• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Editorial 05 Oct 2017 Mu Rwanda

Drake Mugisha, umugabo wa nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi, ejo yaburanishijwe mu rukiko rwa Nyarugenge aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we.

Pasiteri Mutesi Maggie wari usanzwe ayobora amasengesho y’abapasiteri ngarukakwezi muri Serena Hotel, yasanzwe yapfuye iwe I Gikondo mu gitondo cyo ku wa 10 Nzeri 2017.

Nyuma y’iminsi mike y’urupfu rwe, umugabo we Mugisha yatawe muri yombi na polisi y’igihugu kuko iperereza ry’ibanze ryakozwe na CID ryari ryagaragaje ko pasiteri Maggie yishwe anizwe.

Umushinjacyaha mu rukiko, Christa Kamikazi ubwo yasomaga ibyo Mugisha aregwa, yamusabiye gufungwa iminsi 30 mu gihe iperereza rigikomeje.

Kamikazi yatangaje ko raporo y’ibizamini by’isuzuma, yakozwe n’umuganga ubizobereyemo Prof Linette Tumwine Kyokunda ukorera ku bitaro byitiriwe Umwamin Faysal, yagaragaje ko Pasiteri Maggie Mutesa yishwe ko atazize urupfu rusanzwe.

Mu bindi umushinjacyaha yagaragaje mu rukiko ni imibanire itari myiza Mugisha na Mutesi bari bafitanye ku buryo hari hashize imyaka 3 basabye ubutane.

Umushinjacyaha yavuze ko ukwezi kumwe mbere y’urupfu rwa Pasiteri Maggie, Mugisha yari yaranditse ku musego w’uburiri bwabo agira ati “ Sinkiri umugabo wa Mutesi Maggie”. Umushinjacyaha yavuze ko hari n’igihe Mugisha yataye hanze ibintu by’umugore we aho yavugaga ko atakimushaka namba.

Mu bindi byagaragajwe n’umushinjacyaha, ngo Mugisha yigeze anashaka kugurisha inzu yabo ariko aza kubangamirwa n’umugore we Mutesi aho yanamushinjaga kutarihira abana amafaranga y’ishuri.

Mutesi yasanzwe yapfuye mu cyumba cye n’umugabo we.

Mugisha wahoze mu ngabo z’ u Rwanda afite ipeti rya kapiteni akaba yari mu rukiko, ntiyemeye raporo y’ibizamini byatanzwe na muganga byagaragaje ko Maggie yanizwe aho yavuze ko Arthur Murara, muramu we ko ari we wakoranye n’abaganga hamwe na CID kugirango babimuhimbire.

Mugisha yabajijwe ibijyanye n’imibanire mibi n’umugore maze avuga ko urugo rwe rwari rumeze nk’izindi ko nta byacitse byari birurimo. Ati “ Ni uruhe rugo rutabamo ibibazo?” maze ahakana amakuru avuga ko nta bushobozi yari afite bwo kugurisha inzu yabo kuko yari mu rubanza.

Jean de Dieu Murinzi, avoka wa Mugisha, yasabye ko umukiliya we aburana ari hanze kugirango abashe kwita ku bana basigaye aho yagaragaje ko batakiba murugo bakaba batacyiga kuko ise yatawe muri yombi.

Biteganijwe ko uyu munsi ari bwo urukiko rufata umwanzuro kuri ubwo busabe.

Mutesi wari ufite imyaka 37 y’amavuko niwe wari warashinze akaba n’umuyobozi wa Heavens Gates Ministries, umuryango wari ushinzwe amashengesho y’aba pasiteri.

-8222.jpg

Nyakwigendera Pasiteri Maggie Mutesi

2017-10-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Editorial 25 Sep 2021
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Editorial 23 Aug 2017
Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Editorial 29 Mar 2018
Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Editorial 25 Sep 2021
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Editorial 23 Aug 2017
Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Umunyamakuru Muramira Regis wari umaze iminsi mu maboko ya Polisi, yarekuwe

Editorial 29 Mar 2018
Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Editorial 25 Sep 2021
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Editorial 23 Oct 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru