• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake

Uganda: Igipfunsi cya Gen Katumba cyari kimpitanye – Depite Zaake

Ubwanditsi 01 Oct 2017 Mu Mahanga

Depite Francis Zaake uhagarariye Butebi mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatangaje ko igipfunsi Gen katumba Wamal aherutse kumuterera mu nteko cyari kimuhitanye nyuma yo kumukubita akitura hasi.

Ifoto ya Gen Katumba akubita uyu mudepite mu mpera z’iki cyumweru yakwirakwiriye mu itangazamakuru, aho agaragara akubita igipfunsi kiremereye Depite Zaake mu mirwano yari irimbanyije hagati y’abadepite bo mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bahanganye n’inzego z’umutekano mu nteko.

Gen. Katumba Wamala wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, yagaragaye mu nteko nk’uwaje guhosha amakimbirane nyuma y’uko depite Zaake yari amaze gutera intebe abashinzwe umutekano bari bahamagariwe gusohora abadepite bari bamaze kwirukanwa kubera guteza akavuyo.

Mu gihe nk’icyo guhumbya, Gen Katumba, kuri ubu ukora nk’Umunyamabanga wa leta, yahise akubita Zaake igipfunsi kimutura hasi nk’uko bigaragara ku ifoto yasakaye.
Mu itangazo yashyize ahagaragara, Zaake yavuze ko yafataga Gen. Katumba nk’ikitegererezo ndetse n’inshuti kugeza kuwa 27 Nzeri 2017.

Yagize ati: “Nahoraga nshimagiza cyane inshuti yanjye kugeza kuwa 27 Nzeri 2017 ubwo habuze gato ngo arangize amateka yanjye ku isi.”

Yakomeje agira ati: “Gen katumba Wamala wari unyishe, ndi nk’umwana kuri wowe. Narakubahaga nka data, icyitegererezo, umwarimu ndetse cyane cyane nk’inshuti ari yo mpamvu ubwo wigiraga nk’ushaka kunturisha ari nabyo nakoze nta kuzuyaza ntazi ko uri kunshuka.”

-8179.jpg

Uyu mudepite nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ibigaragaza, akomeza avuga ko we yari arimo ararwana arengera ubuzima bwe, akaba ari yo mpamvu ubwo yumvaga ijwi ry’inshuti ngo yumvise noneho ko nta kibazo, ariko ngo undi yahise amufata atabizi amukubita igipfunsi mu isura.

Ati: “Nikubise hasi ntumva, urakomeza uhondagura mu mutwe h’umuntu wasaga nk’uwapfuye. Mu kuri igipfunsi cya nyuma cyari icyo kundangiza ariko Imana ishimwe ndacyari muzima.”

Gen. Katumba Wamala nawe yahise asobanura impamvu zamuteye gukora ibyo yakoreye Zaake.

Ati: “Ni uko yari arimo aratanga ice cream mu ishusho y’intebe kandi asenya ibikoresho by’inteko ishinga amategeko.” Aha Katumba akaba yashatse kumvikanisha ko depite Zaake yateraga abandi intebe nk’umuntu urimo uraha abantu Ice cream ngo barye nyamara arimo kubagirira nabi.

Hon. Zaake uvuga ko we yababariye Gen. Katumba, yongeyeho ko Imana yonyine ari yo itangiza amateka y’umuntu kandi ari nayo iyashyiraho akadomo igihe isanze bikwiye.

2017-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia

Igitambaro cya kapiteni Cristiano Ronaldo yataye mu kibuga mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022, Portugal yanganyijemo na Serbia ibitego 2-2, kigiye gucungura ubuzima bw’umwana w’Umunya-Serbia

Ubwanditsi 01 Apr 2021
Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Huye : Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Alexandre Kayiranga

Ubwanditsi 08 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda
Mu Mahanga

Letshego bank irashimirwa guteza imbere abakiriya bayo mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita
Mu Rwanda

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura
INKURU NYAMUKURU

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru