• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

Ubwanditsi 26 Nov 2017 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 25 Ugushyingo 2017, Abanyarwanda baba mu gihugu cy’u Bubiligi bifatanyije n’abandi banyafurika bahaba ndetse n’inshuti z’abazungu mu myigaragambyo ikaze yo kwamagana ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya.

Ni imyigaragambyo yahuriyemo abantu benshi b’Abanyafurika bakomoka mu bihugu byose n’inshuti z’Abanyaburayi n’ahandi.

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Bubiligi dukesha Umunyarwanda, Rutayisire Boniface ubarizwa muri Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi, avuga ko icyahwihwiswaga mbere y’uko iyi myigaragambyo iba, ari uko yashoboraga kuza kuvukamo imvururu kubera ibihe iki gihugu kirimo, ndetse ikaba ari imyigaragambyo yahuriyemo abantu bose harimo n’abasanzwe batavuga rumwe.

Icyaje kugaragara rero ngo n’uko wasangaga ahubwo buri munyafurika yiyumva nk’umuvandimwe w’undi, ahubwo ugasanga bose bafite ubukana bwo kwamagana ubucakara. Rutayisire aragira ati : « Buri wese icyo yavugaga ni uko yumvaga bidahagije ngo yerekane umuriro umuri mu mutima. »

Yakomeje agira ati : « Njye by’umwihariko muri iyi myigaragambyo nahavanye icyizere ko gushyira hamwe kw’Abanyafurika ndetse no kugirirana urukundo rwubaka ubumwe bw’Afurika n’Abanyafurika, igihe bahuje umugambi bishoboka.”

Ibi ngo bikaba bishimangirwa n’uko habaye gushaka gushotora ikivunge cy’abigaragambya ariko ukabona bose (kandi batari baziranye) bafatanye mu nda bagira bati : « Mugume hamwe mwe gutanga icyuho cy’abashotoranyi. »

Rutayisire Boniface

Biravugwa ko iyi myigaragambyo yaje kurangira neza ariko hakaba hari abapolisi benshi n’indege za kajugujugu hejuru ndetse n’ibimodoka birasa amazi mu rwego rwo gutatanya abantu. Bikomeza bivugwa ko ibintu byashatse kumera nabi ariko ubwenge, urukundo, ubumwe, n’ubwitonzi Abanyafurika bagaragaje byatumye birangira neza nta kibazo.

Boniface Rutayisire, Umunyarwanda ubarizwa muri Diaspora Nyarwanda mu Bubiligi
Bwana Rutayisire Boniface yaboneyeho gushimira Leta y’u Rwanda kuba yarafashe iya mbere ikiyemeza gutabara aba Banyafurika bagurishwa bucakara muri Libya ikabwira Abanyafurika ko ibumva ndetse igafata iya mbere mu gukemura icyo kibazo ikiyemeza kwakira abo Banyafurika bari mu kaga muri Libya.

Ati : « Kwihesha agaciro si ibigambo ahubwo ni ibikorwa buri wese yibonera. Uyu muco tuwukomereho kandi tuwuteze imbere. »

Yakomeje ashimira umukuru w’igihugu n’abamufasha bose agira ati : « Murakoze. Murakoze kuko mubereye imfura Abanyarwanda twese kandi mubereye imfura Afurika n’Isi yose n’ikiremwamuntu muri rusange. »Kuwa 22 Ugushyingo 2017 nibwo minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati : “Amateka y’u Rwanda yatumye Abanyarwanda benshi bamara imyaka myinshi batagira igihugu bita icyabo yatumye rwumva akababaro k’impunzi, abimukira n’abandi batagira ibihugu.”

Yongeyeho ko N’ubwo u Rwanda ari ruto, ruzabona aho rucumbikira bariya Banyafrica bagurishwa mu bucakara muri Libya.

2017-11-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Kenya na Ghana byabimburiye ibindi kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Ubwanditsi 03 Feb 2020
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Ubwanditsi 15 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni
HIRYA NO HINO

Uganda : Ukwishyirahamwe kwa Bobi Wine na Jose Chameleone bihangayikishije Museveni

Ubwanditsi 13 Jul 2019
As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1
Amakuru

As Kigali ikomeje mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup itsinze Olympique de Missiri Sima igiteranyo cy’ibitego 8-1

Ubwanditsi 18 Sep 2021
Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi
Mu Rwanda

Umuyobozi wa The New Vision yasabye perezida Kagame imbabazi

Ubwanditsi 25 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru