• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

RDC: Ingabo za Uganda ziyobowe na Maj Gen. Muhoozi ziritegura igitero simusiga kuri ADF

Ubwanditsi 17 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Igisirikare cya Uganda(UPDF) kirimo gutegura igitero simusiga ku nyeshyamba z’umutwe wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Congo. Ni nyuma y’igitero gikomeye cyahitanye ingabo za Loni zikomoka muri Tanzania mu minsi ishize, ariko Uganda ikaba ivuga ko iki gitero cyari mu rwego rwo kujijisha hagamijwe kugaba ibitero ku butaka bwa Uganda.

Amakuru yizewe aturuka muri minisiteri y’ingabo ya Uganda agera ku rubuga rwa Spyreports dukesha iyi nkuru, akaba avuga ko perezida Museveni, akaba n’umugaba mukuru w’ikirenga w’ingabo za Uganda, yahaye umuhungu we, maj. Gen. Muhoozi Kainerugaba, kuba ari we uzayobora ingabo za UPDF muri Congo mu rwego rwo kugirango amenye neza ko izi nyeshyamba za ADF zitsinzwe burundu.

Gen Muhoozi, kuri ubu ukora nk’umujyanama wa se ku bikorwa bidasanzwe bya gisirikare, azaba yungirijwe n’umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka,  Maj. Gen. Micheal Elweru ndetse n’umuyobozi wa batayo ishinzwe gukoresha intwaro za rutura, Maj. Gen. Omoding.

Aya makuru arakomeza avuga ko iki gikorwa cyo kurandura ADF biteganyijwe ko kizamara amasaha 180.

Ubwo umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabazwaga kuri aya makuru, ntiyigeze ayameza.

Gusa, muri iki cyumweru dusoza, abayobozi b’ingabo za Uganda n’ab’ingabo za Congo (FARDC) bakoranye inama y’umutekano, aho ku murongo w’ibyigwa hari harimo  guca integer umutwe wa ADF no gukaza umutekano ku mupaka w’ibihugu byombi.

Iyi nama yabereye mu mujyi wa Kasindi-Lubiriha uherereye mu birometero 90 mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Beni ku mupaka wa Uganda, yigiwemo uko ingabo za Congo n’iza Uganda zafatanya mu bikorwa byo guhiga no guca intege inyeshyamba za ADF zikorera muri Beni.

Muri iki cyumweru kandi, amakamyo menshi atwaye umubare utazwi neza w’ingabo za Uganda n’ibikoresho byazo yagaragaye ahitwa Fort Portal yerekeza mu Karere ka  Bundibugyo.

Major Peter Mugisa, umuvugizi wa division ya 2 y’ingabo za Uganda, akaba yaratangaje ko uko kohereza ingabo muri aka karere byakurikiye amakuru yavugaga ko inyeshyamba za ADF zapangaga kwinjira ku butaka bwa Uganda zinyuze muri aka karere ka Bundibugyo.

Major Mugisa akaba yarasobanuye ko igitero cya ADF ku ngabo za Monusco cyari ukujijisha ariko hagamijwe gucengera no kugaba ibitero ku butaka bwa Uganda.

Kuwa Gatanu w’icyumweru cyashize nibwo izi nyeshyamba za ADF ubusanzwe ngo zirwanya ubutegetsi bwa Uganda, zagabye igitero ku ngabo za Monusco muri Beni zica abantu 20 barimo abasirikare 15 ba Tanzania abandi 53 barakomereka.

2017-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Ubwanditsi 16 May 2019
Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Perezida Trump yahuriye na Kim Jong-un muri Singapore

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018

Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 02 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire
POLITIKI

PS Imberakuri ishobora kurega Ntaganda wayiyitiriye mu kibazo cya Ingabire Victoire

Ubwanditsi 20 Sep 2018
FDLR yambuwe agace gakomeye yagenzuraga muri RD-Congo, abarwanyi bayo bahungira muri Uganda
POLITIKI

FDLR yambuwe agace gakomeye yagenzuraga muri RD-Congo, abarwanyi bayo bahungira muri Uganda

Ubwanditsi 18 Apr 2020
Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza
Amakuru

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru