• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017 POLITIKI

Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mo Ibrahim, yashyizwe ahagaragara muri uyu mwaka yagaragaje ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kugira inzego z’ubuyobozi zikorera mu mucyo.

Ni ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu 54 byo ku mugabane wa Afurika, ikusanyamakuru rikaba ryarakozwe kuva mu 2000 kugeza muri 2016.

Bwiswe ‘Ibrahim Index of African Governance:IIAG) bufatwa k’igipimo cy’imiyoborere muri Afurika harebwa niba abaturage bahabwa uburenganzira, urubuga rwa politiki, basaranganya ibyiza by’ibihugu byabo n’ibindi.

Ibipimo byibandwaho birimo imiyoborere muri rusange, umutekano n’iyubahirizwa ry’amategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwabo, ubukungu burambye n’iterambere rigera ku muturage.

Buri gipimo kigabanyijemo ingingo nto zigaruka ku mutekano w’umuntu ku giti cye, uw’igihugu muri rusange, gukorera mu mucyo, imicungire y’ibya rubanda, imibereho myiza y’abaturage, guteza imbere uburezi, ubuzima n’ibindi.

Mu bijyanye no gukorera mu mucyo no kurwanya ruswa mu nzego za leta u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika aho rufite amanota 72,1%.

Mu bijyanye no gusaranganya ibyiza n’umutungo ku benegihugu rufite amanota 98,7% naho ku byerekeye gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga rufite 61,8%.

Bamwe mu basaba serivisi mu nzego z’ibanze nk’imirenge n’utugari bavuga ko basigaye bahabwa serivisi zihuse ahanini hifashishijwe ikoranabuhanga rya Irembo aho byasabaga gutonda umurongo no gutegereza umwanya munini rikaba rituma bihita bikorwa ako kanya.

Ikindi kigarukwaho ni ubukangurambaga ku bakora mu bigo bya leta bakangurirwa kwakira ababagana mu buryo bunoze.

Kuba u Rwanda ruri ku mwanya mwiza ntibivuze ko nta bibazo rufite mu bijyanye n’imiyoborere hakaba hazakomeza kunozwa ibitagenda neza nk’uko Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere(RGB), Prof Shyaka Anastase yabitangaje.

Ati “Ntabwo bivuze ko nta bibazo bihari; birimo ariko ahari ibibazo dukomeze tubishakire ibisubizo twumva ngo icyerekezo turimo ni cyiza.”

Ku bijyanye n’imiyoborere myiza muri rusange, u Rwanda ruri ku mwanya wa cyenda n’amanota 63,9% mu gihe Ibirwa bya Maurice biri ku mwanya wa mbere n’amanota 81,4% naho Seychelles igakurikiraho na 73,4%.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza  yatangiye kunuganugwa

Burundi : Amwe mu mazina y’uzasimbura Nkurunziza yatangiye kunuganugwa

Ubwanditsi 13 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York
POLITIKI

Opening Remarks by President Kagame at the Broadband Commission Meeting New York

Ubwanditsi 19 Sep 2016
APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?
INKURU NYAMUKURU

Uko uwahoze ayobora ubutasi muri DRC yarabonanye rwihishwa na bamwe mu ba Jenerali bo  mu ngabo za Uganda (UPDF). Ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 14 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru