriheruka gukoreshwa mu gikombe gihuza ibihugu byatwaye ibikombe ku migabane yabyo (FIFA Confederation Cup 2017), aho ryavugaga mu ngingo yaryo ya 6, mu gace ka karindwi kavuga ku mikino yasubitswe n’itarabashije kurangira, rigira riti.

A) Umukino uzatangirira ku munota wari ugezeho, aho gusubirwamo wose, ahubwo ugakomeza ibitego byari bigeze.

B) Umukino uzakomezanya n’abakinnyi bari bari mu kibuga ubwo umukino wahagararaga, ndetse n’abari ku ntebe y’abasimbura ntibahinduka

C) Nta basimbura bazongerwa kuri lisiti y’ababanjemo

D) Amakipe yose azakoresha umubare w’abasimbura bemerewe gusimbura yari isigaranye ubwo umukino wahagararaga

E) Abakinnyi bari bavanwe mu kibuga ntibashobora kongera gusimbuzwa

F) Ibihano byari byatanzwe mbere y’uko umukino uhagarara bikomeza kugira agaciro

G) Umukino uzakomereza aho wari ugeze ubwo wahagararaga (Urugero: nko kuri Coup-Franc, kurengura, gutera umupira uvuye muri nyakabiri, Koruneri, panaliti, cg ikindi).

H) Igihe umukino uzatangirira, itariki ndetse n’ahantu bigenwa n’akanama ka FIFA gategura irushanwa (Aha bikorwa n’akanama ka FERWAFA).

-8110.jpg

Mu mukino waberaga i Rubavu Rayons Sport yari yamaze gutsinda APR FC 2 ku busa.

2017-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Editorial 31 Jan 2024
Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Editorial 15 May 2018
CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Editorial 11 Apr 2018
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Editorial 08 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda
ITOHOZA

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2018
Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Tom Ndahiro asanga Ingabire aberewe no kuba muri gereza

Editorial 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru